Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in Uncategorized
0
Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bihe by’iminsi mikuru byari bimenyerewe ko muri Gare ya Nyabugogo hagaragara abagenzi benshi mu bihe baba barecyeza mu Ntara kuyizihirizayo, ubu si ko bimeze kuko nta bagenzi benshi bari kugaragara.

Harabura umunsi umwe ngo habe umunsi mukuru wa Noheli wizihizwa n’abaturarwanda benshi baba bashaka kuyisangira n’abo mu miryango yabo.

Byari bisanzwe ko muri iyi minsi mikuru, abantu benshi basanzwe baba mu Mujyi wa Kigali bamanuka bakajya mu bice bakomokamo kuyizihizanya n’ababyeyi, inshuti n’abavandimwe.

Ibi byatumaga muri Gare ya Nyabugogo hagaragara abantu benshi gusa ubu ntibari kugaragara nk’uko byahoze.

RADIOTV10 yagiye muri Gare ya Nyabugogo, isanga nta muvundo w’abantu wakundaga kuhaboneka mu bihe by’iminsi mikuru.

Umwe mu bagenzi bari bamaze gukatisha tike, yagize ati “Ubundi habaga harimo akavuyo kenshi ukabura imodoka ariko ubu ntakibazo dutegereje iyo twakatishije.”

Abasanzwe bakora muri komanyi zitwara abagenzi, babwiye RADIOTV10 ko abagenzi babuze.

Umwe ati “Mu bihe byashize wasangaga abantu babuze imodoka ariko ubu ntabwo byabaye keretse nibiba ejo.”

Akomeza agaruka ku mpamvu, ati “Abantu bashobora kuba bari gutinya ko bagenda hakabaho guma mu rugo ikindi ni uko umuntu turi guha itike wese biri gusaba ko atwereka ko yikingije. Abatinye ni abatarikingije.”

Mu bihe nk’ibi mu myaka yatambutse hari benshi baburaga imodoka bikanatuma bamwe barara muri Gare gusa abari kujya gukatisha bose bari kubona imodoka ibatwara kandi mu masaha ya hafi.

INKURU MU MASHUSHO

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Shampiyona y’u Rwanda ishobora gusubikwa

Next Post

AMAFOTO: Imyitozo y’akataraboneka y’abasirikare 300 ba RDF bo mu mutwe udasanzwe

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye
MU RWANDA

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Imyitozo y’akataraboneka y’abasirikare 300 ba RDF bo mu mutwe udasanzwe

AMAFOTO: Imyitozo y’akataraboneka y’abasirikare 300 ba RDF bo mu mutwe udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.