Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Buri wese ni inshuti yawe, ni umuryango wawe- P.Kagame yeretse abo mu butabera icyabafasha mu nshingano

radiotv10by radiotv10
14/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Buri wese ni inshuti yawe, ni umuryango wawe- P.Kagame yeretse abo mu butabera icyabafasha mu nshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye abakora mu butabera no mu bucamanza ko uko inzego zabo zibutsa abantu ko nta n’umwe uri hejuru y’itegeko, na bo bagomba kuzirikana ko iri hame ribareba, kandi bakirinda ikimenyane n’ikenewabo. Ati “buri wese ni inshuti yawe, buri wese ni umuryango wawe.”

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano, barimo Abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga, urw’Ubujurire n’Urukuru ndetse n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa RIB.

Umukuru w’u Rwanda, yibukije abarahiriye izi nshingano nshya, ko bagomba kuzirikana indahiro baba barahiriye imbere y’Abanyarwanda.

Ati “Ibiba bikubiye muri iyo ndahiro biguha inshingano, bitwibutsa akazi karemereye tuba dufitiye Igihugu cyacu mu nzego zo hejuru ndetse no mu zindi nzego zibanza dukorera twese.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko urwego rw’Ubucamanza n’urw’Ubutabera, zifatiye runini Abaturarwanda kuko ziri mu zituma babona ubutabera.

Ati “Ubutabera ni ngombwa kuri buri muntu wese, icyo binatubwira ni uko mbere y’amategeko mu butabera twese dukwiriye kuba tungana ku buryo ntawurenga amategeko kugira ngo ubutabera bushoboke.

Abantu baba bashinzwe imirimo nk’iyo mugomba gukurikirana kugira ngo ibyo byose bigerweho, ni akazi karemereye byo mu buryo budasubirwaho.”

Perezida Kagame yavuze ko izi nzego zibutsa Abaturarwanda bose ko nta n’umwe uri hejuru y’itegeko, ariko ko na bo bakwiye kwibuka ko iri hame ribareba.

Ati “Ndetse na bo ubwabo ntawuri hejuru y’amategeko. Mu gutanga ubutabera mu nzego zose cyangwa buri wese, icyo mugomba kukibuka. Ibindi rero byaba ari politiki mbi cyangwa imigirire mibi, ibyo ni uguhora tubwirwanya uko biba bikwiye. Iyo ufite ubushobozi nk’ubwo aho ari wowe uca urubanza, ari wowe ukurikirana ibyaha, ari wowe ubigenzura uko bikwiye, ugomba kuba ari we wa mbere mu kugaragaza ko ubyubahiriza.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo wajya guca urubanza cyangwa ibindi bikurikirana gushyira ibintu mu bikorwa, ngo bibe inyungu zawe cyangwa inshuti zawe cyangwa iz’umuryango wawe, ngo abe ari ho uhera, kuko muri izi nzego buri wese ni inshuti yawe, buri wese ni umuryango wawe, ni byo byatuma iyo ubireba utyo biduha abantu ko baringanira imbere y’amategeko cyangwa mu kugezwaho mu butabera.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko ibi binareba n’abakora mu zindi nzego, ko bakwiye guhora iteka bakora bazirikana ko bakorera Abanyarwanda.

Abarahiye kujya mu nshingano, ni Jean Bosco Kazungu na Isabelle Kalihangabo; bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, hakaba Xavier Ndahayo na Angeline Rutazana; bagizwe Abacamanza mu Rukiko rw’Ubujurire.

Hari kandi Jean Pierre Habarurema, wagizwe Perezida Perezida w’Urukiko Rukuru, na Consolée Kamarampaka wagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + six =

Previous Post

Abakunzi ba Volleyball mu Rwanda bagiye kongera guha ibyishimo amaso yabo

Next Post

Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Umunyarwanda Ndimbati washakishwaga byamenyekanye ko yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.