Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavugishije itangazamakuru bagaragaza akarengane none ako bakorewe ni agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavugishije itangazamakuru bagaragaza akarengane none ako bakorewe ni agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari abakozi bashinzwe gucunga umutekano ku Bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko birukanywe na Kompanyi bakoreraga nyuma yo kugaragariza itangazamakuru ko inzara ibageze habi kubera igihe bari bamaze badahembwa.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2022, bamwe mu bari abakozi ba kompanyi ishinzwe gucunga umutekano izwi nka Excellent Security Ltd, bari babwiye RADIOTV10 ko bamaze amezi atatu badahembwa.

Icyo gihe umwe yari yagize ati “Urumva nyine inzara ni hatari itumereye nabi kuko uraza ukirirwa usinzirira hano mu kazi.”

Aho bagaragarije itangazamakuru iki kibazo, bahise bahabwa umushahara w’ukwezi kumwe, ariko bamwe muri bo bari bavuganye n’Itangazamakuru, byabagizeho ingaruka kuko batangiye gutotezwa, ndetse bamwe biza kubaviramo kwirukanwa, ntibanishyurwa n’amafaranga bari babasigayemo.

Uwishema David, umwe muri aba birukanywe, avuga ko ubuyobozi bwa kompanyi ya Excellent, bwatangiye kubabaza abavuganye n’itangazamakuru.

Ati “Bamwe twaremeye ndetse uwahamagaye kuri Radiyo yanyu (Radio 10) we yahise ataha ngo kuko ari we nyirabayazana.”

Akomeza avuga ko abari bavuganye n’umunyamakuru kuva icyo gihe bagiye batotezwa kuko iyo bajyaga gupanga akazi “noneho umushefu akadutoteza akicara avuga ngo muzongera guhembwa ari uko muvuganye n’itangazamakuru.”

Bavakure Andre na we wirukanywe azira kuvugisha umunyamakuru, yagize ati “Twaje gutotezwa cyane batubwira ngo twandike statement [inyandiko yo kwisobanura] bambwira ko nakoze n’amakosa akomeye kuko navugishihe abanyamakuru, birangira gutyo ariko n’abandi bagenzi banjye babandikishije statement kuko bakoze ikosa rikomeye cyane ngo ntabwo bari gutanga amakuru. Ni uko banyirukanye nyine ndataha.”

Aba bahoze bakorera iyi kompanyi, bavuga ko ikibabaje ari uko birukanywe ntibanahabwe amafaranga bari babereyemo.

Gatsinzi Geofrey Ntege umwe mu bayobozi b’iyi kompanyi ya Excellent Security Ltd, yari yabajijwe kuri iki kibazo cy’abakozi bari bamaze igihe badahembwa, ariko avuga ko “atari byo.”

Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibogora, Dr Kanyarukiko Salathiel yabajijwe niba iyi kompanyi ihora mu bibazo n’abakozi bayo bidashobora kwanduza isura y’ibi bitaro, avuga ko nubwo badafite uruhare mu gutuma aba bakozi badahembwa ariko koko bidashimisha ubuyobozi bw’ibi bitaro.

Avuga ko bagiranye amasezerano n’iyi kompanyi ko bazajya bayishyura ari uko ibagaragarije ko na yo yahembye abakozi bayo.

Ati “Iyo basakuje ntabwo biba bitureba ubundi, biba bireba kampani ariko natwe tugerageza kubakurikirana kuko turababaza ngo ‘ese kuki mutahembye abakozi kugira ngo tubishyure?’.”

Dr Kanyarukiko Salathiel avuga ko ibi Bitaro byandikira ubuyobozi bw’iyi kompanyi buyinenga ariko ko nibikomeza gutya, baba bashobora no gusesa amasezerano, hakongera gutangwa isoko kandi ko iyi kompanyi iyo igarutse gupiganirwa isoko biba bigoye kongera kuyiriha.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Next Post

Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

26/12/2025
Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.