Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuga ko abantu bataramenyekana bagiye kubateza ubukene nyamara bariyushye akuya

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in MU RWANDA
0
Bavuga ko abantu bataramenyekana bagiye kubateza ubukene nyamara bariyushye akuya
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite imirima mu cyanya gihuriweho gihingwamo imbuto mu Mirenge ya Kabarondo na Murama mu Karere ka Kayonza n’igice gito cy’Akarere ka Ngoma, bataka ubujura bakorerwa n’abataramenyekana, bitwikira ijoro bakaza kwiba imyaka yabo, ku buryo babona bazacyura amaramasa.

Aba baturage bakorera ubuhinzi mu Midugudu ya Rugazi, Rurenge na Rwakigeri ahari icyanya gikorwamo ubuhinzi b’imbuto, bavuga ko nta cyizere cyo gusarura bafite kubera ubu bujura bakorerwa.

Uwiringimana Marcel ati “Ari voka barasoroma, ari imyembe barasoroma, ari amaronji barasoroma n’ibifenesi byose, urebye umuhinzi ntakintu abasha kuvanamo, cyane cyane ko ibifenesi byerera hasi usanga babitwaye.”

Mugenzi we na we yagize ati “Bahemgera nka nimugoroba, kuko iyo tugiye guhinga mu gitondo saa sita twahingura, bo bakaducunga duhinguye bagahita bajyamo. Ntabwo tumenya abo aribo ariko tumenya ko ari abajya kwahiramo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko aba bahinzi bashyizwe muri Koperative mu buryo bwo kwicungira ibikorwa byabo, gusa akavuga ko bagiye gukorana na bo bakarebera hamwe uko ikibazo giteye.

Ati “Icyo twasaba aba baturage ni ukumva ko ibikorwa bakwiye kubyumva nk’ibyabo kuko igihe hari hakirimo Akarere kabitaho konyine icyo gihe twabashaga kubirinda. Uyu munsi mu gihe twubakiye Koperative ubushobozi ikaba ibasha kuba iriho ifite ubushobozi, ntabwo byakabaye ngombwa ko Akarere kongera kurinda iriya mirima yabo.”

Uyu Muyobozi agira inama aba bahindi gusaba ubuyobozi bwa Koperative yabo, gukurikirana iki kibazo bugashyiraho n’uburyo bwo kurinda imirima yabo, ariko ko n’ubuyobozi bugiye kubaba hafi.

Imirima yabo ngo babona ntacyo bazakuramo
Aba baturage basaba ko hagirwa igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 6 =

Previous Post

Umwana ni uw’umuryango! Wite ku mwana wese nk’uwawe!- Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame

Next Post

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Related Posts

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda...

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Feeling like everyone else is moving ahead while you’re stuck can be painful and frustrating. Maybe your friends are getting...

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

by radiotv10
01/10/2025
0

Itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda riri kuvugururwa, rirateganya ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku batwara ibinyabiziga, ku makosa 10 aremereye, arimo...

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

by radiotv10
01/10/2025
0

Umunyamahirwe ari mu byishimo nyuma yo gutsindira arenga miliyoni enye mu mikino y’amahirwe hamwe na FORTEBET, nyuma yo gutega ku...

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

by radiotv10
01/10/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, aratangaza ko mu myanzuro iki Gihugu cyemeye gushyira mu bikorwa ku...

IZIHERUKA

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana
MU RWANDA

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

02/10/2025
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

01/10/2025
Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

How to restart your life when you feel left behind

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.