Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro
Share on FacebookShare on Twitter

Abimuwe muri Kangondo na Kibiraro bagatuzwa mu Busanza bongeye gusaba ababishinzwe gukurikirana impamvu isoko bemerewe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihuhu rikomeje kudindira kuzura.

Ubwo Radio TV10 yageraga aho iri soko ryari ryatangiye kubakwa mu kagari ka Karama mu murenge wa Kanombe yasanze iri soko ritaruzura.

Ni inyubako bigaragara ko hari imirimo itari micye imaze gukorwa icyakora ubwo twahageraga twasanze hari umukozi umwe gusa wacukuranga igisa n’umugende uyobora amazi.

Bamwe mu batuye muri uyu mudugudu baganiriye na RadioTV10 bavuze ko batazi impamvu iri soko rituzura mu gihe ngo mu kwezi kwa Gatanu ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwari bwiyemeje ko kwari kurangira barishyikirijwe.

Umuturage umwe yagize ati”Mu kwezi kwa Gatanu ubwo Minisitiri yadusuraga umuyobozi w’umujyi wa Kigali yavuze ko mu minsi cumi n’itanu twari kuba dufite isoko none amezi ashize ni menshi, turasaba ababishinzwe ko badufasha ntirikomeze kudindira”

Undi yagize ati”Kubera ko tudafite isoko ibi ducururiza mu rugo nta kamaro bifite kandi bari baritangiye nyuma barahagarara turasaba ko barikomeza rikuzura.”

RadioTV10 yavuganye na Uwera Ana umunyamabanaganshingwabikorwa w’akagari ka Karama mu murenge wa Kanombe aho uyu mudugudu wubatse ukurikirana umunsi ku wundi imibereho y’aba baturage, adutangariza ko kuba iri soko ritaruzuye mu gihe ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwari bwihaye ngo byatewe n’uko muri ibi bihe hagiye habaho ihagarara ry’ibikorwa bitandukanye kubera icyorezo cya COVID-19.

Ati”Nibyo koko igihe igihe bari batanze cyararenze ariko byatewe n’uko hakunze kubaho guma mu rugo abakozi bagahagarara ariko twizeye ko aho imirimo igeze hatagize ikindi kibazo kiba mu kwa cyenda ryaba rirangiye”

Byitezwe ko mu gihe iri soko rizaba ryuzuye rizifashishwa by’umwihariko n’imiryango isaga igihumbi izaba ituye muri uyu mudugudu ukomeje kwagurwa.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Related Posts

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

IZIHERUKA

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke
IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.