Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro
Share on FacebookShare on Twitter

Abimuwe muri Kangondo na Kibiraro bagatuzwa mu Busanza bongeye gusaba ababishinzwe gukurikirana impamvu isoko bemerewe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihuhu rikomeje kudindira kuzura.

Ubwo Radio TV10 yageraga aho iri soko ryari ryatangiye kubakwa mu kagari ka Karama mu murenge wa Kanombe yasanze iri soko ritaruzura.

Ni inyubako bigaragara ko hari imirimo itari micye imaze gukorwa icyakora ubwo twahageraga twasanze hari umukozi umwe gusa wacukuranga igisa n’umugende uyobora amazi.

Bamwe mu batuye muri uyu mudugudu baganiriye na RadioTV10 bavuze ko batazi impamvu iri soko rituzura mu gihe ngo mu kwezi kwa Gatanu ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwari bwiyemeje ko kwari kurangira barishyikirijwe.

Umuturage umwe yagize ati”Mu kwezi kwa Gatanu ubwo Minisitiri yadusuraga umuyobozi w’umujyi wa Kigali yavuze ko mu minsi cumi n’itanu twari kuba dufite isoko none amezi ashize ni menshi, turasaba ababishinzwe ko badufasha ntirikomeze kudindira”

Undi yagize ati”Kubera ko tudafite isoko ibi ducururiza mu rugo nta kamaro bifite kandi bari baritangiye nyuma barahagarara turasaba ko barikomeza rikuzura.”

RadioTV10 yavuganye na Uwera Ana umunyamabanaganshingwabikorwa w’akagari ka Karama mu murenge wa Kanombe aho uyu mudugudu wubatse ukurikirana umunsi ku wundi imibereho y’aba baturage, adutangariza ko kuba iri soko ritaruzuye mu gihe ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwari bwihaye ngo byatewe n’uko muri ibi bihe hagiye habaho ihagarara ry’ibikorwa bitandukanye kubera icyorezo cya COVID-19.

Ati”Nibyo koko igihe igihe bari batanze cyararenze ariko byatewe n’uko hakunze kubaho guma mu rugo abakozi bagahagarara ariko twizeye ko aho imirimo igeze hatagize ikindi kibazo kiba mu kwa cyenda ryaba rirangiye”

Byitezwe ko mu gihe iri soko rizaba ryuzuye rizifashishwa by’umwihariko n’imiryango isaga igihumbi izaba ituye muri uyu mudugudu ukomeje kwagurwa.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.