Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in MU RWANDA
0
Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batishimira kujya kwibukira mu yindi Mirenge nyamara bakabikoreye mu wabo, ariko kuko utabamo ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside bituma bakora urugendo rurerure bakajya ahandi.

Kabera Dominique warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Murenge wa Gitambi, avuga kujya gushyira indabo mu yindi Mirenge bibavuna kubera ko bisaba gukora urugendo rurerure.

Ati “Biratubangamira twebwe kuko urabona ko kuva hano tujya ku Ryagatanu mu Murenge wa Muganza gushyira indabo ku Rwibutso rwaho harimo urugendo.”

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Gitambi, Niganze Joseph avuga ko abari batuye uyu Murenge bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguwe mu nzibutso eshatu ziri mu Mirenge itandukanye bityo mu gihe cyo kubunamira bigasaba ko hakorwa urugendo rurerure.

Ati “Abishwe muri Jenoside bose uko ari 267 bashyinguwe mu nzibutso zitandukanye, hari urwo ku Muganza, i Mibirizi n’i Nyarushishi. Hano nta kimenyetso kirahashyirwa.”

Basaba ko icyo kimenyetso cyazashyirwa ahitwa ku Kamukobe hiciwe abantu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo ari ho bajya bakorera ibikorwa byo Kwibuka buri mwaka ndetse akaba ari ho bajya bashyira indabo bitabasabye gukora urugendo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel wemera ko ubusabe bw’aba bwumvikana, yabwiye RADIOTV10 ko bidatinze hagiye kubaho guhuza ibitekerezo kugira ngo harebwe uko muri uyu Murenge hazubakwa urukuta ruriho amazina y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Tuzabagira inama yo guhuriza hamwe ayo mateka, hanyuma ubuyobozi bwa Ibuka bufatanyije n’ubw’Umurenge batugaragarize aho bifuza ko twashyira icyo kimenyetso, hanyuma tubishyire mu ngamba za bugufi z’Akarere. Turabishyiramo imbaraga, ni ubusabe kandi bwumvikana.”

Abari batuye uyu Murenge Gitambi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye bicirwa ahantu hatandukanye cyane cyane mu isantere ya Kamukobe ndeste no ku mugezi wa Njambwe, icyakora aho hose nta na hamwe harashyirwa ikimenyetso ngo n’abato bamenye ayo mateka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 2 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe umutoza wumvikanyeho ibyagawe na benshi muri ruhago Nyarwanda

Next Post

Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Hahise hashakwa umuti w’ikibazo gitunguranye cyabaye ku ikipe ya Bugesera FC yatandukanye n’abatoza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.