Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Buri wese ni inshuti yawe, ni umuryango wawe- P.Kagame yeretse abo mu butabera icyabafasha mu nshingano

radiotv10by radiotv10
14/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Buri wese ni inshuti yawe, ni umuryango wawe- P.Kagame yeretse abo mu butabera icyabafasha mu nshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye abakora mu butabera no mu bucamanza ko uko inzego zabo zibutsa abantu ko nta n’umwe uri hejuru y’itegeko, na bo bagomba kuzirikana ko iri hame ribareba, kandi bakirinda ikimenyane n’ikenewabo. Ati “buri wese ni inshuti yawe, buri wese ni umuryango wawe.”

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano, barimo Abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga, urw’Ubujurire n’Urukuru ndetse n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa RIB.

Umukuru w’u Rwanda, yibukije abarahiriye izi nshingano nshya, ko bagomba kuzirikana indahiro baba barahiriye imbere y’Abanyarwanda.

Ati “Ibiba bikubiye muri iyo ndahiro biguha inshingano, bitwibutsa akazi karemereye tuba dufitiye Igihugu cyacu mu nzego zo hejuru ndetse no mu zindi nzego zibanza dukorera twese.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko urwego rw’Ubucamanza n’urw’Ubutabera, zifatiye runini Abaturarwanda kuko ziri mu zituma babona ubutabera.

Ati “Ubutabera ni ngombwa kuri buri muntu wese, icyo binatubwira ni uko mbere y’amategeko mu butabera twese dukwiriye kuba tungana ku buryo ntawurenga amategeko kugira ngo ubutabera bushoboke.

Abantu baba bashinzwe imirimo nk’iyo mugomba gukurikirana kugira ngo ibyo byose bigerweho, ni akazi karemereye byo mu buryo budasubirwaho.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nzego zibutsa Abaturarwanda bose ko nta n’umwe uri hejuru y’itegeko, ariko ko na bo bakwiye kwibuka ko iri hame ribareba.

Ati “Ndetse na bo ubwabo ntawuri hejuru y’amategeko. Mu gutanga ubutabera mu nzego zose cyangwa buri wese, icyo mugomba kukibuka. Ibindi rero byaba ari politiki mbi cyangwa imigirire mibi, ibyo ni uguhora tubwirwanya uko biba bikwiye. Iyo ufite ubushobozi nk’ubwo aho ari wowe uca urubanza, ari wowe ukurikirana ibyaha, ari wowe ubigenzura uko bikwiye, ugomba kuba ari we wa mbere mu kugaragaza ko ubyubahiriza.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo wajya guca urubanza cyangwa ibindi bikurikirana gushyira ibintu mu bikorwa, ngo bibe inyungu zawe cyangwa inshuti zawe cyangwa iz’umuryango wawe, ngo abe ari ho uhera, kuko muri izi nzego buri wese ni inshuti yawe, buri wese ni umuryango wawe, ni byo byatuma iyo ubireba utyo biduha abantu ko baringanira imbere y’amategeko cyangwa mu kugezwaho mu butabera.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko ibi binareba n’abakora mu zindi nzego, ko bakwiye guhora iteka bakora bazirikana ko bakorera Abanyarwanda.

Abarahiye kujya mu nshingano, ni Jean Bosco Kazungu na Isabelle Kalihangabo; bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, hakaba Xavier Ndahayo na Angeline Rutazana; bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ubujurire.

Hari kandi Jean Pierre Habarurema, wagizwe Perezida Perezida w’Urukiko Rukuru, na Consolée Kamarampaka wagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 10 =

Previous Post

Abakunzi ba Volleyball mu Rwanda bagiye kongera guha ibyishimo amaso yabo

Next Post

Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Related Posts

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.