• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in Uncategorized
0
Byahindutse: Nyabugogo yajyaga yuzura abagenzi mu minsi mikuru ubu ni ibisanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bihe by’iminsi mikuru byari bimenyerewe ko muri Gare ya Nyabugogo hagaragara abagenzi benshi mu bihe baba barecyeza mu Ntara kuyizihirizayo, ubu si ko bimeze kuko nta bagenzi benshi bari kugaragara.

Harabura umunsi umwe ngo habe umunsi mukuru wa Noheli wizihizwa n’abaturarwanda benshi baba bashaka kuyisangira n’abo mu miryango yabo.

Byari bisanzwe ko muri iyi minsi mikuru, abantu benshi basanzwe baba mu Mujyi wa Kigali bamanuka bakajya mu bice bakomokamo kuyizihizanya n’ababyeyi, inshuti n’abavandimwe.

Ibi byatumaga muri Gare ya Nyabugogo hagaragara abantu benshi gusa ubu ntibari kugaragara nk’uko byahoze.

RADIOTV10 yagiye muri Gare ya Nyabugogo, isanga nta muvundo w’abantu wakundaga kuhaboneka mu bihe by’iminsi mikuru.

Umwe mu bagenzi bari bamaze gukatisha tike, yagize ati “Ubundi habaga harimo akavuyo kenshi ukabura imodoka ariko ubu ntakibazo dutegereje iyo twakatishije.”

Abasanzwe bakora muri komanyi zitwara abagenzi, babwiye RADIOTV10 ko abagenzi babuze.

Umwe ati “Mu bihe byashize wasangaga abantu babuze imodoka ariko ubu ntabwo byabaye keretse nibiba ejo.”

Akomeza agaruka ku mpamvu, ati “Abantu bashobora kuba bari gutinya ko bagenda hakabaho guma mu rugo ikindi ni uko umuntu turi guha itike wese biri gusaba ko atwereka ko yikingije. Abatinye ni abatarikingije.”

Mu bihe nk’ibi mu myaka yatambutse hari benshi baburaga imodoka bikanatuma bamwe barara muri Gare gusa abari kujya gukatisha bose bari kubona imodoka ibatwara kandi mu masaha ya hafi.

INKURU MU MASHUSHO

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 17 =

Previous Post

Shampiyona y’u Rwanda ishobora gusubikwa

Next Post

AMAFOTO: Imyitozo y’akataraboneka y’abasirikare 300 ba RDF bo mu mutwe udasanzwe

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
AMAFOTO: Imyitozo y’akataraboneka y’abasirikare 300 ba RDF bo mu mutwe udasanzwe

AMAFOTO: Imyitozo y’akataraboneka y’abasirikare 300 ba RDF bo mu mutwe udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.