Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Arabie Saudite cyatangajwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi ‘FIFA’ nk’ikizakira igikombe cy’Isi cya 2034, dore ko ari na cyo cyonyine cyari cyasabye kucyakira, ibintu byakiriwe neza n’abatuye iki Gihugu.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yabitangarije mu Nteko Rusange idasanzwe yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Iki Gihugu kizaba kibaye icya kabiri cyo mu Burasirazuba bwo hagati cyakiriye iri rushanwa, nyuma ya Qatar yakiriye irya 2022, ryegukanywe na Argentine ya rurangiranwa Lionel Messi.

Gusa mbere yuko iki gikombe cy’Isi cyongera kubera mu Burasirazuba bwo hagati, hazabanza icya 2026 kizabera muri Amerika ya ruguru no hagati, hakurikireho icya 2030 kizabera mu Burayi, Afurika na Amerika y’Epfo.

Irushanwa ry’igikombe cy’Isi cya 2026 rizabera muri Amerika ya ruguru no hagati mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, Canada na Méxique, nka bimwe mu Bihugu bigize impuzamashyirahamwe ya CONCACAF.

Ni mu gihe irya 2030 ryo rizabera mu Burayi, mu Bihugu nka Espagne na Portugal bizakira imikino itandukanye, indi mikino ibere ku Mugabane wa Afurika, mu Gihugu cya Maroc, mu gihe imikino ifungura iri rushanwa yo, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 100 irushanwa ry’igikombe cy’isi ritangiye, izaba yabereye muri Amerika y’Epfo, mu Bihugu nka Argentine, Uruguay na Paraguay.

Igihugu cya Arabie Saudite cyahawe kwakira igikombe cy’Isi cya 2034 binyuze mu buryo buryo budasanzwe, aho abanyamuryango ba FIFA babwiwe gutora bashyigikiye cyangwa badashyigikiye ko igikombe cy’isi cya 2030 cyakwakirwa n’ibihugu bitandukanye (a multi-nation host for the 2030 World Cup) naho Arabie Saudite yo igahabwa irushanwa ry’igikombe cy’isi rizakurikiraho rya 2034, hakaba nta buryo bwari buhari bwo gutora ibihugu byakira, babitandukanyije, bivuze ko gutora ko ibihugu nka Espagne, Portugal, na Maroc byafatanya kwakira igikombe cy’isi cya 2030 byari ukwabyo (ku ruhande rumwe), mu gihe gutora ko Arabie Saudite ubwayo yakwakira igikombe cy’isi cya 2034 na byo byari ku rundi ruhande.

Mu bijyanye na Politiki, kuba Arabie Saudite yahawe kwakira igikombe cy’Isi cya 2034, ntibyakiriwe neza hirya no hino ku isi, dore ko iki Gihugu kidafite isura nziza mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu nk’uko byemejwe na Steve Corbin wo mu muryango wa Amnesty International.

Ikindi ni uko Leta ya Arabie Saudite, binyuze ku Gikomangoma Prince Mohammed bin Salman, bashinjwa kuba barahitanye Umunyamakuru w’Umunya Arabie Saudite witwa Jamal Ahmad Khashoggi, witabye Imana mu kwezi k’Ukwakira 2018.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 1 =

Previous Post

Rwamagana: Bavuze uko isoko ryagakwiye kubazanira amahirwe ryababereye nk’umuturanyi utababaniye neza

Next Post

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.