Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakiriye mu rwuri rwe, William Ruto wa Kenya ari kumwe na Raila Odinda bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, umwe agatsinda undi bikanakurikirwa no guhangana.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2024, nk’uko byatangajwe na Perezia wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Perezida Museveni mu butumwa buherekejwe n’amafoto ari kumwe na William Ruto ndetse na Raila Odinga, yavuze ko yishimiye kwakira aba banyapolitiki bo muri Kenya.

Museveni yagize ati “Nishimiye guhura na Perezida Ruto na Hon. Odinga muri uyu mugoroba mu rwuri rwanjye muri Kisozi. Twaganiriye ku ngingo z’inyungu rusange hagati y’Ibihugu byacu byombi ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Nabahaye ikaze.”

Aba banyapolitiki bo muri Kenya, bakiriwe na Museveni mu rwuri rwe, bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2022, bigeze guhangana, aho Odinga wari utsinzwe aya matora inshuro esheshatu, atari yanyuzwe n’ibyavuye mu y’uwo mwaka, ndetse akanasaba abaturage gukora imyigaragambyo babyamagana.

Ibi byanazamuriye umujinya William Ruto, wavuze ko agiye guhangana n’uyu munyapolitiki mugenzi we wari uri kugumura abaturage.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, batunguwe no kubona aba byanyapolitiki bari kumwe, baganira nk’aho ntakibazo bigeze bagirana.

Perezida Museveni yakiriye aba banyapolitiki bo muri Kenya
Yabatembereje mu rwuri rwe abereka inka z’inyambo
William Ruto na Raila Odinga byakekwaga ko batajya imbizi bagaragaye bari kumwe baganira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

Next Post

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.