Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bidatinze icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe kigiye kuzibonekamo

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA
0
Bidatinze icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe kigiye kuzibonekamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Bamporiki Edouard atangaza ko mu gihe cya vuba Icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe, kigiye kuzigaragaramo.

Mu Rwanda hari ibyiciro bitatu by’Intwari ari byo; Imanzi, Imena ndetse n’Ingenzi.

Ibyiciro bibiri kugeza ubu bifite Intwari bizirimo uretse Icyiciro cy’Ingenzi kugeza ubu kitarabonekamo Intwari n’imwe.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Gashyantare 2022 Abanyarwanda bizihize Umunsi Mukuru w’Intwari wari ufite Insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Hon Bamporiki Edouard, avuga ko hari gukorwa ubushakashatsi bugamije gushaka Intwari zo gushyira mu cyiciro cy’Ingenzi kandi ko bitari cyera, iki cyiciro kizaba kirimo izo Ntwari.

Yagize ati “Nkurikije aho ubushakashatsi bugeze, bitarambiranye bitari ibya cyera tuzabona Intwari zijya muri icyo Cyiciro.”

Hon Bamporiki avuga ko umurimo wo gushakisha Intwari utoroshye kuko usaba ubushishozi buhanitse ari na byo byanatumye iki gikorwa cyo gushakisha abashyirwa muri iki cyiciro kimara igihe.

Agaruka kuri iyi nsanganyamatsiko “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu”, Hon Bamporiki yavuze ko iyi nsanganyamatsiko iha umukoro buri wese akumva ko agomba gukora ibikorwa by’ubutwari kugira ngo aheshe agaciro Igihugu cye.

Yagize ati “Agaciro kacu gashingiye ku murimo twakoze, gashingiye ku kivi twushije, gashingiye ku mihigo twesheje, agaciro ntabwo tugitegereza ko hari uzaza kukaduha ngo twumve ko turi abanyagaciro ahubwo turakihan’ushatse kuadushimiramo akakadusangamo.”

Bamporiki kandi avuga ko kubona Intwari muri ibi bihe by’amahoro bishoboka kandi ko yizeye ko Urwego rw’Igihugu rw’Intwari, Impeta n’imidari by’ishimwe ruzabona izi ntwari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Guinea Bissau: Perezida yarusimbutse, Coup d’Etat iburizwamo

Next Post

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.