Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Ikibazo cy’abana bata ishuri bakajya gukoreshwa muri za Butiki gihanganishije ababyeyi n’ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
03/03/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Ikibazo cy’abana bata ishuri bakajya gukoreshwa muri za Butiki gihanganishije ababyeyi n’ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu isantere ya Nyarwondo iri mu Murenge wa Rugarama mu karere ka Burera, barashinja ubuyobozi kurebera ikibazo cy’abana bata ishuri bagahabwa akazi ko gucuruza muri za butike.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasanze bamwe mu babyeyi mu isoko rito rya Nyarwondo riherereye mu murenge wa Rugarama. Bamwakirizanya agahinda k’abana babo bari mu kigero cy’imyaka kuva ku icyenda 9 kuzamura bakomeje guta ishuri.

Umwe yagize ati “Batwereka ko bagiye ku ishuri bakajya kwiha gukorera amafaranga ku ruhande.”

Akomeza atunga agatoki abafite butiki muri iyi santere kuko ari bo bashukisha aba bana akazi. Ati “Ibi byose bishyigikiwe n’abanyabutiki baha abana akazi ko kwirirwa bapimura amakara, gupimura, ibirayi, gupimura ibitoki, gupimura ibishyimbo.”

Aba babyeyi bavuga ko umwana wacakiye ifaranga kabone nubwo babahemba intica ntikize ariko adashobora kujya ku ishuri kuko n’iyo batahawe akazi bahita bayoboka uburara bakirirwa bazerera bagacyurwa n’ijoro.

Bavuga ko ibi bituma bamwe mu bana baba intakoreka, bakirirwa bateza umutekano mucye.

Undi mubyeyi ati “Wa mwana yamara kumenyera amafaranga, akavuga ati ‘ejo nintabona amafaranga 100 noneho uyu munsi ubwo batampaye akazi’ akaza akiba nk’izi voka.”

Aba babyeyi batunga agatoki ubuyobozi kurebera iki kibazo kuko kimaze igihe kandi bukaba bwaranze kugishakira umuti.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yashatse kuvugisha abacuruzi bavugwaho gukoresha aba bana, bakimubona bahita bafunga butike.

Umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko iki kibazo bari gukurikirana kandi ko uwo bizagaragaraho ko akoresha umwana azabihanirwa.

Ati “Aba ari n’ubugome kubera ko abana babo bajya ku ishuri ariko bagakoresha ab’indi miryango.”

Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko uretse guhana abacuruzi bazafatirwa muri ibi bikorwa, n’ababyeyi bagomba kwita ku bana babo bakabakurikirana bakamenya ko bagiye ku ishuri.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko gahunda yo gusubiza abana mu ishuri ikomeje muri aka Karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 15 =

Previous Post

Perezida Nyusi wa Mozambique uheruka mu Rwanda yirukanye Abaminisitiri 6 icyarimwe

Next Post

B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo
AMAHANGA

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

B.Melodie yateguje abantu indirimbo yakoranye na Harmonize igaragaramo abakobwa bambaye imyenda y’imbere gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.