Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi mu Gipolisi cy’u Burundi bikekwa ko yari yasinze, yarashe urufaya rw’amasasu mu kabari mu mujyi rwagati wa Ngozi, yica abaturage batatu nyuma yuko yari yabanje guteza akaduruvayo ashaka kunywa inzoga z’abandi, bakamwima.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo uyu mupolisi witwa Ndayisenga Déo, yarasaga mu cyico aba bantu batatu ku bushake, nkuko ubuyobozi bw’intara ya Ngozi bwabitangaje.

Ababonye ibi biba bahamirije ikinyamakuru SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru ko uyu mupolisi yabanje guterana amagambo n’abari muri ako kabari ashaka kunywa inzoga ku ngufu atishyura, ni ko kwitakuma abamishamo amasasu batatu bahasiga ubuzima.

Umwe yagize ati “Umupolisi yahagurutse aho yari yicaye anywera, aragenda abatura icupa ry’undi mukiliya atangira kumunywera inzoga ku ngufu. Imirwano yahise itangira ubwo uyu mupolisi atangira kurwana n’abaseriveri, nik o kubarasamo yica umugore umwe, n’umusore umwe mu barimo bamufata bamubuza kunywa inzoga y’abandi.”

Yari ari aho mukabari ari we mupolisi umwe rukumbi, yambaye imyenda y’akazi afite n’imbunda nk’uko iki kinyamakuru gikomeza kibivuga.

Nyuma yo gukora ayo marorerwa, uyu mupolisi yahise atangira gucika ariko abandi bamuvugiriza induru, n’igihunga cyinshi arasa andi masasu yavuyemo ayayobye afata umuntu wa gatatu wari waje kwinywera agacupa muri ako kabari, ajyanwa ku bitaro biri hafi aho, ari naho yaje kugwa.

Ubuyobozi bw’Intara ya Ngozi bwemeje aya makuru, bushimangira ko nyuma yo guhitana aba baturage uyu mupolisi yahise aburirwa irengero, ariko ibikorwa byo kumushakisha bigikomeje.

Bamwe mu baturage mu mujyi wa Ngozi baganiriye na SOS Media Burundi, bavuze ko uyu mupolisi asanzwe afite imyitwarire idahwitse, kuko yajyaga anahutaza abo asanze mu nzira nta kosa bakoze.

Umukozi w’umuryango utari uwa Leta ufite icyicaro muri Ngozi, yagize ati “agomba gutabwa muri yombi akaryozwa ibyo yakoze kandi akabihanirwa by’intangarugero ku bw’imyitwarire ye idahwitse. Ikindi kandi, abapolisi bakuru bakwiye kugarurwa mu murongo bakigishwa kandi bagahabwa amahugurwa menshi ashoboka ku bunyamwuga, kuko imyitwarire yabo iragayitse rwose. Kandi si uyu Déo wenyine ni benshi bameze nka we.”

Uyu mupolisi witwa Déo Ndayisenga, asanzwe ari umwofisiye ushinzwe guhuza ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, ndetse n’ibidukikije ku rwego rw’Intara ya Ngozi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

Next Post

Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.