Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade

radiotv10by radiotv10
11/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Burundi: Perezida Ndayishimiye yatanze ubutumwa nyuma y’iturika ry’ibisasu bya grenade
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yihanganishije abakomerekeye mu gitero yise icy’iterabwoba cyagabwe ahahoze isoko, yizeza ko ababikoze bazafatwa bagakanirwa urubakwiye. Ni nyuma y’uko habayeho iturika ry’ibisasu bya Grenade bivugwa byahitanye abantu batatu.

Ni igitero cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2024, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru bitandukanye bikorera mu Burundi.

Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, mu makuru cyabanje gutanga mu ma saa moya z’ijoro, cyavuze ko “igisasu cya Grenade kimaze guturikira muri parking yo mu Mujyi rwagati i Bujumbura mu masaha ya kare y’umugoroba. Abo cyahitanye ntibaramenyekana. Abantu bakwiriye imishwaro kimwe n’imodoka.”

Iki gitangazamakuru cyavuze ko nyuma y’iturika ry’iki gisasu, abantu bari muri uyu Mujyi wa Bujumbura, bagize ubwoba, ndetse Polisi ikaba yari yahise itangira gusaka muri aka gace cyaturikiyemo.

Kiti “Nibura abantu batatu bahasize ubuzima abandi 14 bakomerekera muri iri turika rya grenade ryabaye mu masaha ya kare y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.”

Bamwe mu bari muri aka gace, bavuze ko imodoka nyinshi za Polisi zazengurukaga mu mujyi rwagati no mu mihanda itandukanye mu mukwabu wo guhiga abakekwaho guturitsa icyo gisasu.

Nyuma y’amasaha macye, iki gitangazamakuru cyatangaje ko “indi grenade imaze guturikira hafi y’ikigo cya polisi ishinzwe gucungira umutekano inzego, mu gace ka Ngagara.”

Nyuma y’ibi bitero, Perezida w’u Burundi yagize icyo avuga, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Twihanganishije byimazeyo abakomerekeye mu gitero cy’iterabwoba kimaze kubera ahahoze isoko rikuru rya Bujumbura.”

Perezida Ndayishimiye kandi yaboneyeho guhumuriza Abarundi, ndetse abizeza ko abari inyuma y’ibi bikorwa by’ibitero, bazafatwa bakabiryozwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =

Previous Post

Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe

Next Post

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

America yagaragaje uko inshuti magara yayo Israel yayitengushye ku ntwaro yayihaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.