• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura umunsi umwe ngo iyi kipe ihure na Rayon Sports.

Ibi bije mbere y’umunsi umwe ngo iyi kipe ikine na Rayon Sports umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Umuyobozi w’ikipe ya Bugesera FC Gahigi Jean Claude, yemereye Radio/TV10 ko aya makuru ko ari yo aho yagize ati “Ni ko bimeze, uyu mukino ntabwo bazawutoza.”

Uyu Muyobozi ntiyifuje kubivugaho byinshi, gusa hari amakuru avuga ko aba batoza bahagaritswe hakekwa ko ikipe ya Rayon Sports yaba yarabanyuzeho ngo bayorohereze kubona intsinzi, ndetse bikanavugwa ko Ndayishimiye Eric Bakame yaba yaranamaze kwemeranya n’iyi kipe kuzayibera Umutoza w’Abanyezamu umwaka utaha.

Kuva iki cyumweru cyatangira, Bugesera FC yakajije imyiteguro y’umukino wa Rayon Sports dore ko guhera ku wa 2, Abakinnyi bose n’Umutoza bari mu mwiherero ndetse n’umutekano w’aho ikipe icumbitse ukaba warakajijwe.

Ni umukino Bugesera ikeneyemo amanota cyane ko iri kurwana urugamba rwo kutamanuka mu cyiciro cya 2, mu gihe Rayon Sports yo iri gushaka aya manota ngo ikomeze kuyobora urutonde rwa shampiyona ruyiganisha ku gutwara igikombe cya shampiyona iheruka mu myaka 6 ishize.

Uretse kuba buri kipe ifite icyo irwanira kuri uyu mukino, ubundi buremera bwawe buturuka ku kuba Bugesera yarasezereye Rayon Sports muri 1/2 cy’igikombe cy’amahoro umwaka ushize, ndetse Banamwana Camarade utoza iyi Bugesera, n’ubundi akaba yarigeze gusezerera Rayon Sports mu 2013 muri 1/8 cy’igikombe cy’amahoro.

Ikipe ya Bugesera FC ubu iri ku mwanya wa 11 n’amanota 31 ku rutonde rwa shampiyona, mu gihe Rayon Sports iyoboye urutonde n’amanota 59.

Ndayishimiye Eric Bakame yahagaritswe
Na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi yahagaritswe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + nine =

Previous Post

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Next Post

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.