Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in MU RWANDA
0
Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batishimira kujya kwibukira mu yindi Mirenge nyamara bakabikoreye mu wabo, ariko kuko utabamo ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside bituma bakora urugendo rurerure bakajya ahandi.

Kabera Dominique warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Murenge wa Gitambi, avuga kujya gushyira indabo mu yindi Mirenge bibavuna kubera ko bisaba gukora urugendo rurerure.

Ati “Biratubangamira twebwe kuko urabona ko kuva hano tujya ku Ryagatanu mu Murenge wa Muganza gushyira indabo ku Rwibutso rwaho harimo urugendo.”

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Gitambi, Niganze Joseph avuga ko abari batuye uyu Murenge bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguwe mu nzibutso eshatu ziri mu Mirenge itandukanye bityo mu gihe cyo kubunamira bigasaba ko hakorwa urugendo rurerure.

Ati “Abishwe muri Jenoside bose uko ari 267 bashyinguwe mu nzibutso zitandukanye, hari urwo ku Muganza, i Mibirizi n’i Nyarushishi. Hano nta kimenyetso kirahashyirwa.”

Basaba ko icyo kimenyetso cyazashyirwa ahitwa ku Kamukobe hiciwe abantu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo ari ho bajya bakorera ibikorwa byo Kwibuka buri mwaka ndetse akaba ari ho bajya bashyira indabo bitabasabye gukora urugendo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel wemera ko ubusabe bw’aba bwumvikana, yabwiye RADIOTV10 ko bidatinze hagiye kubaho guhuza ibitekerezo kugira ngo harebwe uko muri uyu Murenge hazubakwa urukuta ruriho amazina y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Tuzabagira inama yo guhuriza hamwe ayo mateka, hanyuma ubuyobozi bwa Ibuka bufatanyije n’ubw’Umurenge batugaragarize aho bifuza ko twashyira icyo kimenyetso, hanyuma tubishyire mu ngamba za bugufi z’Akarere. Turabishyiramo imbaraga, ni ubusabe kandi bwumvikana.”

Abari batuye uyu Murenge Gitambi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye bicirwa ahantu hatandukanye cyane cyane mu isantere ya Kamukobe ndeste no ku mugezi wa Njambwe, icyakora aho hose nta na hamwe harashyirwa ikimenyetso ngo n’abato bamenye ayo mateka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe umutoza wumvikanyeho ibyagawe na benshi muri ruhago Nyarwanda

Next Post

Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.