Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Ikibazo cy’abana bata ishuri bakajya gukoreshwa muri za Butiki gihanganishije ababyeyi n’ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
03/03/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Ikibazo cy’abana bata ishuri bakajya gukoreshwa muri za Butiki gihanganishije ababyeyi n’ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu isantere ya Nyarwondo iri mu Murenge wa Rugarama mu karere ka Burera, barashinja ubuyobozi kurebera ikibazo cy’abana bata ishuri bagahabwa akazi ko gucuruza muri za butike.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasanze bamwe mu babyeyi mu isoko rito rya Nyarwondo riherereye mu murenge wa Rugarama. Bamwakirizanya agahinda k’abana babo bari mu kigero cy’imyaka kuva ku icyenda 9 kuzamura bakomeje guta ishuri.

Umwe yagize ati “Batwereka ko bagiye ku ishuri bakajya kwiha gukorera amafaranga ku ruhande.”

Akomeza atunga agatoki abafite butiki muri iyi santere kuko ari bo bashukisha aba bana akazi. Ati “Ibi byose bishyigikiwe n’abanyabutiki baha abana akazi ko kwirirwa bapimura amakara, gupimura, ibirayi, gupimura ibitoki, gupimura ibishyimbo.”

Aba babyeyi bavuga ko umwana wacakiye ifaranga kabone nubwo babahemba intica ntikize ariko adashobora kujya ku ishuri kuko n’iyo batahawe akazi bahita bayoboka uburara bakirirwa bazerera bagacyurwa n’ijoro.

Bavuga ko ibi bituma bamwe mu bana baba intakoreka, bakirirwa bateza umutekano mucye.

Undi mubyeyi ati “Wa mwana yamara kumenyera amafaranga, akavuga ati ‘ejo nintabona amafaranga 100 noneho uyu munsi ubwo batampaye akazi’ akaza akiba nk’izi voka.”

Aba babyeyi batunga agatoki ubuyobozi kurebera iki kibazo kuko kimaze igihe kandi bukaba bwaranze kugishakira umuti.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yashatse kuvugisha abacuruzi bavugwaho gukoresha aba bana, bakimubona bahita bafunga butike.

Umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko iki kibazo bari gukurikirana kandi ko uwo bizagaragaraho ko akoresha umwana azabihanirwa.

Ati “Aba ari n’ubugome kubera ko abana babo bajya ku ishuri ariko bagakoresha ab’indi miryango.”

Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko uretse guhana abacuruzi bazafatirwa muri ibi bikorwa, n’ababyeyi bagomba kwita ku bana babo bakabakurikirana bakamenya ko bagiye ku ishuri.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko gahunda yo gusubiza abana mu ishuri ikomeje muri aka Karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eighteen =

Previous Post

Perezida Nyusi wa Mozambique uheruka mu Rwanda yirukanye Abaminisitiri 6 icyarimwe

Next Post

B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.