Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Arabie Saudite cyatangajwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi ‘FIFA’ nk’ikizakira igikombe cy’Isi cya 2034, dore ko ari na cyo cyonyine cyari cyasabye kucyakira, ibintu byakiriwe neza n’abatuye iki Gihugu.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yabitangarije mu Nteko Rusange idasanzwe yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Iki Gihugu kizaba kibaye icya kabiri cyo mu Burasirazuba bwo hagati cyakiriye iri rushanwa, nyuma ya Qatar yakiriye irya 2022, ryegukanywe na Argentine ya rurangiranwa Lionel Messi.

Gusa mbere yuko iki gikombe cy’Isi cyongera kubera mu Burasirazuba bwo hagati, hazabanza icya 2026 kizabera muri Amerika ya ruguru no hagati, hakurikireho icya 2030 kizabera mu Burayi, Afurika na Amerika y’Epfo.

Irushanwa ry’igikombe cy’Isi cya 2026 rizabera muri Amerika ya ruguru no hagati mu Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, Canada na Méxique, nka bimwe mu Bihugu bigize impuzamashyirahamwe ya CONCACAF.

Ni mu gihe irya 2030 ryo rizabera mu Burayi, mu Bihugu nka Espagne na Portugal bizakira imikino itandukanye, indi mikino ibere ku Mugabane wa Afurika, mu Gihugu cya Maroc, mu gihe imikino ifungura iri rushanwa yo, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 100 irushanwa ry’igikombe cy’isi ritangiye, izaba yabereye muri Amerika y’Epfo, mu Bihugu nka Argentine, Uruguay na Paraguay.

Igihugu cya Arabie Saudite cyahawe kwakira igikombe cy’Isi cya 2034 binyuze mu buryo buryo budasanzwe, aho abanyamuryango ba FIFA babwiwe gutora bashyigikiye cyangwa badashyigikiye ko igikombe cy’isi cya 2030 cyakwakirwa n’ibihugu bitandukanye (a multi-nation host for the 2030 World Cup) naho Arabie Saudite yo igahabwa irushanwa ry’igikombe cy’isi rizakurikiraho rya 2034, hakaba nta buryo bwari buhari bwo gutora ibihugu byakira, babitandukanyije, bivuze ko gutora ko ibihugu nka Espagne, Portugal, na Maroc byafatanya kwakira igikombe cy’isi cya 2030 byari ukwabyo (ku ruhande rumwe), mu gihe gutora ko Arabie Saudite ubwayo yakwakira igikombe cy’isi cya 2034 na byo byari ku rundi ruhande.

Mu bijyanye na Politiki, kuba Arabie Saudite yahawe kwakira igikombe cy’Isi cya 2034, ntibyakiriwe neza hirya no hino ku isi, dore ko iki Gihugu kidafite isura nziza mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu nk’uko byemejwe na Steve Corbin wo mu muryango wa Amnesty International.

Ikindi ni uko Leta ya Arabie Saudite, binyuze ku Gikomangoma Prince Mohammed bin Salman, bashinjwa kuba barahitanye Umunyamakuru w’Umunya Arabie Saudite witwa Jamal Ahmad Khashoggi, witabye Imana mu kwezi k’Ukwakira 2018.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Rwamagana: Bavuze uko isoko ryagakwiye kubazanira amahirwe ryababereye nk’umuturanyi utababaniye neza

Next Post

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.