Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangiranwa Sadio Mane, umukinnyi w’Igihugu cya Senegal gishyigikiwe n’Abanyafurika benshi mu gikombe cy’Isi, byemejwe ko atazagaragara mu mikino y’iki Gikombe kubera imvune.

Sadio Mane yavunikiye mu mukino wahuzaga ikipe asanzwe akinira ya Bayern München yakinagamo na Werder Bremen tariki 08 Ugushyingo 2022.

Ni inkuru yababaje Abanyafurika benshi dore ko uyu mukinnyi ari mu bahanzwe amaso na benshi mu bo kuri uyu Mugabane wa Afurika.

Nyuma yaje gusohoka ku rutonde rw’abakinnyi ba Senegal bazakina iki gikombe cy’isi kibura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo gitangire, bituma benshi mu Banyafurika basubiza agatima impembero.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022, ni bwo hamenyekanye inkuru itari nziza ko bidasubirwaho, Sadio Mane atazagaragara mu gikombe cy’Isi.

Byemejwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal, binashimangirwa kandi n’umuganga w’ikipe ya Senegal, Manuel Afonso wavuze ko kuva Sadio Mane yavunika bakomeje kubikurikirana bagakorana n’ikipe ya Bayern Munich kugira ngo barebe ko yazakina igikombe cy’Isi.

Uyu muganga yavuze ko yanagiye kureba uko uyu mukinnyi amerewe ku itariki ya 10 n’iya 11 Ugushyingo, bakaza kwemeza ko azanyura mu cyuma ku wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022 kugira ngo basuzume niba yazitabira icy’isi.

Yagize ati “Ikibabaje ni uko ibizamini bya MRI by’uyu munsi, bigaragaza ko gukira kwe bitari kugenda neza nkuko twabitekerezaga, rero twamaze kubifataho umwanzuro, birababaje gutangaza ko Mane atazakina igikombe cy’Isi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

Harakekwa icyatumye umusore atoroka imbangukiragutabara yari imujyanye kwa muganga amaguru akayabangira ingata

Next Post

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.