• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa zoherejwe na Guverinoma y’u Rwanda, iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iya Leta Zunze Ubumwe za America, iy’u Bufaransa n’iya Togo, zahuriye i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, avuga ko izi ntumwa zahuye nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye i Doha tariki 18 Werurwe 2025.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, yatangaje ko mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uyu munsi habaye ibindi biganiro.

Ni ibiganiro byahuriyemo intumwa ziturutse mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’Ibihugu bifitanye ibibazo bishingiye ku biri mu burasirazuba bwa DRC, ndetse n’Ibihugu by’Ibihuza birimo Qatar yanabyakiriye, Igihugu cya Togo giherutse guhabwa inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’ibindi Bihugu byagaragaje ubushake mu ruhare rwo gushaka uyu muti birimo Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bufaransa.

Ku ruhande rw’u Rwanda, rwari ruhagarariwe n’abarimo Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, rivuga koi bi biganiro byagarutse ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu nzira zo gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, byumwihariko ibiganiro biri guhuza Guverinoma y’iki Gihugu n’Ihuriro AFC/M23, ndetse binagaruka ku no ku ishusho y’ibikorwa by’ubutabazi bukenewe muri kariya gace, bigomba gushyirwamo ingufu.

Iri tangazo rigira riti “Abahagarariye impande zose bashimye itangazo rihuriweho hagati ya Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo na AFC/M23 bafashijwemo na Leta ya Qatar ku byo biyemeje by’agahenge, bigomba kuza ku isonga mu bikenewe mu rwego rwo gutuma hakorwa ibikorwa by’ubutabazi ku babukeneye.”

Guverinoma ya Qatar ivuga kandi ko abitabiriye ibi biganiro bakomeje gushimangira inzira ziriho zikorwa n’imyanzuro ikomeje gufatirwamo irimo kuba impande zombi (u Rwanda na DRC) zariyemeje kutavogera ubusugire n’ubudahangarwa bwa buri Gihugu.

Nanone kandi bashimye ibyemezo byafatiwe mu nama yo ku ya 08 Gashyantare 2025 ihuriweho n’Imiryango ibiri, EAC na SADC, yombi DRC ibereye umunyamuryango, yafatiwemo ibyemezo birimo guhuza ibiganiro bigahabwa Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, hagamijwe gushaka umuti binyuze mu nzira z’ibiganiro.

Guverinoma ya Qatar ivuga ko iyi nama yahumuje n’ubundi impande zombi ziyemeje ubushake bwo gukomeza inzira z’ibiganiro ndetse no gushyira imbere ibyemezo bifatwa byose biganisha ku kuzana amahoro arambye mu burasirazuba bwa DRC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ibi biganiro byayobowe na Guverinoma ya Qatar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =

Previous Post

AMASHUSHO: Dore uko Ikipe yinjiye mu mikoranire n’u Rwanda ihise ibishimangira imbere y’Isi yose

Next Post

Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Iby’ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab’amazina azwi muri sinema Nyarwanda

Iby'ingenzi wamenya kuri filimi nshya igaragaramo ab'amazina azwi muri sinema Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.