Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yihanganishije abakomerekeye mu gitero yise icy’iterabwoba cyagabwe ahahoze isoko, yizeza ko ababikoze bazafatwa bagakanirwa urubakwiye. Ni nyuma y’uko habayeho iturika ry’ibisasu bya Grenade bivugwa byahitanye abantu batatu.

Ni igitero cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru bitandukanye bikorera mu Burundi.

Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, mu makuru cyabanje gutanga mu ma saa moya z’ijoro, cyavuze ko “igisasu cya Grenade kimaze guturikira muri parking yo mu Mujyi rwagati i Bujumbura mu masaha ya kare y’umugoroba. Abo cyahitanye ntibaramenyekana. Abantu bakwiriye imishwaro kimwe n’imodoka.”

Iki gitangazamakuru cyavuze ko nyuma y’iturika ry’iki gisasu, abantu bari muri uyu Mujyi wa Bujumbura, bagize ubwoba, ndetse Polisi ikaba yari yahise itangira gusaka muri aka gace cyaturikiyemo.

Kiti “Nibura abantu batatu bahasize ubuzima abandi 14 bakomerekera muri iri turika rya grenade ryabaye mu masaha ya kare y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.”

Bamwe mu bari muri aka gace, bavuze ko imodoka nyinshi za Polisi zazengurukaga mu mujyi rwagati no mu mihanda itandukanye mu mukwabu wo guhiga abakekwaho guturitsa icyo gisasu.

Nyuma y’amasaha macye, iki gitangazamakuru cyatangaje ko “indi grenade imaze guturikira hafi y’ikigo cya polisi ishinzwe gucungira umutekano inzego, mu gace ka Ngagara.”

Nyuma y’ibi bitero, Perezida w’u Burundi yagize icyo avuga, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Twihanganishije byimazeyo abakomerekeye mu gitero cy’iterabwoba kimaze kubera ahahoze isoko rikuru rya Bujumbura.”

Perezida Ndayishimiye kandi yaboneyeho guhumuriza Abarundi, ndetse abizeza ko abari inyuma y’ibi bikorwa by’ibitero, bazafatwa bakabiryozwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

Next Post

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.