Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi mu Gipolisi cy’u Burundi bikekwa ko yari yasinze, yarashe urufaya rw’amasasu mu kabari mu mujyi rwagati wa Ngozi, yica abaturage batatu nyuma yuko yari yabanje guteza akaduruvayo ashaka kunywa inzoga z’abandi, bakamwima.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo uyu mupolisi witwa Ndayisenga Déo, yarasaga mu cyico aba bantu batatu ku bushake, nkuko ubuyobozi bw’intara ya Ngozi bwabitangaje.

Ababonye ibi biba bahamirije ikinyamakuru SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru ko uyu mupolisi yabanje guterana amagambo n’abari muri ako kabari ashaka kunywa inzoga ku ngufu atishyura, ni ko kwitakuma abamishamo amasasu batatu bahasiga ubuzima.

Umwe yagize ati “Umupolisi yahagurutse aho yari yicaye anywera, aragenda abatura icupa ry’undi mukiliya atangira kumunywera inzoga ku ngufu. Imirwano yahise itangira ubwo uyu mupolisi atangira kurwana n’abaseriveri, nik o kubarasamo yica umugore umwe, n’umusore umwe mu barimo bamufata bamubuza kunywa inzoga y’abandi.”

Yari ari aho mukabari ari we mupolisi umwe rukumbi, yambaye imyenda y’akazi afite n’imbunda nk’uko iki kinyamakuru gikomeza kibivuga.

Nyuma yo gukora ayo marorerwa, uyu mupolisi yahise atangira gucika ariko abandi bamuvugiriza induru, n’igihunga cyinshi arasa andi masasu yavuyemo ayayobye afata umuntu wa gatatu wari waje kwinywera agacupa muri ako kabari, ajyanwa ku bitaro biri hafi aho, ari naho yaje kugwa.

Ubuyobozi bw’Intara ya Ngozi bwemeje aya makuru, bushimangira ko nyuma yo guhitana aba baturage uyu mupolisi yahise aburirwa irengero, ariko ibikorwa byo kumushakisha bigikomeje.

Bamwe mu baturage mu mujyi wa Ngozi baganiriye na SOS Media Burundi, bavuze ko uyu mupolisi asanzwe afite imyitwarire idahwitse, kuko yajyaga anahutaza abo asanze mu nzira nta kosa bakoze.

Umukozi w’umuryango utari uwa Leta ufite icyicaro muri Ngozi, yagize ati “agomba gutabwa muri yombi akaryozwa ibyo yakoze kandi akabihanirwa by’intangarugero ku bw’imyitwarire ye idahwitse. Ikindi kandi, abapolisi bakuru bakwiye kugarurwa mu murongo bakigishwa kandi bagahabwa amahugurwa menshi ashoboka ku bunyamwuga, kuko imyitwarire yabo iragayitse rwose. Kandi si uyu Déo wenyine ni benshi bameze nka we.”

Uyu mupolisi witwa Déo Ndayisenga, asanzwe ari umwofisiye ushinzwe guhuza ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, ndetse n’ibidukikije ku rwego rw’Intara ya Ngozi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + two =

Previous Post

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

Next Post

Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

IZIHERUKA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera
AMAHANGA

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.