Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura igihe kitagera ku kwezi ngo ibihembo bya Nyafurika muri muzika bya Trace Awards bitangirwe mu Rwanda ari na ho ha mbere bizaba bitangiriye. Tumenye bimwe mu by’ingenzi kuri ibi ibihembo, nko kuba bizamanura abahanzi b’ibirangirire 50.

 

1.Hazaririmba abahanzi barenga 50

Ubwo Trace yatangazaga urutonde rw’abahanzi bakwiye kwitegurwa mu birori by’itangwa ry’ibi bihembo, hamenyekanye amwe mu mazina y’aba bahanzi.

Icyakora ubwo umuyobozi wa Trace, Olivier Laouchez yaganira n’itangazamakuru, yahishuye ko bitegura kwakira abahanzi barenga 50 ku ku rubyiniro mu Rwanda.

 

2.Abarenga 300 bazaza mu Rwanda

Mu kinganiro n’itangazamakuru, Olivier Laouchez yavuze ko usibye no kuba abanzi bazaba ari benshi, u Rwanda rukwiye no kwitegura kwakira abashyitsi barenga 300 bazaba bazanywe n’ibi bihembo.

Yagize ati “Abarenga 300 ni bo batwitegura kwakira mu gihe hazaba hatangwa ibi bihembo.”

 

3.Icyiciro cyihariye ku bahanzi Nyarwanda

Mu rwego rwo guha agaciro u Rwanda nk’Igihugu cyakiriye ibi bihembo, rwahawe icyiciro cyihariye muri ibi bihembo, aho umuhanzi uzahiga bagenzi be bane, azahembwa kimwe n’abandi bazaba batsinze mu bindi byiciro.

Iki cyciro cyihariye cy’abahanzi Nyarwanda, kirimo Bwiza, Ariel Wayz, Chriss Eazy, Kenny Sol ndetse na Bruce Melodie.

 

4.Indirimbo yakozwe n’Umunyarwanda ishobora gutungurana

Ubwo hatangazwaga urutonde rw’abahatanye mu bihembo bya Trace Awards, hagaragayemo icyiciro cy’indirimbo nziza y’umwaka, kirimo iyitwa ‘Buka BaIi Nada’ y’umuhanzikazi usanzwe aba muri Portugal uzwi nka Soraia Ramos.

Iyi ndirimbo yakozwe n’umusore w’Umunyarwandaka Muhisha Rubinson uzwi nka Element Elee ukomeje kwigaragaza mu ruhando rwo gutunganya indirimbo, dore ko indirimbo yose arambitseho intoki, isamirwa hejuru.

 

5.Hateganyijwe iserukiramuco ry’iminsi itatu

Nk’uko Trace ibitangaza, kuva tariki 20 kugeza ku ya 22 Ukwakira 2023, hazatangizwa iserukiramuco ryiswe ‘Trace Festival’ rizamurikirwamo byinshi birimo ibihangano by’umuziki, imideri, imitekere gakondo ndetse n’ibindi byinshi.

 

6.Hashowe arenga miliyoni 10

Ubwo yabazwaga n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, ku mubare w’amafaranga baba barashoye mu gutegura ibi bihembo, umuyobozi wa Trace, Olivier Laouchez yirinze kuvuga umubare nyawo icyakora avuga ko ubariye hamwe agaciro ka Trace Awards n’iri serukiramuco, karenga Miliyoni 10 z’Amadolari (arenga miliyari 10 Frw).

Yagize ati “Ntabwo nahita mvuga umubare nyirizina, ariko ubariyemo no kuzana abahanzi, n’azagenda ku itangazamakuru n’ibindi, yarenga gato miliyoni 10 z’Amadolari.”

 

7.Nta kiguzi cyahawe abahanzi bazitabira

Ku bijyanye no kwishyura abahanzi bazaza mu Rwanda, Olivier Laouchez avuga ko nta mafaranga bigeza baha abahanzi bazaza, icyakora bazabafashwa mu bizakenerwa byose. Ati “Nta mafaranga twabishyuye oya Ntayo.”

Ibihembo bya Trace, biteganyijwe gutangirwa mu Rwanda tariki 22 Ukwakira 2023, bikazabanzirizwa n’isurukiramuco rizabera Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Olivier Laouchez yavuze ko bizaba ari ibirori biryoshye

Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe
MU RWANDA

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.