Indenge ya Sosiyete y’u Buhindi (Air India) yari yerecyeje i London mu Bwongereza irimo abagenzi 242, yakoze impanuka nyuma y’igihe gito ihagurutse.
Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 yakoreye impanuka hafi y’Ikibuga cy’Indege cya Ahmedabad mu Buhindi aho yari ihagurukiye.
Iyi mpanuka y’indege yabaye ku isaaha ya saa yine n’iminota umunani (10:08’) za mu gitondo mu masaha yo muri iki Gihugu cy’u Buhindi nyuma y’igihe gito ikimara guhaguruka.
Iyi ndege yahanutse igahita isandara yari imaze kugera mri Feet 625 (Metero 190) zo mu kirere, nyuma yuko yari imaze gutakaza uburyo bw’itumanaho bwayo (signal).
Itangazo rigufi ryashyizwe hanze na Air India, rivuga ko “Indege ya AI171 yari iri mu rugendo rwa Ahmedabad-London Gatwick, yakoze impanuka kuri uyu wa 12 Kemana 2025.”
Iyi sosiyete y’u Buhindi y’Indege, yakomeje igira iti “Muri aka kanya turacyari gukora isuzuma riza gutanga amakuru rambuye aza kujya hanze vuba.”
Nta makuru menshi aratangazwa kuri iyi mpanuka y’indege nk’umubare w’abahitanywe na yo, gusa Polisi yo muri iki Gihugu yatangaje ko yabereye mu gace gatuwemo n’abaturage.
RADIOTV10