Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi mu Gipolisi cy’u Burundi bikekwa ko yari yasinze, yarashe urufaya rw’amasasu mu kabari mu mujyi rwagati wa Ngozi, yica abaturage batatu nyuma yuko yari yabanje guteza akaduruvayo ashaka kunywa inzoga z’abandi, bakamwima.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo uyu mupolisi witwa Ndayisenga Déo, yarasaga mu cyico aba bantu batatu ku bushake, nkuko ubuyobozi bw’intara ya Ngozi bwabitangaje.

Ababonye ibi biba bahamirije ikinyamakuru SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru ko uyu mupolisi yabanje guterana amagambo n’abari muri ako kabari ashaka kunywa inzoga ku ngufu atishyura, ni ko kwitakuma abamishamo amasasu batatu bahasiga ubuzima.

Umwe yagize ati “Umupolisi yahagurutse aho yari yicaye anywera, aragenda abatura icupa ry’undi mukiliya atangira kumunywera inzoga ku ngufu. Imirwano yahise itangira ubwo uyu mupolisi atangira kurwana n’abaseriveri, nik o kubarasamo yica umugore umwe, n’umusore umwe mu barimo bamufata bamubuza kunywa inzoga y’abandi.”

Yari ari aho mukabari ari we mupolisi umwe rukumbi, yambaye imyenda y’akazi afite n’imbunda nk’uko iki kinyamakuru gikomeza kibivuga.

Nyuma yo gukora ayo marorerwa, uyu mupolisi yahise atangira gucika ariko abandi bamuvugiriza induru, n’igihunga cyinshi arasa andi masasu yavuyemo ayayobye afata umuntu wa gatatu wari waje kwinywera agacupa muri ako kabari, ajyanwa ku bitaro biri hafi aho, ari naho yaje kugwa.

Ubuyobozi bw’Intara ya Ngozi bwemeje aya makuru, bushimangira ko nyuma yo guhitana aba baturage uyu mupolisi yahise aburirwa irengero, ariko ibikorwa byo kumushakisha bigikomeje.

Bamwe mu baturage mu mujyi wa Ngozi baganiriye na SOS Media Burundi, bavuze ko uyu mupolisi asanzwe afite imyitwarire idahwitse, kuko yajyaga anahutaza abo asanze mu nzira nta kosa bakoze.

Umukozi w’umuryango utari uwa Leta ufite icyicaro muri Ngozi, yagize ati “agomba gutabwa muri yombi akaryozwa ibyo yakoze kandi akabihanirwa by’intangarugero ku bw’imyitwarire ye idahwitse. Ikindi kandi, abapolisi bakuru bakwiye kugarurwa mu murongo bakigishwa kandi bagahabwa amahugurwa menshi ashoboka ku bunyamwuga, kuko imyitwarire yabo iragayitse rwose. Kandi si uyu Déo wenyine ni benshi bameze nka we.”

Uyu mupolisi witwa Déo Ndayisenga, asanzwe ari umwofisiye ushinzwe guhuza ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, ndetse n’ibidukikije ku rwego rw’Intara ya Ngozi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + seventeen =

Previous Post

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

Next Post

Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.