Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bwa mbere Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku mugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Bwa mbere Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku mugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya; yagize icyo avuga ku byatangajwe na Perezida Felix Tshisekedi ko azatera u Rwanda namara gutorwa, avuga ko bakurikije uko ibintu bihagaze ubu, ibi bidashoboka.

Patrick Muyaya yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024 cyerekanaga ishusho y’urugamba FARDC imazemo iminsi n’umutwe wa M23.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’amasaha macye Inama Nkuru ya Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iteranye, iyobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Perezida Felix Tshisekedi uherutse kurahirira gukomeza kuyobora iki Gihugu muri manda ye ya kabiri, ubwo yiyamamarizaga iyi manda, yavuze ko naramuka atowe, azateranya imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, akayisaba uburenganzira bwo gutera u Rwanda.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru cyo kuri uyu wa Kabiri, cyarimo n’Umuvugizi wa FARDC, Général-Major Sylvain EKENGE, Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo Kinshasa, Patrick Muyaya; yabajijwe aho ibyo Tshisekedi yizeje byo gutera u Rwanda bigeze, avuga ko bakurikije Itegeko Nshinga ndetse n’ibindi bikorwa bishyize imbere, bidashoboka.

Yagize ati “Uko bigaragara, Perezida wa Repubulika yarabivuze byo. Ariko n’ubundi turi mu bikorwa, ariko turebye uko ibintu bimeze ubu, intambara ntishobora gutangizwa.”

Yakomeje agaragaza ko hari byinshi Igihugu gihugiyemo, ku buryo kitabona umwanya wo kwishora mu ntambara nk’uko byatangajwe na Perezida.

Ati “Muabizi ko turi kwisuganya dushyiraho inzego nshya. Nubwo Perezida yabyifuje, ariko muri ibi bihe, ndetse tugendeye no ku Itegeko Nshinga, ntabwo turi mu mwanya mwiza wo kubikora.”

Ubusanzwe Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 86, iha ububasha Perezida wa Repubulika gutangiza Intambara abiherewe uburenganzira n’Inama y’Abaminisitiri ndetse binanyuze mu Nama Nkuru ya gisirikare ndetse n’Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko.

Kugeza ubu, Inteko Ishinga Amategeko muri iki Gihugu, iri gushingwa, ndetse ikaba iyobowe na Biro y’agateganyo nyuma y’uko habaye amatora, y’abayigize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 9 =

Previous Post

APR igana ku gikombe cya shampiyona yatandukanye na myugariro wayo w’umuhanga

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza

Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.