Sunday, September 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana
Share on FacebookShare on Twitter

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we Michelle Obama, bari kumwe mu kiganiro, bamaganiye kure ibihuha bimaze igihe bicicikana ko batandukanye, umwe avuga ko nta na rimwe yigeze atekereza gusiga undi.

Ni ikiganiro cyakozwe mu buryo bwa podcast cyarimo Michelle Obama ari kumwe na musaza wa Craig Robinson, ndetse na Barack Obama, cyagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025.

Ubwo Barack Obama waje asanga umugore we na Craig Robinson baganira, uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America yabanje kuramukanya n’umugore we basomana ku itama.

Uyu munyapolitiki wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America uzi no gutebya, yatangiye avuga ati “arongeye arangaruye [avuga ko umugore we atumye aza mu kiganiro IMO].”

Ibihuha bya gatanya yavuzwe hagati ya Barack na Michelle Obama, byazamutse aba bombi, bari bamaze igihe batagaragara mu ruhame bari kumwe, aho buri umwe yagaragaraga ukwe byumwihariko mu irahira rya Perezida Donald Trump ryabaye muri Mutarama uyu mwaka, aho Barack Obama yagaragaye wenyine atari kumwe n’umugore we.

Robinson musaza wa Michelle, ubwo yabahaga ikaze muri iki kiganiro, yagize ati “Ni iby’agaciro kubakira mwembe mu cyumba kimwe muri kumwe.” Michelle na we ahita agira ati “Nari mbizi, kuko iyo tutari kumwe, abantu bakeka ko twatandukanye.”

Robinson yabasubiriyemo inkuru y’umugore wigeze kumutangira ku kibuga cy’indege akamubaza iby’urushako rw’aba bombi (Barack na Michelle Obama). Aho uyu mugore yamubajije agira ati “Yakoze iki? [avuga Barack Obama].”

Barack Obama na we yagize ati “Ibyo ni ibintu nkumbuye. Ariko nanjye ubwanjye sinzi uko ibyo bintu biba bimeze, hanyuma umuntu nanjye akabinganirizaho, nkasa nkumubaza nti ‘ariko ibyo uvuga ni ibiki?’”

Michelle Obama na we yakomeje agira ati “Nta na rimwe mu rushako rwacu nigeze ntekereza gusiga umugabo wanjye. yego twagiye tunyura mu bihe bikomeye ariko nanone twagiye tugira ibihe byinshi bishimishije, tugenda twiga byinshi hamwe, kandi byatumye nkomera kurushaho kubera umugabo twashyingiranywe.”

Michelle Obama kandi yavuze ko icyatumye atitabira ibirori by’irahira rya Perezida Trump, ari ibyo bihuha byari bikomeje kubavugwaho.

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wa 44, we n’umugore we Michelle Obama, bashyingiranywe mu 1992, ubu bafitanye abana babiri bombi b’abakobwa; Malia na Sasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

Next Post

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Related Posts

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

by radiotv10
27/09/2025
0

In the cult film “Who Framed Roger Rabbit?”, a cartoon character is accused of murder and must prove his innocence...

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

by radiotv10
26/09/2025
0

Mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubere i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, ubwo Minisitiri...

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

by radiotv10
26/09/2025
0

Umunyapolitiki Vital Kamerhe, uherutse kwegura ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye uwamusimbuye...

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikibazo cy’intambara ya Israel n'umutwe wa Hamas muri Gaza cyiganje mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye, aho benshi bifuza...

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

by radiotv10
24/09/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International, wasabye ubutegetsi bwa Cameroon gufungura abantu 36 batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

27/09/2025
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

27/09/2025
France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

27/09/2025
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

27/09/2025
Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.