• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakiriye mu rwuri rwe, William Ruto wa Kenya ari kumwe na Raila Odinda bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, umwe agatsinda undi bikanakurikirwa no guhangana.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2024, nk’uko byatangajwe na Perezia wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Perezida Museveni mu butumwa buherekejwe n’amafoto ari kumwe na William Ruto ndetse na Raila Odinga, yavuze ko yishimiye kwakira aba banyapolitiki bo muri Kenya.

Museveni yagize ati “Nishimiye guhura na Perezida Ruto na Hon. Odinga muri uyu mugoroba mu rwuri rwanjye muri Kisozi. Twaganiriye ku ngingo z’inyungu rusange hagati y’Ibihugu byacu byombi ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Nabahaye ikaze.”

Aba banyapolitiki bo muri Kenya, bakiriwe na Museveni mu rwuri rwe, bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2022, bigeze guhangana, aho Odinga wari utsinzwe aya matora inshuro esheshatu, atari yanyuzwe n’ibyavuye mu y’uwo mwaka, ndetse akanasaba abaturage gukora imyigaragambyo babyamagana.

Ibi byanazamuriye umujinya William Ruto, wavuze ko agiye guhangana n’uyu munyapolitiki mugenzi we wari uri kugumura abaturage.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, batunguwe no kubona aba byanyapolitiki bari kumwe, baganira nk’aho ntakibazo bigeze bagirana.

Perezida Museveni yakiriye aba banyapolitiki bo muri Kenya
Yabatembereje mu rwuri rwe abereka inka z’inyambo
William Ruto na Raila Odinga byakekwaga ko batajya imbizi bagaragaye bari kumwe baganira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 9 =

Previous Post

RadioTV10 opinion on this week’s news headlines: “Lie, lie, and something of the truth will always remain”

Next Post

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.