Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bidasubirwaho Perezida Kagame yatanze igisubizo ku bakibaza niba aziyamamaza muri 2024

radiotv10by radiotv10
20/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bidasubirwaho Perezida Kagame yatanze igisubizo ku bakibaza niba aziyamamaza muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko aterwa ishema n’icyizere akomeza kugaragarizwa n’Abanyarwanda, ku buryo na we yumva ntacyamubuza kuzakomeza kubakorera igihe cyose azaba akibishobozwa, bityo ko ntakizamubuza kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Perezida Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, mu nkuru yasohowe n’iki gitangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Nzeri 2023.

Mu nkuru yanditswe n’Umwanditsi Mukuru wa Jeune Afrique, François Soudan, Perezida Paul Kagame yagarutse ku ngingo zinyuranye, zirimo umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uwe na Perezida w’iki Gihugu Felix Tshisekedi, no ku matora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ateganyijwe umwaka utaha.

Umunyamakuru yagarutse ku kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorwa n’Umuryango RPF-Inkotanyi nka Chairman wawo ku majwi 99,8%.

Umunyamakuru ati “Mu maso ya benshi, ibyo bituma uzaba Umukandida w’Ishyaka mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu gihe kitageze ku mwaka. Ese ni cyo bivuze?”

Umukuru w’u Rwanda yasubije agira ati “Urabyivugiye ko ari ibigararira amaso ya rubanda. Rero ni ko bimeze. Nishimira icyizere Abanyarwanda bangirira. Nzabakorera igihe cyose nzaba nkibishoboye. Yego ni byo rwose ndi umukandida udashidikanywaho kandi mwiza.”

 

Ikibazo ntikiri hagati yanjye na Tshisekedi kiri hagati ye na M23

Muri iki kiganiro kandi, Umunyamakuru yagarutse ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abaza Perezida Kagame niba bigishoboka ko habaho ibiganiro hagati ye na Tshisekedi.

Umukuru w’u Rwanda yasubije uyu munyamakuru na we amubaza ati “Niba muntu yaranze kuvugana n’abaturage be, ashobora kuganira nanjye? Urumva bitaba ari ibintu bidasanzwe?”

Ni kenshi Perezida Paul Kagame yavuze ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bireba iki Gihugu, kuko bishingiye ku bibazo by’akarengane kagiye gakorerwa bamwe mu Banyekongo, byanatumye hashingwa umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo bakomeje kurwanya akarengane.

Muri iki kiganiro n’umunyamakuru, Perezida Kagame yavuze ko ari kenshi yagiranye ibiganiro na mugenzi we Tshisekedi, kandi ko ibibazo biriho ubu, babiganiriyeho kenshi mu bihe byatambutse.

Ati “Ikibazo ntabwo kiri hagati yanjye na Tshisekedi, ahubwo kiri hagati ya Tshisekedi na M23.”

Ni ikiganiro cyanagarutse kuri bimwe mu bibazo bya politiki biri muri Afurika, nk’ihirikwa ry’ubutegetsi rikomeje kuba mu Bihugu bimwe byo kuri uyu Mugabane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Kenya: Urujijo kuri kajugujugu y’urugamba yahuriye n’isanganya hafi y’umupaka ntihagire urokoka

Next Post

Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

Uzwi mu ‘bavuga rikihuta’ ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye ko afunze n’icyo akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.