Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Habaye ibidasanzwe byakangaranyije ababibonye

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
1
Burundi: Habaye ibidasanzwe byakangaranyije ababibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Umusozi umwe wo mu Gihugu cy’u Burundi, bwacyeye bawubona uri kugenda, bikangaranya ababibonye batabaje basaba bagenzi babo bari aho uyu musozi werecyezaga kuhava bihuse.

Uyu musozi ni uwo muri Zone Kibuye muri Komine ya Isale mu Murwa Mukuru w’u Burundi, i Bujumbura Rural.

Amakuru y’igenda ry’uyu musozi, yatangajwe n’Ikinyamakuru kitwa Akezanet, mu butumwa cyashyize kuri Twitter yacyo, aho cyavugaga ko uyu musozi wamanukaga werecyeza mu Kiyaga kiri hafi yawo.

Ubu butumwa buhekejwe n’amashusho yumvikanamo abaturage bavuga Ikirundi barimo uba aburira abandi, ati “Abo hepfo mwese muveyo muhunge muhunge.”

Muri aya mashusho, uyu musozi uba uri kugenda ndetse n’ibyari biwuhinzeho byose birimo intsina ndetse n’ibindi bimera byose byari biwuriho.

🔴😳Amasanamu azindutse araca irya nino ku mbuga ngurukana bumenyi, ni ay’umusozi uriko ururuka, usa n’uwubomoka, uja mu kiyaya. Ahantu vyabereye ntiharamenyekana neza , ariko igitanganje nuko abantu bari bahari bavuga ikirundi.

Woba wahamenye ? Habwire abandi. pic.twitter.com/8eqrTNgp1J

— AKEZA Burundi (@akezanet) March 6, 2023

Humvikanamo abaturage batunguwe n’ibi byariho biba, basa nk’abagize ubwoba dore ko ari ubwa mbere bari babibonye.

Umwe ati “Ibara [ishyano] riraguye ibara riraguye nimuveyo.” Yaburiraga abari bakiri mu gace iyi nkangu yerecyezagamo guhunga vuba na bwangu ngo itabahitana.

Abahanga mu bumenyi bw’Isi, bavuga ko ibi bisanzwe bibaho, aho bavuga ko biterwa no kuba ubutaka buba bwabitse amazi menshi mo imbere bigatuma ubutaka bumanuka buhereyemo hasi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Louise Bigirimana says:
    3 years ago

    Ni Bujumbura rural si Bujumbura mairie

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Next Post

Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki

Umusore wifuza kuba mu bakire 10 ba mbere yongeye kuvuga ibitangaje anagaruka kuri Bamporiki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.