Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry’iriya Video

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA
0
Bwa mbere Bamporiki yavuze ku byo kuvuga ‘Idebe’ n’uburyo yakiriye isakazwa ry’iriya Video
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi micye ishize ku mbuga nkoranyambaga hasakajwe amashusho ya Hon Bamporiki Edouard avuga ko yemeye kuba ‘Idebe’ ry’umukinnyikazi wa Film wari umugabiye Inka, yanavuzweho byinshi, gusa nyiri ubwite we yirinze kugira icyo abivugaho ubu akaba avuga ko atishimiye kuba iyi video yaragiye hanze.

Mu byumweru bibiri bishize ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho agararagamo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ushinzwe Umuco, Hon Bamporiki Edouard atangaza ko yemeye kwakira Inka yari agabiwe n’umukinnyikazi wa Film witwa Isimbi Alliance.

Muri aya mashusho, Bamporiki avugamo “Ubundi iyo ari umugabo ukugabiye witwa umugaragu, ariko iyo ari umugore ukugabiye inka ukayemera witwa idebe, ubu ndi idebe ryawe.”

Ni amashusho yavugishije benshi bamwe bagaya uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda watangaje ko ari Idebe mu gihe iyi nyito mu gihe cy’ubu ifite igisobanuro kitari cyiza.

Gusa bamwe mu bazi iby’umuco n’amateka by’u Rwanda bavuga ko kimwe mu bisobanuro by’Idebe, gihuye n’icyatanzwe na Bamporiki Edouard muri ariya mashusho.

Bamporiki utarigeze agira byinshi avuga ku byamutangajweho, mu kiganiro yagiranye n’imwe muri YouTube Channel, yongeye gusubiramo igisobanuro cy’Idebe yavugiye muri ariya mashusho.

Ati “Uriya mwana ninakira Inka ye igataha mu zanjye kandi ikaza tutarabona ijambo rikwiye, ijambo rijyanye no kuba umwana w’umukobwa yahaye Inka umuntu mukuru Inka uko byakwitwa, abakuru bagakomeza kumpanura ko twabyita uko kubera ko Inka ntirataha.”

Gusa Bamporiki yavuze ko ubwo inka y’uriya mukobwa izaba itashye, ashobora kuzaba Umugaragu aho kuba Idebe.

Ati “Abantu baremeje bati ‘uri umugaragu’ ariko icyo nemera cyo uriya mwana abaye ari nk’umutwara nka Meya cyangwa umugore w’Umukuru w’Igihugu, sinakwirirwa njya gushakisha. Najya nirahira ko ndi Idebe rye ariko ntabwo nakwirahira ko ndi Idebe ry’umwana kuko turi mu bucurabwenge, turimo turashaka ijambo ribereye.”

Avuga ko atishimiye kujya hanze kw’ariya mashusho dore ko n’igikorwa nyirizina ubwacyo cyo kugabirwa kitaruzura ngo Inka yahawe ibe yaratashye.

Ati “Ni na ho navugiye ko habaye ikosa. Ikosa rinakomeye cyane ni uburyo byagiye hanze kandi byari ibintu ubona bikiri mu ruganda.”

Amateka n’umuco bitwereka ko ubundi nta musore cyangwa inkumi utunga Inka akiri mu rugo rw’ababyeyi be bityo ko nta n’uwo muri icyo cyiciro wabaga wemerewe kugaba ariko ko ashobora kubikora mu izina ry’umuryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Musanze: Uko inzoka zajyaga kuvumba mu bukwe rimwe zikaza gutuma umugeni n’umukwe bapfa

Next Post

Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza

Minisitiri Gatabazi yaruriye abanyeshuri ubundi barasangira ashimirwa gutanga urugero rwiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.