Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA
Share on FacebookShare on Twitter

Adil Mohamed Erradi wahoze ari umutoza mukuru w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo urubanza rwe n’iyi kipe yahoze atoza rwaciwe, nubwo ikirego cye cyateshejwe agaciro, avuga ko ubu nta ruhande rufite icyo rugomba urundi.

Ibi yabitangaje nyuma y’aho Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA, igaragaje ko yatesheje agaciro ikirego uyu mutoza yari yarezemo APR mu mpera z’umwaka ushize.

Adil yareze ikipe ya APR FC muri FIFA mu kwezi k’Ukwakira umwaka wa 2022, ayishinja ko yamuhagaritse mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iki gihe, Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari yamuhagaritse igihe cy’ukwezi kubera guteza umwuka mubi.

Nyuma yuko ikirego cye giteshejwe agaciro, Afil yavuze ko yanyuzwe n’iki cyemezo, kuko yaba we ndetse n’ubuyobozi bwa APR FC, nta ruhande rufitiye urundi inzigo cyangwa icyo rurugomba.

Ubuyobozi bwa APR FC na bwo bwashinjaga uyu mutoza Adil kuba yarataye akazi, bityo ko ahubwo ari we wari ufite ibyo abugomba.

 

Twibukiranye umuzi w’ikibazo

Ubwo APR FC yari imaze gutsinda Marines FC mu mukino wa shampiyona kuri Kigali Pele Stadium, mu kiganiro n’itangazamakuru, Adil yabajijwe impamvu atakinishije bamwe mu bakinnyi bakuru b’ikipe barimo na Kaoiteni wayo, Manishimwe Djabel.

Icyo gihe, Adil yasobanuye ko nta mukinnyi kampara mu ikipe, ahubwo we icyo areba ari umusaruro buri wese atanga. Kuri Djabel, yongeyeho ko ari kapiteni w’ikipe atari aho kuba Kapiteni we (Adil) ndetse anavuga ko yabatsindishije ku mukino baherukaga gutsindwa na Bugesera FC ndetse akaba yari yaranabatsindishije ku mukino wa CAF Champions League wa US MONASTIR.

Aya magambo ya Adil ntiyashimishije Djabel, na we wahise ujya mu itangazamakuru akavuga ko bitangaje kuba Adil amuvugaho ibintu nk’ibyo nyamara ari we wamutsindiye ibitego byinshi (18) mu gihe cy’imyaka 3 amaze mu Rwanda ndetse akanatanga imipira 19 yavuyemo ibitego (assists).

Aha Djabel yasoje avuga ko “iyo umuntu musangiye ibihe byiza, n’ibibi muba mukwiye kubisangira ariko iyo ushatse kugereka ibintu kuri mugenzi wawe nta mugabo uba akurimo.”

Nyuma y’ibi, APR FC yafashe icyemeze cyo guhagarika aba bombi igihe cy’ukwezi ibashinja imyitwqrire mibi no guhesha ikipe isura mbi. Umutoza Adil yahise afata icyemezo cyo kwigira iwabo muri Morocco asiga atangaje ko yahagaritswe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse we na APR bazakizwa na FIFA.

Mu gihe cy’imyaka 3 yamaze atoza APR FC, Adil yayihesheje ibikombe bitatu bya shampiyona, ndetse akaba yaranaciye agahigo ko kumara imikino 50 yikurikiranya adatsindwa.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eighteen =

Previous Post

Andi makuru yamenyekanye ku bantu b’umuryango umwe basanze bapfuye nyuma yo gucumbikira abandi

Next Post

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.