Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bidatinze icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe kigiye kuzibonekamo

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA
0
Bidatinze icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe kigiye kuzibonekamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Bamporiki Edouard atangaza ko mu gihe cya vuba Icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe, kigiye kuzigaragaramo.

Mu Rwanda hari ibyiciro bitatu by’Intwari ari byo; Imanzi, Imena ndetse n’Ingenzi.

Ibyiciro bibiri kugeza ubu bifite Intwari bizirimo uretse Icyiciro cy’Ingenzi kugeza ubu kitarabonekamo Intwari n’imwe.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Gashyantare 2022 Abanyarwanda bizihize Umunsi Mukuru w’Intwari wari ufite Insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Hon Bamporiki Edouard, avuga ko hari gukorwa ubushakashatsi bugamije gushaka Intwari zo gushyira mu cyiciro cy’Ingenzi kandi ko bitari cyera, iki cyiciro kizaba kirimo izo Ntwari.

Yagize ati “Nkurikije aho ubushakashatsi bugeze, bitarambiranye bitari ibya cyera tuzabona Intwari zijya muri icyo Cyiciro.”

Hon Bamporiki avuga ko umurimo wo gushakisha Intwari utoroshye kuko usaba ubushishozi buhanitse ari na byo byanatumye iki gikorwa cyo gushakisha abashyirwa muri iki cyiciro kimara igihe.

Agaruka kuri iyi nsanganyamatsiko “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu”, Hon Bamporiki yavuze ko iyi nsanganyamatsiko iha umukoro buri wese akumva ko agomba gukora ibikorwa by’ubutwari kugira ngo aheshe agaciro Igihugu cye.

Yagize ati “Agaciro kacu gashingiye ku murimo twakoze, gashingiye ku kivi twushije, gashingiye ku mihigo twesheje, agaciro ntabwo tugitegereza ko hari uzaza kukaduha ngo twumve ko turi abanyagaciro ahubwo turakihan’ushatse kuadushimiramo akakadusangamo.”

Bamporiki kandi avuga ko kubona Intwari muri ibi bihe by’amahoro bishoboka kandi ko yizeye ko Urwego rw’Igihugu rw’Intwari, Impeta n’imidari by’ishimwe ruzabona izi ntwari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Guinea Bissau: Perezida yarusimbutse, Coup d’Etat iburizwamo

Next Post

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.