Saturday, April 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
1
Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bakiriye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’Umunyamuryango mushya muri uyu Muryango, bagaragaza ko bigiye kongerera ingufu uyu muryango.

Abakuru b’Ibihugu nka Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Uhuru Kenyatta wa Kenya, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Madamu Samia Suluhu Hassan ndetse na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa DRC, bitabiriye iyi nama idasanzwe ya 19.

Iyi nama iri kuba hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga, yanitabiriwe na Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazambanza na Minisitiri mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Sudani y’Epfo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Barnaba Marial Benjamin.

Muri iyi nama yayobowe na Perezida Uhuru Kenyatta uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe, Umunyamabanga Mukuru  wa EAC, Peter Mutuku Mathuki yabanje kugaruka ku rugendo rwo kwemeza DRC nk’umunyamuryango mushya, avuga ko ibyakozwe byose byagaragaje ko iki Gihugu cyujuje ibisabwa.

Perezida Uhuru Kenyatta uyoboye uyu muryango, yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kinjiye muri uyu muryango wa EAC, aha ijambo abakuru b’Ibihugu by’uyu muryango.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni wagarutse ku mateka y’aka karere, yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari umuvandimwe ukomeye w’ibihugu bisanzwe biri mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Museveni yavuze ko kuba DRC ije muri uyu muryango ari nk’umuvandimwe uje asanga abandi kuko iki Gihugu gituranye n’ibindi bihugu bya EAC bityo ko bizoroshya ubuhahirane.

Umukuru w’Igihugu cya Uganda kandi yavuze ko ubufatanye bw’ibi bihugu bwingereyeho ubwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buzagira uruhare mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano biri mu karere by’umwihariko ibiri mu burasirazuba bw’iki Gihugu cyabaye Umuryamuryango mushya.

Perezida Kagame yahaye ikaze Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba yinjiye muri uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse na Perezida w’iki Gihugu, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wabiharaniye.

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gutanga umusanzu warwo mu gukomeza kubaka ubufanye no gushyira hamwe muri uyu muryango.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho kongera kwihanganisha Guverinoma ya Uganda, iherutse gupfusha uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Jacob Oulanyah wapfuye azize uburwayi.

 

DRC ikungahaye ku mutungo kamere yizeje EAC iterambere

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yashimiye ubunyamabanga bw’uyu muryango ku bwo kwakira Igihugu cye nk’umunyamuryango mushya, avuga ko kiteguye gutanga umusaruro mu iterambere ry’uyu muryango n’iry’abaturage batuye mu Bihugu byawo.

Yavuze ko umutungo kamere usanzwe uri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uzagira uruhare muri uru rugendo rwo kuzamura EAC.

Perezida Tshisekedi yagarutse kuri bimwe Igihugu cye kizungukira mu kuba umunyamuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, birimo guhashya imitwe yitwaje intwaro n’iy’iterabwoba iri mu Burasirazuba bwa DRC no kunguka isoko rishya.

Yagize ati “Mu izina ry’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, twakiriye neza icyemezo cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba cyo kutwakira nk’umunyamuryango.”

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wari usanzwe ugizwe n’Ibihugu bitandatu (Rwanda, Uganda, Burundi, South Sudan, Kenya na Tanzania) ubu ugizwe n’Ibihugu birindwi nyuma yo kwakira DRC.

Igihugu cya DRC gisanzwe gituwe n’abaturage babarirwa muri Miliyoni 99, kuba kinjiye muri EAC bitumye uyu muryango ugira abaturage bakabakaba Miliyoni 300, bikazatuma isoko ry’uyu muryango rirushaho kwaguka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tuyishime Jaddo says:
    4 years ago

    Iyi nkuru tuyakiriye neza cyanee!! Ubuse twizereko ubu twatangira kujya DRC dukoresheje ID gusa??

    Reply

Leave a Reply to Tuyishime Jaddo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

Hahishuwe ko umuherwe Roman Abramovich ashobora kuba yararogewe mu biganiro bya Russia&Ukraine

Next Post

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Related Posts

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

In today’s economy, loans from banks can be a powerful tool, not just a financial burden. When used wisely, they...

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasore bane bakekwaho guhabwa akazi n’umugabo wo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu ko kumwicira umugore, bemera icyaha...

Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

by radiotv10
17/04/2026
0

Imibare igaragaza ko umwaka ushize wa 2025, ingo zahawe gatanya binyuze mu Nkiko mu Rwanda ari 2 629, aho muri...

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

by radiotv10
17/04/2026
0

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ryakozwe mu mujyi wa Rouen nyuma...

IZIHERUKA

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa
MU RWANDA

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

17/04/2026
Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

17/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Important things to use a bank loan for and get good returns

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.