Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Umunyapolitiki wo mu ishyaka riri ku butegetesi wifuza kuba Umudepite yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Umunyapolitiki wo mu ishyaka riri ku butegetesi wifuza kuba Umudepite yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukandida uri guhatanira kuba Umudepite ahagarariye Ishyaka CNDD-FDD mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, yatawe muri yombi avuye mu nama.

Vincent Ndagijimana, ni umwe mu bakandida Depite bari ku rutonde rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku Butegetsi mu Burundi, wo mu Ntara nshya muri iki Gihugu ya Butanyerera iherereye mu majyaruguru yacyo.

Ifungwa ry’uyu munyapolitiki, ryazamuye impaka ndende mu Burundi, aho muri iki Gihugu hongeye gutungwa agatoki ku bibazo bikomeye bihari birimo ibya Politiki, imyenda iremereye, iby’amabuye y’agaciro ya Coltan ndetse n’ibindi biri imbere mu butegetsi.

Uyu munyapolitiki yatawe muri yombi nyuma y’akavuyo kabereye ku musozi wa Kivuvu muri Komini ya Kabarore, mu bikorwa byo kwiyamamariza kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi.

Nk’uko bitanazwa n’abantu banyuranye bari ahabereye ibi bibazo, bavuga ko uyu Mukandida Depite yagonze abantu benshi n’imodoka ye ubwo yatahaga iwe. Amakuru avuga ko umwe mu bagonzwe yitabye Imana.

Ubwo uyu munyapolitiki yatabwaga muri yombi ku wa Mbere, bwacyeye ku wa Kabiri yoherezwa gufungirwa mu Murwa Mukuru i Bujumbura, aho yahise ajya gufungirwa muri kasho y’Urwego rw’Ubutasi mu Burundi SNR (Service National de Renseignement).

Ifungwa ry’uyu munyapolitiki Ndagijimana usanzwe akomoka mu gace ka Kivuvu, ryateje impaka, aho bamwe bavuga ko rigaragaza ibibazo biri muri Politiki.

Asanzwe ari umunyapolitiki uzwi, dore ko asanzwe azwi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro byumwihariko ayo mu bwoko bwa coltan, ndetse hakaba hari amakuru avuga ko ifatwa rye ryaba rifitanye isano n’amakumbirane avugwa muri uru rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 6 =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye inama irimo abandi basirikare bo hejuru muri Afurika

Next Post

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

Related Posts

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko bwagiranye ibiganiro byiza na Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

by radiotv10
30/05/2025
0

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse kugaruka muri iki Gihugu byumwihariko mu mujyi wa Goma...

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

by radiotv10
30/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bari kugenzura uduce twinshi twa Gurupoma ya Ikobo muri Teritwari ya Walikare, nyuma y’iminsi itatu y’imirwano yari...

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

by radiotv10
29/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wamaze kugera mu bice bigenzurwa...

Agezweho: Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo urugamba rwongeye kwambikana

Agezweho: Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo urugamba rwongeye kwambikana

by radiotv10
28/05/2025
0

Imirwano ihanganishije abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’umutwe wa Wazalendo, yongeye kubugra mu gace ka Kalonde muri Teritwari ya Walikare mu Ntara...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.