Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
1
Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bakiriye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’Umunyamuryango mushya muri uyu Muryango, bagaragaza ko bigiye kongerera ingufu uyu muryango.

Abakuru b’Ibihugu nka Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Uhuru Kenyatta wa Kenya, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Madamu Samia Suluhu Hassan ndetse na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa DRC, bitabiriye iyi nama idasanzwe ya 19.

Iyi nama iri kuba hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga, yanitabiriwe na Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazambanza na Minisitiri mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Sudani y’Epfo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Barnaba Marial Benjamin.

Muri iyi nama yayobowe na Perezida Uhuru Kenyatta uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe, Umunyamabanga Mukuru  wa EAC, Peter Mutuku Mathuki yabanje kugaruka ku rugendo rwo kwemeza DRC nk’umunyamuryango mushya, avuga ko ibyakozwe byose byagaragaje ko iki Gihugu cyujuje ibisabwa.

Perezida Uhuru Kenyatta uyoboye uyu muryango, yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kinjiye muri uyu muryango wa EAC, aha ijambo abakuru b’Ibihugu by’uyu muryango.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni wagarutse ku mateka y’aka karere, yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari umuvandimwe ukomeye w’ibihugu bisanzwe biri mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Museveni yavuze ko kuba DRC ije muri uyu muryango ari nk’umuvandimwe uje asanga abandi kuko iki Gihugu gituranye n’ibindi bihugu bya EAC bityo ko bizoroshya ubuhahirane.

Umukuru w’Igihugu cya Uganda kandi yavuze ko ubufatanye bw’ibi bihugu bwingereyeho ubwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buzagira uruhare mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano biri mu karere by’umwihariko ibiri mu burasirazuba bw’iki Gihugu cyabaye Umuryamuryango mushya.

Perezida Kagame yahaye ikaze Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba yinjiye muri uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse na Perezida w’iki Gihugu, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wabiharaniye.

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gutanga umusanzu warwo mu gukomeza kubaka ubufanye no gushyira hamwe muri uyu muryango.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho kongera kwihanganisha Guverinoma ya Uganda, iherutse gupfusha uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Jacob Oulanyah wapfuye azize uburwayi.

 

DRC ikungahaye ku mutungo kamere yizeje EAC iterambere

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yashimiye ubunyamabanga bw’uyu muryango ku bwo kwakira Igihugu cye nk’umunyamuryango mushya, avuga ko kiteguye gutanga umusaruro mu iterambere ry’uyu muryango n’iry’abaturage batuye mu Bihugu byawo.

Yavuze ko umutungo kamere usanzwe uri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uzagira uruhare muri uru rugendo rwo kuzamura EAC.

Perezida Tshisekedi yagarutse kuri bimwe Igihugu cye kizungukira mu kuba umunyamuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, birimo guhashya imitwe yitwaje intwaro n’iy’iterabwoba iri mu Burasirazuba bwa DRC no kunguka isoko rishya.

Yagize ati “Mu izina ry’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, twakiriye neza icyemezo cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba cyo kutwakira nk’umunyamuryango.”

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wari usanzwe ugizwe n’Ibihugu bitandatu (Rwanda, Uganda, Burundi, South Sudan, Kenya na Tanzania) ubu ugizwe n’Ibihugu birindwi nyuma yo kwakira DRC.

Igihugu cya DRC gisanzwe gituwe n’abaturage babarirwa muri Miliyoni 99, kuba kinjiye muri EAC bitumye uyu muryango ugira abaturage bakabakaba Miliyoni 300, bikazatuma isoko ry’uyu muryango rirushaho kwaguka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tuyishime Jaddo says:
    3 years ago

    Iyi nkuru tuyakiriye neza cyanee!! Ubuse twizereko ubu twatangira kujya DRC dukoresheje ID gusa??

    Reply

Leave a Reply to Tuyishime Jaddo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Next Post

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.