Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in MU RWANDA
0
Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batishimira kujya kwibukira mu yindi Mirenge nyamara bakabikoreye mu wabo, ariko kuko utabamo ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside bituma bakora urugendo rurerure bakajya ahandi.

Kabera Dominique warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Murenge wa Gitambi, avuga kujya gushyira indabo mu yindi Mirenge bibavuna kubera ko bisaba gukora urugendo rurerure.

Ati “Biratubangamira twebwe kuko urabona ko kuva hano tujya ku Ryagatanu mu Murenge wa Muganza gushyira indabo ku Rwibutso rwaho harimo urugendo.”

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Gitambi, Niganze Joseph avuga ko abari batuye uyu Murenge bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguwe mu nzibutso eshatu ziri mu Mirenge itandukanye bityo mu gihe cyo kubunamira bigasaba ko hakorwa urugendo rurerure.

Ati “Abishwe muri Jenoside bose uko ari 267 bashyinguwe mu nzibutso zitandukanye, hari urwo ku Muganza, i Mibirizi n’i Nyarushishi. Hano nta kimenyetso kirahashyirwa.”

Basaba ko icyo kimenyetso cyazashyirwa ahitwa ku Kamukobe hiciwe abantu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo ari ho bajya bakorera ibikorwa byo Kwibuka buri mwaka ndetse akaba ari ho bajya bashyira indabo bitabasabye gukora urugendo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel wemera ko ubusabe bw’aba bwumvikana, yabwiye RADIOTV10 ko bidatinze hagiye kubaho guhuza ibitekerezo kugira ngo harebwe uko muri uyu Murenge hazubakwa urukuta ruriho amazina y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Tuzabagira inama yo guhuriza hamwe ayo mateka, hanyuma ubuyobozi bwa Ibuka bufatanyije n’ubw’Umurenge batugaragarize aho bifuza ko twashyira icyo kimenyetso, hanyuma tubishyire mu ngamba za bugufi z’Akarere. Turabishyiramo imbaraga, ni ubusabe kandi bwumvikana.”

Abari batuye uyu Murenge Gitambi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye bicirwa ahantu hatandukanye cyane cyane mu isantere ya Kamukobe ndeste no ku mugezi wa Njambwe, icyakora aho hose nta na hamwe harashyirwa ikimenyetso ngo n’abato bamenye ayo mateka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + one =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe umutoza wumvikanyeho ibyagawe na benshi muri ruhago Nyarwanda

Next Post

Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.