Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakiriye mu rwuri rwe, William Ruto wa Kenya ari kumwe na Raila Odinda bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, umwe agatsinda undi bikanakurikirwa no guhangana.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2024, nk’uko byatangajwe na Perezia wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Perezida Museveni mu butumwa buherekejwe n’amafoto ari kumwe na William Ruto ndetse na Raila Odinga, yavuze ko yishimiye kwakira aba banyapolitiki bo muri Kenya.

Museveni yagize ati “Nishimiye guhura na Perezida Ruto na Hon. Odinga muri uyu mugoroba mu rwuri rwanjye muri Kisozi. Twaganiriye ku ngingo z’inyungu rusange hagati y’Ibihugu byacu byombi ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Nabahaye ikaze.”

Aba banyapolitiki bo muri Kenya, bakiriwe na Museveni mu rwuri rwe, bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2022, bigeze guhangana, aho Odinga wari utsinzwe aya matora inshuro esheshatu, atari yanyuzwe n’ibyavuye mu y’uwo mwaka, ndetse akanasaba abaturage gukora imyigaragambyo babyamagana.

Ibi byanazamuriye umujinya William Ruto, wavuze ko agiye guhangana n’uyu munyapolitiki mugenzi we wari uri kugumura abaturage.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, batunguwe no kubona aba byanyapolitiki bari kumwe, baganira nk’aho ntakibazo bigeze bagirana.

Perezida Museveni yakiriye aba banyapolitiki bo muri Kenya
Yabatembereje mu rwuri rwe abereka inka z’inyambo
William Ruto na Raila Odinga byakekwaga ko batajya imbizi bagaragaye bari kumwe baganira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

Next Post

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.