Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Byemejwe ko Joseph Kabila wayoboye Congo yageze mu bice bigenzurwa na M23

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Byemejwe ko Joseph Kabila wayoboye Congo yageze mu bice bigenzurwa na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, ryatangaje ko yamaze kugera mu bice byabohojwe n’iri huriro.

Byemejwe n’Umuvuzi wa M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma, mu butumwa yatangaje mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025.

Muri ubu butumwa, Willy Ngoma, yagize ati “ARC/AFC yishimiye gutangaza ko hakiriwe mu cyubahiro uwahoze ari Umukuru w’Igihugu akaba na Senateri uhoraho, indwanyi y’abaturage, Joseph Kabila Kabange wageze mu bice byabohojwe na M23 /AFC.”

Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, na we mu butumwa yatanze mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, yagize ati “Uwahoze ari Perezida wa RDC, Nyakubahwa Joseph Kabira yageze mu Mujyi wa Goma, tumwifurije ikaze risesuye mu bice byabohowe.”

Iri Huriro rihanganye n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, butangaje ibi nyuma y’iminsi ibiri gusa, Joseph Kabila agejeje ku Banyekongo ijambo yabateganyirije ryo gusubiza ubutegetsi bw’Igihugu cyabo buherutse kumwambura ubudahangarwa kugira ngo akurikiranwe n’inzego.

Ni nyuma yuko ku wa Kane w’icyumweru gishize, Sena ya DRC itoye ku bwiganze icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa uyu wabaye Umukuru w’Igihugu, nyuma yuko byasabwe n’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC, aho uyu munyapolitiki ashinjwa ibyaha binyuranye birimo ubugambanyi, bishingiye ku kuba bamushinja gukorana n’umutwe wa M23.

Ibi birego byahawe imbaraga n’amakuru yahimbwe n’ubutegetsi bwa Congo mu kwezi gushize kwa Mata ko Kabila yageze i Goma, ari na bwo Ubutegetsi bwa Congo, bwahitaga bufata icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’ishyaka rye, ndetse bugatangaza ko uyu munyapolitiki agomba gushakishwa.

Muri iri jambo Joseph Kabila yatanze ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, yahakanye aya makuru yo kuba yaragiye i Goma, gusa avuga ko ahubwo mu minsi ya vuba azaba ari yo.

Yagize ati “Nyuma y’ikinyoma kidasanzwe cyatangajwe ku mbuga nkoranyambaga ko nagiye i Goma nteganya kuzajya mu minsi iri imbere, ubutegetsi bwa Kinshasa bwafashe umwanzuro ushimangira ngo nta Demakarasi ikirangwa mu Gihugu cyacu.”

Joseph Kabila wavugaga ko hari ibibazo byinshi bikwiye gushakirwa umuti muri Congo, yavuze ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwageze aho bukemera kuganira n’umutwe wa M23, bityo ko budakwiye kuba bwabuza abandi Banyekongo gushyikirana na wo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Next Post

Umugabo akurikiranyweho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’ingengabitekerezo

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo akurikiranyweho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’ingengabitekerezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.