Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bwa mbere Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku mugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Bwa mbere Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku mugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya; yagize icyo avuga ku byatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi ko azatera u Rwanda namara gutorwa, avuga ko bakurikije uko ibintu bihagaze ubu, ibi bidashoboka.

Patrick Muyaya yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024 cyerekanaga ishusho y’urugamba FARDC imazemo iminsi n’umutwe wa M23.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’amasaha macye Inama Nkuru ya Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iteranye, iyobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Perezida Felix Tshisekedi uherutse kurahirira gukomeza kuyobora iki Gihugu muri manda ye ya kabiri, ubwo yiyamamarizaga iyi manda, yavuze ko naramuka atowe, azateranya imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, akayisaba uburenganzira bwo gutera u Rwanda.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru cyo kuri uyu wa Kabiri, cyarimo n’Umuvugizi wa FARDC, Général-Major Sylvain EKENGE, Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo Kinshasa, Patrick Muyaya; yabajijwe aho ibyo Tshisekedi yizeje byo gutera u Rwanda bigeze, avuga ko bakurikije Itegeko Nshinga ndetse n’ibindi bikorwa bishyize imbere, bidashoboka.

Yagize ati “Uko bigaragara, Perezida wa Repubulika yarabivuze byo. Ariko n’ubundi turi mu bikorwa, ariko turebye uko ibintu bimeze ubu, intambara ntishobora gutangizwa.”

Yakomeje agaragaza ko hari byinshi Igihugu gihugiyemo, ku buryo kitabona umwanya wo kwishora mu ntambara nk’uko byatangajwe na Perezida.

Ati “Muabizi ko turi kwisuganya dushyiraho inzego nshya. Nubwo Perezida yabyifuje, ariko muri ibi bihe, ndetse tugendeye no ku Itegeko Nshinga, ntabwo turi mu mwanya mwiza wo kubikora.”

Ubusanzwe Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 86, iha ububasha Perezida wa Repubulika gutangiza Intambara abiherewe uburenganzira n’Inama y’Abaminisitiri ndetse binanyuze mu Nama Nkuru ya gisirikare ndetse n’Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko.

Kugeza ubu, Inteko Ishinga Amategeko muri iki Gihugu, iri gushingwa, ndetse ikaba iyobowe na Biro y’agateganyo nyuma y’uko habaye amatora, y’abayigize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + nine =

Previous Post

APR igana ku gikombe cya shampiyona yatandukanye na myugariro wayo w’umuhanga

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza

Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.