Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yemeje ko ihagaritse ubutumwa bw’ingabo zawo zari zagiyemo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufatanya na FARDC guhangana na M23, itangaza ko hahita hatangira ibikorwa byo kuzicyura.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 nyuma y’Inama Idasanzwe yabaye hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga. y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigiza Umuryango wa SADC.

Ibyemezo by’iyi nama yayobowe na Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa unakuriye Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize SADC, bivuga ko yagejejweho ishusho y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC ndetse ikanasuzuma raporo ku butumwa bw’ingabo ziri mu butumwa muri iki Gihugu (SAMIDRC) y’ibyavuye mu nama y’Urwego rushinzwe Umutekano na poltiki ruzwi nka Troika yateranye tariki 06 Werurwe iyobowe na Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan uyoboye uru rwego.

Muri ibi byemezo by’iyi nama kandi SADC ivuga ko “Inteho yihanganishije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na Repubulika za Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania, ndetse n’imiryango y’abasirikare batakarije ubuzima ubwo bari mu butumwa bwa SAMIDRC, inifuriza abakomeretse gukira vuba.”

Bamwe mu basirikare bari mu butumwa bwa SADC, baburiye ubuzima mu mirwano yo gufata umujyi wa Goma ubu uri mu maboko ya M23 kuva wakubita inshuro uruhande bahanganye rwa FARDC, abasirikare b’u Burundi, Ingabo za SADC, ndetse n’imitwe nka FDLR, Wazalendo, kimwe n’abacancuro b’Abanyaburayi.

Mu byemezo by’iyi nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize SADC, ingingo ya 10 ivuga ko “Inteko yahagaritse inshingano za SAMIRDC ndetse ihita itangiza ibikorwa byo gucyura abasirikare ba SAMIDRC bari muri DRC.”

Nanone iyi Nteko yavuze ko uyu Muryango wa SADC ufite umuhate kandi wifuza ko amakimbirane ari muri Congo, ndetse ko uzakomeza gufasha iki Gihugu mu kurinda ubusugire bwacyo n’umutekano.

SADC itangaje ibi nyuma yuko bivuzwe ko hari abasirikare ba SADC bamaze igihe mu Mujyi wa Goma bameze nk’imfungwa nyuma yuko uyu mujyi ufashwe na M23, gusa Gen. Sultani Makenga akaba Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’uyu mutwe, akaba yahakanye aya makuru avuga ko abasirikare ba SADC bafite uburenganzira bwo kwidegembya muri uyu mujyi ariko badafite intwaro.

Mu kiganiro Makenga yagiranye na Alain Destexhe wigeze kuba Umusenateri muri Sena y’u Bubiligi, Gen. Makenga yavuze ko babaye baretse aba basirikare, ariko ko igihe nikigera, igihe bazaba babishakira, bazasubira mu Bihugu byabo, dore ko ari na cyo cyifuzo cya M23.

Ibihugu bitatu byo mu Muryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), ni byo byari byohereje abasirikare muri DRC, birimo Afurika y’Epfo, Tanzania na Malawi.

Iyi myanzuro ya SADC yo guhagarika ubutumwa bw’ingabo zawo, itangajwe nyuma y’amasaha macye Guverinoma ya Angola itangaje ko igiye kuyobora ibiganiro hagati y’Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Uku guhagarika ubutumwa kw’ingabo za SADC, kwari kwabaye nk’ugucibwaho amarenga, ubwo Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya SADC na EAC, yombi Congo ibereye umunyamuryango, banzuraga ko inzira zikwiye gushakwamo umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, ari ibiganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

Next Post

Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage

Habaye impinduka ku ruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu azaganiriramo n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.