Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa zoherejwe na Guverinoma y’u Rwanda, iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iya Leta Zunze Ubumwe za America, iy’u Bufaransa n’iya Togo, zahuriye i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, avuga ko izi ntumwa zahuye nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye i Doha tariki 18 Werurwe 2025.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, yatangaje ko mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uyu munsi habaye ibindi biganiro.

Ni ibiganiro byahuriyemo intumwa ziturutse mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’Ibihugu bifitanye ibibazo bishingiye ku biri mu burasirazuba bwa DRC, ndetse n’Ibihugu by’Ibihuza birimo Qatar yanabyakiriye, Igihugu cya Togo giherutse guhabwa inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’ibindi Bihugu byagaragaje ubushake mu ruhare rwo gushaka uyu muti birimo Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bufaransa.

Ku ruhande rw’u Rwanda, rwari ruhagarariwe n’abarimo Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, rivuga koi bi biganiro byagarutse ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu nzira zo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, byumwihariko ibiganiro biri guhuza Guverinoma y’iki Gihugu n’Ihuriro AFC/M23, ndetse binagaruka ku no ku ishusho y’ibikorwa by’ubutabazi bukenewe muri kariya gace, bigomba gushyirwamo ingufu.

Iri tangazo rigira riti “Abahagarariye impande zose bashimye itangazo rihuriweho hagati ya Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo na AFC/M23 bafashijwemo na Leta ya Qatar ku byo biyemeje by’agahenge, bigomba kuza ku isonga mu bikenewe mu rwego rwo gutuma hakorwa ibikorwa by’ubutabazi ku babukeneye.”

Guverinoma ya Qatar ivuga kandi ko abitabiriye ibi biganiro bakomeje gushimangira inzira ziriho zikorwa n’imyanzuro ikomeje gufatirwamo irimo kuba impande zombi (u Rwanda na DRC) zariyemeje kutavogera ubusugire n’ubudahangarwa bwa buri Gihugu.

Nanone kandi bashimye ibyemezo byafatiwe mu nama yo ku ya 08 Gashyantare 2025 ihuriweho n’Imiryango ibiri, EAC na SADC, yombi DRC ibereye umunyamuryango, yafatiwemo ibyemezo birimo guhuza ibiganiro bigahabwa Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, hagamijwe gushaka umuti binyuze mu nzira z’ibiganiro.

Guverinoma ya Qatar ivuga ko iyi nama yahumuje n’ubundi impande zombi ziyemeje ubushake bwo gukomeza inzira z’ibiganiro ndetse no gushyira imbere ibyemezo bifatwa byose biganisha ku kuzana amahoro arambye mu burasirazuba bwa DRC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ibi biganiro byayobowe na Guverinoma ya Qatar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 14 =

Previous Post

AMASHUSHO: Dore uko Ikipe yinjiye mu mikoranire n’u Rwanda ihise ibishimangira imbere y’Isi yose

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

Related Posts

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

by radiotv10
11/07/2025
0

Itsinda ry’intumwa 18 ziturutse muri Uganda zoherejwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala, zasuye Polisi y’u Rwanda, zishima ikoranabuhanga ryifashishwa n’uru rwego...

IZIHERUKA

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika
IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

Iby'ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab'amazina azwi muri sinema Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.