Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Ikibazo cy’abana bata ishuri bakajya gukoreshwa muri za Butiki gihanganishije ababyeyi n’ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
03/03/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Ikibazo cy’abana bata ishuri bakajya gukoreshwa muri za Butiki gihanganishije ababyeyi n’ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu isantere ya Nyarwondo iri mu Murenge wa Rugarama mu karere ka Burera, barashinja ubuyobozi kurebera ikibazo cy’abana bata ishuri bagahabwa akazi ko gucuruza muri za butike.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasanze bamwe mu babyeyi mu isoko rito rya Nyarwondo riherereye mu murenge wa Rugarama. Bamwakirizanya agahinda k’abana babo bari mu kigero cy’imyaka kuva ku icyenda 9 kuzamura bakomeje guta ishuri.

Umwe yagize ati “Batwereka ko bagiye ku ishuri bakajya kwiha gukorera amafaranga ku ruhande.”

Akomeza atunga agatoki abafite butiki muri iyi santere kuko ari bo bashukisha aba bana akazi. Ati “Ibi byose bishyigikiwe n’abanyabutiki baha abana akazi ko kwirirwa bapimura amakara, gupimura, ibirayi, gupimura ibitoki, gupimura ibishyimbo.”

Aba babyeyi bavuga ko umwana wacakiye ifaranga kabone nubwo babahemba intica ntikize ariko adashobora kujya ku ishuri kuko n’iyo batahawe akazi bahita bayoboka uburara bakirirwa bazerera bagacyurwa n’ijoro.

Bavuga ko ibi bituma bamwe mu bana baba intakoreka, bakirirwa bateza umutekano mucye.

Undi mubyeyi ati “Wa mwana yamara kumenyera amafaranga, akavuga ati ‘ejo nintabona amafaranga 100 noneho uyu munsi ubwo batampaye akazi’ akaza akiba nk’izi voka.”

Aba babyeyi batunga agatoki ubuyobozi kurebera iki kibazo kuko kimaze igihe kandi bukaba bwaranze kugishakira umuti.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yashatse kuvugisha abacuruzi bavugwaho gukoresha aba bana, bakimubona bahita bafunga butike.

Umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko iki kibazo bari gukurikirana kandi ko uwo bizagaragaraho ko akoresha umwana azabihanirwa.

Ati “Aba ari n’ubugome kubera ko abana babo bajya ku ishuri ariko bagakoresha ab’indi miryango.”

Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko uretse guhana abacuruzi bazafatirwa muri ibi bikorwa, n’ababyeyi bagomba kwita ku bana babo bakabakurikirana bakamenya ko bagiye ku ishuri.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko gahunda yo gusubiza abana mu ishuri ikomeje muri aka Karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 8 =

Previous Post

Perezida Nyusi wa Mozambique uheruka mu Rwanda yirukanye Abaminisitiri 6 icyarimwe

Next Post

B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

Related Posts

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani basuye Urwuri rw’Umukuru w’Igihugu, anamugabira Inka z’inyambo,...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

IZIHERUKA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.