Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bidasubirwaho Perezida Kagame yatanze igisubizo ku bakibaza niba aziyamamaza muri 2024

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bidasubirwaho Perezida Kagame yatanze igisubizo ku bakibaza niba aziyamamaza muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko aterwa ishema n’icyizere akomeza kugaragarizwa n’Abanyarwanda, ku buryo na we yumva ntacyamubuza kuzakomeza kubakorera igihe cyose azaba akibishobozwa, bityo ko ntakizamubuza kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Perezida Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, mu nkuru yasohowe n’iki gitangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Nzeri 2023.

Mu nkuru yanditswe n’Umwanditsi Mukuru wa Jeune Afrique, François Soudan, Perezida Paul Kagame yagarutse ku ngingo zinyuranye, zirimo umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uwe na Perezida w’iki Gihugu Felix Tshisekedi, no ku matora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ateganyijwe umwaka utaha.

Umunyamakuru yagarutse ku kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorwa n’Umuryango RPF-Inkotanyi nka Chairman wawo ku majwi 99,8%.

Umunyamakuru ati “Mu maso ya benshi, ibyo bituma uzaba Umukandida w’Ishyaka mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu gihe kitageze ku mwaka. Ese ni cyo bivuze?”

Umukuru w’u Rwanda yasubije agira ati “Urabyivugiye ko ari ibigararira amaso ya rubanda. Rero ni ko bimeze. Nishimira icyizere Abanyarwanda bangirira. Nzabakorera igihe cyose nzaba nkibishoboye. Yego ni byo rwose ndi umukandida udashidikanywaho kandi mwiza.”

 

Ikibazo ntikiri hagati yanjye na Tshisekedi kiri hagati ye na M23

Muri iki kiganiro kandi, Umunyamakuru yagarutse ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abaza Perezida Kagame niba bigishoboka ko habaho ibiganiro hagati ye na Tshisekedi.

Umukuru w’u Rwanda yasubije uyu munyamakuru na we amubaza ati “Niba muntu yaranze kuvugana n’abaturage be, ashobora kuganira nanjye? Urumva bitaba ari ibintu bidasanzwe?”

Ni kenshi Perezida Paul Kagame yavuze ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bireba iki Gihugu, kuko bishingiye ku bibazo by’akarengane kagiye gakorerwa bamwe mu Banyekongo, byanatumye hashingwa umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo bakomeje kurwanya akarengane.

Muri iki kiganiro n’umunyamakuru, Perezida Kagame yavuze ko ari kenshi yagiranye ibiganiro na mugenzi we Tshisekedi, kandi ko ibibazo biriho ubu, babiganiriyeho kenshi mu bihe byatambutse.

Ati “Ikibazo ntabwo kiri hagati yanjye na Tshisekedi, ahubwo kiri hagati ya Tshisekedi na M23.”

Ni ikiganiro cyanagarutse kuri bimwe mu bibazo bya politiki biri muri Afurika, nk’ihirikwa ry’ubutegetsi rikomeje kuba mu Bihugu bimwe byo kuri uyu Mugabane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − two =

Previous Post

Kenya: Urujijo kuri kajugujugu y’urugamba yahuriye n’isanganya hafi y’umupaka ntihagire urokoka

Next Post

Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.