Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho umwe muri ba kizigenza ba ManCity yayisohotsemo yemye

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Bidasubirwaho umwe muri ba kizigenza ba ManCity yayisohotsemo yemye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umudage, Ilkay Gündogan, wafashije Manchester City kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza na UEFA Champions League, yerekeje muri FC Barcelone na yo yatwaye Shampiyona yo muri Espagne.

Ilkay Gündogan, uvuka ku babyeyi b’Abanya-Turikiya, yasinyiye FC Barcelone amasezerano y’imyaka 2 azamugeza muri 2025, ashobora no kongerwaho undi mwaka umwe.

Gündogan, w’imyaka 32 y’amavuko, watsinze ibitego 60 mu mikino 304 yakiniye ikipe ya Manchester City aho yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu mwaka w’imikino ushize ubwo batwaraga ibikombe 3 bikomeye, yasinyiye FC Barcelone aho kuri ubu indi kipe yamwifuza yamutangaho miliyoni 342 z’ama Pounds.

Umutoza Xavi Hernandez, wa FC Barcelone, mu kwitegura umwaka w’imikino wa 2023-2024, yinjije Gündogan, akaba ari we mukinnyi wa mbere ukomeye asinyishije, dore ko vuba aha ikipe ya FC Barcelone izatangaza ibijyanye no kwerekana ku mugaragaro Ilkay Gündogan nk’umukinnyi wayo mushya, uzayifasha mu myaka 2 iri imbere.

Ilkay Gündogan, Umudage ukina hagati mu kibuga, uzuzuza imyaka 33 ku ya 24 Ukwakira, agiye muri FC Barcelone nk’umwe mu bakinnyi beza kuri ubu, akaba iby’umupira w’amaguru yarabitangiriye aho yavukiye, mu mu mujyi wa Gelsenkirchen, ho mu Budage.

Ilkay Gündogan yari amaze imyaka 7 mu ikipe ya Manchester City, yagezemo muri 2016 avuye muri Borussia Dortmund, aho ari we mukinnyi wa mbere wasinyishijwe n’umutoza Pep Guardiola mu Bwongereza, akaba yaranamubereye inkingi ya mwamba muri iyi kipe dore ko ayivuyemo, yaranayibereye Captain.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Comments 1

  1. LAYAN NIYONSENGA says:
    2 years ago

    NIBYIZA FC BARCELONA IGUZE UMUKINNYI USOBANUKIWE GUTWARA IBIKOMBE

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eight =

Previous Post

Ibya Tshisekedi na Kiliziya Gatulika byageze ku rundi rwego nyuma yo kunenga imiyoborere ye

Next Post

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

IZIHERUKA

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira
MU RWANDA

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuherwe ukomeye ku Isi yavuze uko yiteguye icyasekeje benshi azahuriramo na mugenzi we

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.