Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA
Share on FacebookShare on Twitter

Adil Mohamed Erradi wahoze ari umutoza mukuru w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo urubanza rwe n’iyi kipe yahoze atoza rwaciwe, nubwo ikirego cye cyateshejwe agaciro, avuga ko ubu nta ruhande rufite icyo rugomba urundi.

Ibi yabitangaje nyuma y’aho Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA, igaragaje ko yatesheje agaciro ikirego uyu mutoza yari yarezemo APR mu mpera z’umwaka ushize.

Adil yareze ikipe ya APR FC muri FIFA mu kwezi k’Ukwakira umwaka wa 2022, ayishinja ko yamuhagaritse mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iki gihe, Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari yamuhagaritse igihe cy’ukwezi kubera guteza umwuka mubi.

Nyuma yuko ikirego cye giteshejwe agaciro, Afil yavuze ko yanyuzwe n’iki cyemezo, kuko yaba we ndetse n’ubuyobozi bwa APR FC, nta ruhande rufitiye urundi inzigo cyangwa icyo rurugomba.

Ubuyobozi bwa APR FC na bwo bwashinjaga uyu mutoza Adil kuba yarataye akazi, bityo ko ahubwo ari we wari ufite ibyo abugomba.

 

Twibukiranye umuzi w’ikibazo

Ubwo APR FC yari imaze gutsinda Marines FC mu mukino wa shampiyona kuri Kigali Pele Stadium, mu kiganiro n’itangazamakuru, Adil yabajijwe impamvu atakinishije bamwe mu bakinnyi bakuru b’ikipe barimo na Kaoiteni wayo, Manishimwe Djabel.

Icyo gihe, Adil yasobanuye ko nta mukinnyi kampara mu ikipe, ahubwo we icyo areba ari umusaruro buri wese atanga. Kuri Djabel, yongeyeho ko ari kapiteni w’ikipe atari aho kuba Kapiteni we (Adil) ndetse anavuga ko yabatsindishije ku mukino baherukaga gutsindwa na Bugesera FC ndetse akaba yari yaranabatsindishije ku mukino wa CAF Champions League wa US MONASTIR.

Aya magambo ya Adil ntiyashimishije Djabel, na we wahise ujya mu itangazamakuru akavuga ko bitangaje kuba Adil amuvugaho ibintu nk’ibyo nyamara ari we wamutsindiye ibitego byinshi (18) mu gihe cy’imyaka 3 amaze mu Rwanda ndetse akanatanga imipira 19 yavuyemo ibitego (assists).

Aha Djabel yasoje avuga ko “iyo umuntu musangiye ibihe byiza, n’ibibi muba mukwiye kubisangira ariko iyo ushatse kugereka ibintu kuri mugenzi wawe nta mugabo uba akurimo.”

Nyuma y’ibi, APR FC yafashe icyemeze cyo guhagarika aba bombi igihe cy’ukwezi ibashinja imyitwqrire mibi no guhesha ikipe isura mbi. Umutoza Adil yahise afata icyemezo cyo kwigira iwabo muri Morocco asiga atangaje ko yahagaritswe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse we na APR bazakizwa na FIFA.

Mu gihe cy’imyaka 3 yamaze atoza APR FC, Adil yayihesheje ibikombe bitatu bya shampiyona, ndetse akaba yaranaciye agahigo ko kumara imikino 50 yikurikiranya adatsindwa.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 2 =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye ku bantu b’umuryango umwe basanze bapfuye nyuma yo gucumbikira abandi

Next Post

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.