Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe n’ubutegetsi, baje kwiyunga kuri iri Huriro riri gukorana na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo.
Uku kwakira uyu munyapolitiki byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Kamena 2025.
Mu butumwa bwe, Lawrence Kanyuka, yagize ati “Uyu munsi tariki 04 Kamena, i Goma turemeza ko Guverineri w’Icyubahiro wa Kivu y’Epfo, Marcelin Cishambo ndetse n’irindi tsinda rigizwe n’inararibonye muri Politiki n’abandi bayobozi, ndetse na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abo muri diyasipora.”
Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko iri Huriro “AFC/M23 rihamagarira abandi bose bakunda Igihugu gutera intambwe” bakaza kwifatanya na ryo.
Uyu munyapolitiki Marcelin Cishambo wabaye Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo hagati ya 2010 na 2017 akaba yaranabaye Umujyanama mu bya politiki w’Umukuru w’Igihugu muri muri 2006, yiyunze kuri AFC/M23 nyuma y’igihe gito iri Huriro ryakiriye Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu na we uri gukorera ibikorwa bya Politiki mu Mujyi wa Goma.
Joseph Kabila wageze mu Mujyi wa Goma mu mpera z’ukwzi gushize kwa Gicurasi, akomeje kwakira amatsinda y’ingeri zinyuranye, aho ari kwakira ibitekerezo byabo, kugira ngo abone uko atanga umusanzu we mu gusubiza ku murongo iki Gihugu avuga ko kigeze aharindimuka kubera ubutegetsi buriho budashoboye.
RADIOTV10