Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

radiotv10by radiotv10
11/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Dr Frank Habineza wahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2017 agatsindwa agize amajwi 0,48%, yagize icyo avuga ku biherutse gutangazwa na Perezida Paul Kagame ko yazaniyamamaza mu yindi myaka 20 iri imbere, avuga ko byasaba ko Itegeko Nshinga ryongera guhindurwa.

Mu cyumweru twaraye Dusoje Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na France 24, yabajijwe niba aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, asubiza agira ati “Nzareba ko nakwiyamamaza mu yindi myaka 20, nta kibazo na kimwe mbifiteho.”

Perezida Paul Kagame yatsinze amatora ya 2017 ku majwi 98,78%, yari yiyamaje muri iyi manda nyuma yuko byari byasabwe n’Abanyarwanda bagahindura itegeko Nshinga kuko iryari ririho ryamuzitiraga dore ko yari asoje manda ze ebyiri zirimo iyo yatsizemo amatora muri 2003 n’iya 2010.

Muri iki kiganiro yagiranye na France 24, Perezida Paul Kagame ubu wemerewe kwiyamaza izindi manda ebyiri z’imyaka itanu, yavuze ko amatora aba ari amahitamo y’Abaturage.

Yavuze ko mu gihe Abanyarwanda bakwifuza ko bashaka gukomeza kuyoborwa n’ubayoboye cyangwa bakaba bakwifuza undi, byose azabyemera kuko ari bo bafite ubwo bubasha.

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (DPGR/Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza waniyamamaje mu matora ya 2017 agatsindwa afite amajwi 0,48%, yavuze ko ibyatangajwe n’Umukuru w’u Rwanda ko yazaniyamamaza mu yindi myaka 20, atabyemererwa  n’itegeko Nshinga u Rwanda rugenderaho ubu.

Dr Frank Habineza usanzwe ari n’Intumwa ya Rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yavuze ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rugendera magingo aya, ritemerera Perezida Kagame kuba yakongera kuyobora u Rwanda mu yindi myaka 20.

Ati “Ati niba yumva ko yakongera kwiyamamaza mu myaka 20 icyo bivuze bisaba guhindura Itegeko Nshinga ariko Itegeko Nshinga ntabwo rimwemerera kwiyamamaza imyaka 10.”

Avuga ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryemerera Perezida Paul Kagame kuziyamaza mu zindi manda ebyiri z’imyaka itanu [buri imwe] mu gihe azaba arangije iyi y’imyaka irindwi.

Ati “Niba we yumva ko ashaka kwiyamamaza kuyobora indi myaka 20 ubwo bizasaba ko itegeko Nshinga rihinduka.”

Muri kiriya kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na France 24, yanagarutse ku banenga u Rwanda kutubahiriza ihame rya Demokarasi mu matora, avuga ko muri abo bose babivuga nta n’umwe ujya agaragaza ko atanyuze mu mucyo cyangwa mu bwisanzure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + twelve =

Previous Post

Hamenyekanye ikindi cyemezo cyafatiwe Umushinwa wakatiwe imyaka 20 kubera iyicarubozo yakoreye Abanyarwanda

Next Post

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Umuyobozi wa Polisi ya Somalia ati “Dukeneye ubufasha bwa Polisi y’u Rwanda”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.