Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavugishije itangazamakuru bagaragaza akarengane none ako bakorewe ni agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavugishije itangazamakuru bagaragaza akarengane none ako bakorewe ni agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari abakozi bashinzwe gucunga umutekano ku Bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko birukanywe na Kompanyi bakoreraga nyuma yo kugaragariza itangazamakuru ko inzara ibageze habi kubera igihe bari bamaze badahembwa.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2022, bamwe mu bari abakozi ba kompanyi ishinzwe gucunga umutekano izwi nka Excellent Security Ltd, bari babwiye RADIOTV10 ko bamaze amezi atatu badahembwa.

Icyo gihe umwe yari yagize ati “Urumva nyine inzara ni hatari itumereye nabi kuko uraza ukirirwa usinzirira hano mu kazi.”

Aho bagaragarije itangazamakuru iki kibazo, bahise bahabwa umushahara w’ukwezi kumwe, ariko bamwe muri bo bari bavuganye n’Itangazamakuru, byabagizeho ingaruka kuko batangiye gutotezwa, ndetse bamwe biza kubaviramo kwirukanwa, ntibanishyurwa n’amafaranga bari babasigayemo.

Uwishema David, umwe muri aba birukanywe, avuga ko ubuyobozi bwa kompanyi ya Excellent, bwatangiye kubabaza abavuganye n’itangazamakuru.

Ati “Bamwe twaremeye ndetse uwahamagaye kuri Radiyo yanyu (Radio 10) we yahise ataha ngo kuko ari we nyirabayazana.”

Akomeza avuga ko abari bavuganye n’umunyamakuru kuva icyo gihe bagiye batotezwa kuko iyo bajyaga gupanga akazi “noneho umushefu akadutoteza akicara avuga ngo muzongera guhembwa ari uko muvuganye n’itangazamakuru.”

Bavakure Andre na we wirukanywe azira kuvugisha umunyamakuru, yagize ati “Twaje gutotezwa cyane batubwira ngo twandike statement [inyandiko yo kwisobanura] bambwira ko nakoze n’amakosa akomeye kuko navugishihe abanyamakuru, birangira gutyo ariko n’abandi bagenzi banjye babandikishije statement kuko bakoze ikosa rikomeye cyane ngo ntabwo bari gutanga amakuru. Ni uko banyirukanye nyine ndataha.”

Aba bahoze bakorera iyi kompanyi, bavuga ko ikibabaje ari uko birukanywe ntibanahabwe amafaranga bari babereyemo.

Gatsinzi Geofrey Ntege umwe mu bayobozi b’iyi kompanyi ya Excellent Security Ltd, yari yabajijwe kuri iki kibazo cy’abakozi bari bamaze igihe badahembwa, ariko avuga ko “atari byo.”

Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibogora, Dr Kanyarukiko Salathiel yabajijwe niba iyi kompanyi ihora mu bibazo n’abakozi bayo bidashobora kwanduza isura y’ibi bitaro, avuga ko nubwo badafite uruhare mu gutuma aba bakozi badahembwa ariko koko bidashimisha ubuyobozi bw’ibi bitaro.

Avuga ko bagiranye amasezerano n’iyi kompanyi ko bazajya bayishyura ari uko ibagaragarije ko na yo yahembye abakozi bayo.

Ati “Iyo basakuje ntabwo biba bitureba ubundi, biba bireba kampani ariko natwe tugerageza kubakurikirana kuko turababaza ngo ‘ese kuki mutahembye abakozi kugira ngo tubishyure?’.”

Dr Kanyarukiko Salathiel avuga ko ibi Bitaro byandikira ubuyobozi bw’iyi kompanyi buyinenga ariko ko nibikomeza gutya, baba bashobora no gusesa amasezerano, hakongera gutangwa isoko kandi ko iyi kompanyi iyo igarutse gupiganirwa isoko biba bigoye kongera kuyiriha.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 18 =

Previous Post

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Next Post

Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye
AMAHANGA

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.