Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangiranwa Sadio Mane, umukinnyi w’Igihugu cya Senegal gishyigikiwe n’Abanyafurika benshi mu gikombe cy’Isi, byemejwe ko atazagaragara mu mikino y’iki Gikombe kubera imvune.

Sadio Mane yavunikiye mu mukino wahuzaga ikipe asanzwe akinira ya Bayern München yakinagamo na Werder Bremen tariki 08 Ugushyingo 2022.

Ni inkuru yababaje Abanyafurika benshi dore ko uyu mukinnyi ari mu bahanzwe amaso na benshi mu bo kuri uyu Mugabane wa Afurika.

Nyuma yaje gusohoka ku rutonde rw’abakinnyi ba Senegal bazakina iki gikombe cy’isi kibura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo gitangire, bituma benshi mu Banyafurika basubiza agatima impembero.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022, ni bwo hamenyekanye inkuru itari nziza ko bidasubirwaho, Sadio Mane atazagaragara mu gikombe cy’Isi.

Byemejwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal, binashimangirwa kandi n’umuganga w’ikipe ya Senegal, Manuel Afonso wavuze ko kuva Sadio Mane yavunika bakomeje kubikurikirana bagakorana n’ikipe ya Bayern Munich kugira ngo barebe ko yazakina igikombe cy’Isi.

Uyu muganga yavuze ko yanagiye kureba uko uyu mukinnyi amerewe ku itariki ya 10 n’iya 11 Ugushyingo, bakaza kwemeza ko azanyura mu cyuma ku wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022 kugira ngo basuzume niba yazitabira icy’isi.

Yagize ati “Ikibabaje ni uko ibizamini bya MRI by’uyu munsi, bigaragaza ko gukira kwe bitari kugenda neza nkuko twabitekerezaga, rero twamaze kubifataho umwanzuro, birababaje gutangaza ko Mane atazakina igikombe cy’Isi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − two =

Previous Post

Harakekwa icyatumye umusore atoroka imbangukiragutabara yari imujyanye kwa muganga amaguru akayabangira ingata

Next Post

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

Muri ‘Lockdown’ abagore 50% b’i Kampala bakoreshejwe imibonano n’abagabo babo ku gahato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.