Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA
Share on FacebookShare on Twitter

Adil Mohamed Erradi wahoze ari umutoza mukuru w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo urubanza rwe n’iyi kipe yahoze atoza rwaciwe, nubwo ikirego cye cyateshejwe agaciro, avuga ko ubu nta ruhande rufite icyo rugomba urundi.

Ibi yabitangaje nyuma y’aho Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA, igaragaje ko yatesheje agaciro ikirego uyu mutoza yari yarezemo APR mu mpera z’umwaka ushize.

Adil yareze ikipe ya APR FC muri FIFA mu kwezi k’Ukwakira umwaka wa 2022, ayishinja ko yamuhagaritse mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iki gihe, Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari yamuhagaritse igihe cy’ukwezi kubera guteza umwuka mubi.

Nyuma yuko ikirego cye giteshejwe agaciro, Afil yavuze ko yanyuzwe n’iki cyemezo, kuko yaba we ndetse n’ubuyobozi bwa APR FC, nta ruhande rufitiye urundi inzigo cyangwa icyo rurugomba.

Ubuyobozi bwa APR FC na bwo bwashinjaga uyu mutoza Adil kuba yarataye akazi, bityo ko ahubwo ari we wari ufite ibyo abugomba.

 

Twibukiranye umuzi w’ikibazo

Ubwo APR FC yari imaze gutsinda Marines FC mu mukino wa shampiyona kuri Kigali Pele Stadium, mu kiganiro n’itangazamakuru, Adil yabajijwe impamvu atakinishije bamwe mu bakinnyi bakuru b’ikipe barimo na Kaoiteni wayo, Manishimwe Djabel.

Icyo gihe, Adil yasobanuye ko nta mukinnyi kampara mu ikipe, ahubwo we icyo areba ari umusaruro buri wese atanga. Kuri Djabel, yongeyeho ko ari kapiteni w’ikipe atari aho kuba Kapiteni we (Adil) ndetse anavuga ko yabatsindishije ku mukino baherukaga gutsindwa na Bugesera FC ndetse akaba yari yaranabatsindishije ku mukino wa CAF Champions League wa US MONASTIR.

Aya magambo ya Adil ntiyashimishije Djabel, na we wahise ujya mu itangazamakuru akavuga ko bitangaje kuba Adil amuvugaho ibintu nk’ibyo nyamara ari we wamutsindiye ibitego byinshi (18) mu gihe cy’imyaka 3 amaze mu Rwanda ndetse akanatanga imipira 19 yavuyemo ibitego (assists).

Aha Djabel yasoje avuga ko “iyo umuntu musangiye ibihe byiza, n’ibibi muba mukwiye kubisangira ariko iyo ushatse kugereka ibintu kuri mugenzi wawe nta mugabo uba akurimo.”

Nyuma y’ibi, APR FC yafashe icyemeze cyo guhagarika aba bombi igihe cy’ukwezi ibashinja imyitwqrire mibi no guhesha ikipe isura mbi. Umutoza Adil yahise afata icyemezo cyo kwigira iwabo muri Morocco asiga atangaje ko yahagaritswe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse we na APR bazakizwa na FIFA.

Mu gihe cy’imyaka 3 yamaze atoza APR FC, Adil yayihesheje ibikombe bitatu bya shampiyona, ndetse akaba yaranaciye agahigo ko kumara imikino 50 yikurikiranya adatsindwa.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye ku bantu b’umuryango umwe basanze bapfuye nyuma yo gucumbikira abandi

Next Post

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.