Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

radiotv10by radiotv10
11/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Dr Frank Habineza wahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2017 agatsindwa agize amajwi 0,48%, yagize icyo avuga ku biherutse gutangazwa na Perezida Paul Kagame ko yazaniyamamaza mu yindi myaka 20 iri imbere, avuga ko byasaba ko Itegeko Nshinga ryongera guhindurwa.

Mu cyumweru twaraye Dusoje Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na France 24, yabajijwe niba aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, asubiza agira ati “Nzareba ko nakwiyamamaza mu yindi myaka 20, nta kibazo na kimwe mbifiteho.”

Perezida Paul Kagame yatsinze amatora ya 2017 ku majwi 98,78%, yari yiyamaje muri iyi manda nyuma yuko byari byasabwe n’Abanyarwanda bagahindura itegeko Nshinga kuko iryari ririho ryamuzitiraga dore ko yari asoje manda ze ebyiri zirimo iyo yatsizemo amatora muri 2003 n’iya 2010.

Muri iki kiganiro yagiranye na France 24, Perezida Paul Kagame ubu wemerewe kwiyamaza izindi manda ebyiri z’imyaka itanu, yavuze ko amatora aba ari amahitamo y’Abaturage.

Yavuze ko mu gihe Abanyarwanda bakwifuza ko bashaka gukomeza kuyoborwa n’ubayoboye cyangwa bakaba bakwifuza undi, byose azabyemera kuko ari bo bafite ubwo bubasha.

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (DPGR/Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza waniyamamaje mu matora ya 2017 agatsindwa afite amajwi 0,48%, yavuze ko ibyatangajwe n’Umukuru w’u Rwanda ko yazaniyamamaza mu yindi myaka 20, atabyemererwa  n’itegeko Nshinga u Rwanda rugenderaho ubu.

Dr Frank Habineza usanzwe ari n’Intumwa ya Rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yavuze ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rugendera magingo aya, ritemerera Perezida Kagame kuba yakongera kuyobora u Rwanda mu yindi myaka 20.

Ati “Ati niba yumva ko yakongera kwiyamamaza mu myaka 20 icyo bivuze bisaba guhindura Itegeko Nshinga ariko Itegeko Nshinga ntabwo rimwemerera kwiyamamaza imyaka 10.”

Avuga ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryemerera Perezida Paul Kagame kuziyamaza mu zindi manda ebyiri z’imyaka itanu [buri imwe] mu gihe azaba arangije iyi y’imyaka irindwi.

Ati “Niba we yumva ko ashaka kwiyamamaza kuyobora indi myaka 20 ubwo bizasaba ko itegeko Nshinga rihinduka.”

Muri kiriya kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na France 24, yanagarutse ku banenga u Rwanda kutubahiriza ihame rya Demokarasi mu matora, avuga ko muri abo bose babivuga nta n’umwe ujya agaragaza ko atanyuze mu mucyo cyangwa mu bwisanzure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Hamenyekanye ikindi cyemezo cyafatiwe Umushinwa wakatiwe imyaka 20 kubera iyicarubozo yakoreye Abanyarwanda

Next Post

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.