Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo guhanura ubukwe bwa Papa Sava na Mama Sava byavugishije benshi, agahanurira Bushali gukorana indirimbo Jason Derulo, uwitwa Prophet Akimu yahanuriye Bruce Melodie ko azaba umuhanzi wa mbere ku Isi, no kuzatunga televiziyo ye bwite.

Uyu wiyita umuhanuzi, yahanuye ibi ubwo bari kuri Live y’urubuga rwa TikTok, yari inariho umuhanzi Bruce Melodie, Bushali, Godfather n’abandi bantu batandukanye baganiraga kuri iyo live.

Uyu wiyita Umupasiteri yaje muri iki kiganiro, akihagera Umuhanzi Bushali atamworoheye bitewe n’ibyo na we yamuhanuriye mu minsi ishize ariko ntibisohore, gusa ntibyabujije Akimu kongera guhanura.

Bushali wari warakijijwe nyuma yo gusengerwa n’uyu prophet, akibona aje gukurikirana iki kiganiro kuri Live, yamubajije impamvu yamubeshye ko azakorana indirimbo na Jason Deruro akaba yaramwandikiye kuri Email ariko ntasubizwe.

Akomeza amubwira ati “Nubwo nari nakijijwe nyuma yuko wansengeye ariko ntangiye gukemanga iyo Mana ukorera kuko ishobora kuba ibeshya.”

Uyu mupasiteri yahise amenyesha Bruce Melodie ko hari ubuhanuzi amufitiye, bamuha akanya atangira kumuhanurira na we atega amatwi.

Prophet Akimu yamuhanuriye ko azaba umuhanzi wa mbere ku isi anamubwira ko azarusha ubwamamare Diamond platnumz.

Ati “N’Abanyarwanda bose bari ahangaha babyumve uri uwo hejuru, Imana izakurindire amagara, ukiranuke imbere y’Imana yawe, impano ufite si umwana w’umuntu wayiguhaye ni data wayiguhaye. Ubwiza bw’Imana bukubeho ni nawe muhanzi wa mbere mu Rwanda, uzaba n’umuhanzi wa mbere ku isi muri East Africa, reka n’aba ba Diamond uri gukorana na bo ni abana imbere yawe. Imana igushyize hejuru byakire.”

Akimara kuvuga ibi, Bruce Melodie yamusubije ko ibyo bintu amubwiye yabiririmbye mu ndirimbo yise “Nzaguha umugisha”.

Prophet Akimu yakomeje avuga ko Bruce Melodie ari mu gihe cye ndetse yemeza ko ari umuhanzi mpuzamahanga.

Ati “Ndumva ijwi ry’Uwiteka rivugana nanjye ngo akira indi minsi yo kubaho no guhimba ibintu bishya bizakundwa n’Isi yose, uzaririmba mu gifaransa, mu gitaliyani, mu cyongereza, mu ndimi nyinshi, ahubwo babe bagufata neza kuko uyu Mujyi wa Kigali ugiye kubaka televiziyo yitwa Melodie TV, ugiye gushyiraho amamodoka yitwa Melodie Transports. Hri ibintu ugiye gukora bizaba bifitiye agaciro isi.”

Nyuma yo kumva ubwo buhanuzi, Melodie yashimiye Pasitoro avuga ijambo Amena, Akimu amusaba ko yamukurikira (Follow) akazamubwira ubundi buhanuzi busigaye atamubwiye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Related Posts

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

by radiotv10
02/02/2026
0

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian, baravugwa mu rukundo, ndetse biravugwa ko bamaranye umwanya...

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

In recent years, podcasts have become very popular around the world, and Rwanda is no exception. More and more young...

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

IZIHERUKA

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

by radiotv10
03/02/2026
0

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

03/02/2026
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.