• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Umuyobozi wa ‘Islamic State’ yiciwe mu gitero kabuhariwe cyamaze amasaha 2

radiotv10by radiotv10
03/02/2022
in MU RWANDA
0
BREAKING: Umuyobozi wa ‘Islamic State’ yiciwe mu gitero kabuhariwe cyamaze amasaha 2
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Umutwe w’Iterabwoba wiyita Leta ya Kisilamu, Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi, yishwe n’igitero cy’ingabo kabuhariwe za Leta Zunze Ubumwe za America.

Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi ari mu bantu 13 barimo abo mu muryango we biciwe mu gitero kabuhariwe cya gisirikare cyamaze amasaha abiri, kikabera aho yabaga mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba muri Syria.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yatangaje iby’uru rupfu rwa Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi.

Mu ijambo yatanze, Joe Biden yagize ati “Tubikesheje ubumenyi n’ubutwari by’ingabo zacu, twivuganye Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi.”

Yavuze ko igitero kabuhariwe cyo kwivugana uyu muyobozi w’Umutwe w’Iterabwoba, cyagenze neza kikaba cyakozwe mu rwego rwo kurwanya Iterabwoba no kurinda Abanyamerica ndetse n’abafatanyabikorwa b’iki Gihugu.

Ati “Imana irinde abasirikare bacu.”

Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi yari umuyobozi wa kabiri wa IS nyuma y’iyicwa rya Abu Bakr al-Baghdadi washinze uyu mutwe wishwe muri 2019.

Leta Zunze Ubumwe za America zagize ziti “Mu gihe tukiri gukusanya amakuru y’umusaruro w’iki gikorwa, kirasa n’icyabaye muri 2019 kivuganye al-Baghdadi.”

Uyu mutwe w’Iterabwoba wiyise Leta ya Kisilamu, wari uri kugerageza kwikusanya wubura ibitero muri kariya karere birimo n’icyari kigambiriye Gereza mu kwezi gushize.

Inzu yiciwemo uyu muyobozi wa ISIS

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 15 =

Previous Post

Rubavu: Yibye Televiziyo ayihereza Umupolisi azi ko ayihaye umujura mugenzi we bahita bamukacira

Next Post

AMAFOTO: Dr Sabin Nsanzimana yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
AMAFOTO: Dr Sabin Nsanzimana yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

AMAFOTO: Dr Sabin Nsanzimana yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.