Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura igihe kitagera ku kwezi ngo ibihembo bya Nyafurika muri muzika bya Trace Awards bitangirwe mu Rwanda ari na ho ha mbere bizaba bitangiriye. Tumenye bimwe mu by’ingenzi kuri ibi ibihembo, nko kuba bizamanura abahanzi b’ibirangirire 50.

 

1.Hazaririmba abahanzi barenga 50

Ubwo Trace yatangazaga urutonde rw’abahanzi bakwiye kwitegurwa mu birori by’itangwa ry’ibi bihembo, hamenyekanye amwe mu mazina y’aba bahanzi.

Icyakora ubwo umuyobozi wa Trace, Olivier Laouchez yaganira n’itangazamakuru, yahishuye ko bitegura kwakira abahanzi barenga 50 ku ku rubyiniro mu Rwanda.

 

2.Abarenga 300 bazaza mu Rwanda

Mu kinganiro n’itangazamakuru, Olivier Laouchez yavuze ko usibye no kuba abanzi bazaba ari benshi, u Rwanda rukwiye no kwitegura kwakira abashyitsi barenga 300 bazaba bazanywe n’ibi bihembo.

Yagize ati “Abarenga 300 ni bo batwitegura kwakira mu gihe hazaba hatangwa ibi bihembo.”

 

3.Icyiciro cyihariye ku bahanzi Nyarwanda

Mu rwego rwo guha agaciro u Rwanda nk’Igihugu cyakiriye ibi bihembo, rwahawe icyiciro cyihariye muri ibi bihembo, aho umuhanzi uzahiga bagenzi be bane, azahembwa kimwe n’abandi bazaba batsinze mu bindi byiciro.

Iki cyciro cyihariye cy’abahanzi Nyarwanda, kirimo Bwiza, Ariel Wayz, Chriss Eazy, Kenny Sol ndetse na Bruce Melodie.

 

4.Indirimbo yakozwe n’Umunyarwanda ishobora gutungurana

Ubwo hatangazwaga urutonde rw’abahatanye mu bihembo bya Trace Awards, hagaragayemo icyiciro cy’indirimbo nziza y’umwaka, kirimo iyitwa ‘Buka BaIi Nada’ y’umuhanzikazi usanzwe aba muri Portugal uzwi nka Soraia Ramos.

Iyi ndirimbo yakozwe n’umusore w’Umunyarwandaka Muhisha Rubinson uzwi nka Element Elee ukomeje kwigaragaza mu ruhando rwo gutunganya indirimbo, dore ko indirimbo yose arambitseho intoki, isamirwa hejuru.

 

5.Hateganyijwe iserukiramuco ry’iminsi itatu

Nk’uko Trace ibitangaza, kuva tariki 20 kugeza ku ya 22 Ukwakira 2023, hazatangizwa iserukiramuco ryiswe ‘Trace Festival’ rizamurikirwamo byinshi birimo ibihangano by’umuziki, imideri, imitekere gakondo ndetse n’ibindi byinshi.

 

6.Hashowe arenga miliyoni 10

Ubwo yabazwaga n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, ku mubare w’amafaranga baba barashoye mu gutegura ibi bihembo, umuyobozi wa Trace, Olivier Laouchez yirinze kuvuga umubare nyawo icyakora avuga ko ubariye hamwe agaciro ka Trace Awards n’iri serukiramuco, karenga Miliyoni 10 z’Amadolari (arenga miliyari 10 Frw).

Yagize ati “Ntabwo nahita mvuga umubare nyirizina, ariko ubariyemo no kuzana abahanzi, n’azagenda ku itangazamakuru n’ibindi, yarenga gato miliyoni 10 z’Amadolari.”

 

7.Nta kiguzi cyahawe abahanzi bazitabira

Ku bijyanye no kwishyura abahanzi bazaza mu Rwanda, Olivier Laouchez avuga ko nta mafaranga bigeza baha abahanzi bazaza, icyakora bazabafashwa mu bizakenerwa byose. Ati “Nta mafaranga twabishyuye oya Ntayo.”

Ibihembo bya Trace, biteganyijwe gutangirwa mu Rwanda tariki 22 Ukwakira 2023, bikazabanzirizwa n’isurukiramuco rizabera Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Olivier Laouchez yavuze ko bizaba ari ibirori biryoshye

Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Related Posts

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

IZIHERUKA

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco
IBYAMAMARE

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.