Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Buri wese ni inshuti yawe, ni umuryango wawe- P.Kagame yeretse abo mu butabera icyabafasha mu nshingano

radiotv10by radiotv10
14/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Buri wese ni inshuti yawe, ni umuryango wawe- P.Kagame yeretse abo mu butabera icyabafasha mu nshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye abakora mu butabera no mu bucamanza ko uko inzego zabo zibutsa abantu ko nta n’umwe uri hejuru y’itegeko, na bo bagomba kuzirikana ko iri hame ribareba, kandi bakirinda ikimenyane n’ikenewabo. Ati “buri wese ni inshuti yawe, buri wese ni umuryango wawe.”

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano, barimo Abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga, urw’Ubujurire n’Urukuru ndetse n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa RIB.

Umukuru w’u Rwanda, yibukije abarahiriye izi nshingano nshya, ko bagomba kuzirikana indahiro baba barahiriye imbere y’Abanyarwanda.

Ati “Ibiba bikubiye muri iyo ndahiro biguha inshingano, bitwibutsa akazi karemereye tuba dufitiye Igihugu cyacu mu nzego zo hejuru ndetse no mu zindi nzego zibanza dukorera twese.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko urwego rw’Ubucamanza n’urw’Ubutabera, zifatiye runini Abaturarwanda kuko ziri mu zituma babona ubutabera.

Ati “Ubutabera ni ngombwa kuri buri muntu wese, icyo binatubwira ni uko mbere y’amategeko mu butabera twese dukwiriye kuba tungana ku buryo ntawurenga amategeko kugira ngo ubutabera bushoboke.

Abantu baba bashinzwe imirimo nk’iyo mugomba gukurikirana kugira ngo ibyo byose bigerweho, ni akazi karemereye byo mu buryo budasubirwaho.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nzego zibutsa Abaturarwanda bose ko nta n’umwe uri hejuru y’itegeko, ariko ko na bo bakwiye kwibuka ko iri hame ribareba.

Ati “Ndetse na bo ubwabo ntawuri hejuru y’amategeko. Mu gutanga ubutabera mu nzego zose cyangwa buri wese, icyo mugomba kukibuka. Ibindi rero byaba ari politiki mbi cyangwa imigirire mibi, ibyo ni uguhora tubwirwanya uko biba bikwiye. Iyo ufite ubushobozi nk’ubwo aho ari wowe uca urubanza, ari wowe ukurikirana ibyaha, ari wowe ubigenzura uko bikwiye, ugomba kuba ari we wa mbere mu kugaragaza ko ubyubahiriza.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo wajya guca urubanza cyangwa ibindi bikurikirana gushyira ibintu mu bikorwa, ngo bibe inyungu zawe cyangwa inshuti zawe cyangwa iz’umuryango wawe, ngo abe ari ho uhera, kuko muri izi nzego buri wese ni inshuti yawe, buri wese ni umuryango wawe, ni byo byatuma iyo ubireba utyo biduha abantu ko baringanira imbere y’amategeko cyangwa mu kugezwaho mu butabera.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko ibi binareba n’abakora mu zindi nzego, ko bakwiye guhora iteka bakora bazirikana ko bakorera Abanyarwanda.

Abarahiye kujya mu nshingano, ni Jean Bosco Kazungu na Isabelle Kalihangabo; bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, hakaba Xavier Ndahayo na Angeline Rutazana; bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ubujurire.

Hari kandi Jean Pierre Habarurema, wagizwe Perezida Perezida w’Urukiko Rukuru, na Consolée Kamarampaka wagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Abakunzi ba Volleyball mu Rwanda bagiye kongera guha ibyishimo amaso yabo

Next Post

Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.