Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho umwe muri ba kizigenza ba ManCity yayisohotsemo yemye

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Bidasubirwaho umwe muri ba kizigenza ba ManCity yayisohotsemo yemye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umudage, Ilkay Gündogan, wafashije Manchester City kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza na UEFA Champions League, yerekeje muri FC Barcelone na yo yatwaye Shampiyona yo muri Espagne.

Ilkay Gündogan, uvuka ku babyeyi b’Abanya-Turikiya, yasinyiye FC Barcelone amasezerano y’imyaka 2 azamugeza muri 2025, ashobora no kongerwaho undi mwaka umwe.

Gündogan, w’imyaka 32 y’amavuko, watsinze ibitego 60 mu mikino 304 yakiniye ikipe ya Manchester City aho yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu mwaka w’imikino ushize ubwo batwaraga ibikombe 3 bikomeye, yasinyiye FC Barcelone aho kuri ubu indi kipe yamwifuza yamutangaho miliyoni 342 z’ama Pounds.

Umutoza Xavi Hernandez, wa FC Barcelone, mu kwitegura umwaka w’imikino wa 2023-2024, yinjije Gündogan, akaba ari we mukinnyi wa mbere ukomeye asinyishije, dore ko vuba aha ikipe ya FC Barcelone izatangaza ibijyanye no kwerekana ku mugaragaro Ilkay Gündogan nk’umukinnyi wayo mushya, uzayifasha mu myaka 2 iri imbere.

Ilkay Gündogan, Umudage ukina hagati mu kibuga, uzuzuza imyaka 33 ku ya 24 Ukwakira, agiye muri FC Barcelone nk’umwe mu bakinnyi beza kuri ubu, akaba iby’umupira w’amaguru yarabitangiriye aho yavukiye, mu mu mujyi wa Gelsenkirchen, ho mu Budage.

Ilkay Gündogan yari amaze imyaka 7 mu ikipe ya Manchester City, yagezemo muri 2016 avuye muri Borussia Dortmund, aho ari we mukinnyi wa mbere wasinyishijwe n’umutoza Pep Guardiola mu Bwongereza, akaba yaranamubereye inkingi ya mwamba muri iyi kipe dore ko ayivuyemo, yaranayibereye Captain.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Comments 1

  1. LAYAN NIYONSENGA says:
    2 years ago

    NIBYIZA FC BARCELONA IGUZE UMUKINNYI USOBANUKIWE GUTWARA IBIKOMBE

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Ibya Tshisekedi na Kiliziya Gatulika byageze ku rundi rwego nyuma yo kunenga imiyoborere ye

Next Post

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuherwe ukomeye ku Isi yavuze uko yiteguye icyasekeje benshi azahuriramo na mugenzi we

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.