Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

radiotv10by radiotv10
11/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Dr Frank Habineza wahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2017 agatsindwa agize amajwi 0,48%, yagize icyo avuga ku biherutse gutangazwa na Perezida Paul Kagame ko yazaniyamamaza mu yindi myaka 20 iri imbere, avuga ko byasaba ko Itegeko Nshinga ryongera guhindurwa.

Mu cyumweru twaraye Dusoje Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na France 24, yabajijwe niba aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, asubiza agira ati “Nzareba ko nakwiyamamaza mu yindi myaka 20, nta kibazo na kimwe mbifiteho.”

Perezida Paul Kagame yatsinze amatora ya 2017 ku majwi 98,78%, yari yiyamaje muri iyi manda nyuma yuko byari byasabwe n’Abanyarwanda bagahindura itegeko Nshinga kuko iryari ririho ryamuzitiraga dore ko yari asoje manda ze ebyiri zirimo iyo yatsizemo amatora muri 2003 n’iya 2010.

Muri iki kiganiro yagiranye na France 24, Perezida Paul Kagame ubu wemerewe kwiyamaza izindi manda ebyiri z’imyaka itanu, yavuze ko amatora aba ari amahitamo y’Abaturage.

Yavuze ko mu gihe Abanyarwanda bakwifuza ko bashaka gukomeza kuyoborwa n’ubayoboye cyangwa bakaba bakwifuza undi, byose azabyemera kuko ari bo bafite ubwo bubasha.

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (DPGR/Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza waniyamamaje mu matora ya 2017 agatsindwa afite amajwi 0,48%, yavuze ko ibyatangajwe n’Umukuru w’u Rwanda ko yazaniyamamaza mu yindi myaka 20, atabyemererwa  n’itegeko Nshinga u Rwanda rugenderaho ubu.

Dr Frank Habineza usanzwe ari n’Intumwa ya Rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yavuze ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rugendera magingo aya, ritemerera Perezida Kagame kuba yakongera kuyobora u Rwanda mu yindi myaka 20.

Ati “Ati niba yumva ko yakongera kwiyamamaza mu myaka 20 icyo bivuze bisaba guhindura Itegeko Nshinga ariko Itegeko Nshinga ntabwo rimwemerera kwiyamamaza imyaka 10.”

Avuga ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryemerera Perezida Paul Kagame kuziyamaza mu zindi manda ebyiri z’imyaka itanu [buri imwe] mu gihe azaba arangije iyi y’imyaka irindwi.

Ati “Niba we yumva ko ashaka kwiyamamaza kuyobora indi myaka 20 ubwo bizasaba ko itegeko Nshinga rihinduka.”

Muri kiriya kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na France 24, yanagarutse ku banenga u Rwanda kutubahiriza ihame rya Demokarasi mu matora, avuga ko muri abo bose babivuga nta n’umwe ujya agaragaza ko atanyuze mu mucyo cyangwa mu bwisanzure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye ikindi cyemezo cyafatiwe Umushinwa wakatiwe imyaka 20 kubera iyicarubozo yakoreye Abanyarwanda

Next Post

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.