• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byemejwe ko rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa wari ufunze ubu yatashye

radiotv10by radiotv10
05/01/2024
in AMAHANGA
0
Byemejwe ko rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa wari ufunze ubu yatashye
Share on FacebookShare on Twitter

Oscar Pistorius wabaye rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku maguru mu bafite ubumuga, wahamijwe icyaha cyo kwica umukunzi we, yavuye muri gereza nyuma y’imyaka 9 yari amaze afunze.

Ni amakuru yemejwe n’urwego rw’amagereza muri Afurika y’Epfo mu itanagazo bashyize hanze kuri uyu wa Gatanu rivuga ko Pistorius afungiwe mu rugo kugeza mu mpera za 2029.

Uyu mu mwaka wa 2013 ku munsi wiswe uw’abakundana (Saint Valentin) nibwo Pistorius yishe arashe umukobwa bakundanaga Reeva Steenkamp aho byavuzwe ko yamwitiranije n’umujura.

Yahamijwe ubwicanyi ndetse akatirwa igifungo cy’imyaka 13 n’amezi 5.

Nyina wa nyakwigendera yavuze ko kuba yafungwa cyangwa akarekurwa ntacyo byahindura ku rupfu rw’umukobwa we.

Itegeko ryo muri Afurika y’Epfo riteganya ko uwakoze icyaha nk’icyo, ashobora kumara 1/2 muri gereza ikindi hanze.

Nubwo yarekuwe ariko ngo abujijwe gukora ibintu byinshi birimo kuvugana n’itangazamakuru, kunywa ibisindisha.

Yategetswe kandi kugana abaganga b’indwara z’imitekerereze dore ko ngo atabasha kugenzura uburakari bwe ndetse n’ibindi.

Iki cyemezo ariko kandi nticyakiriwe neza n’abavuga ko baharanira uburenganzira bw’abagore bavuga ko umwicanyi nk’uwo adakwiye kujya muri rubanda ndetse ko nta n’ikigaragaza ko yagororotse ku byaha yahamijwe.

Hari n’abavuga ko bikwiye ko agaruka ngo yongere asubire muri sosiyete

Oscar Pistorius w’imyaka 37 y’amavuko ni Umunya-Afurika y’Epfo azwi cyane mu mikino y’abafite ubumuga aho yagiye aserukira icyo gihugu ndetse yatwaye imidali myinshi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Gisagara: Abatishoboye bavuze ibibatungura bikorwa muri gahunda zagenewe kubafasha

Next Post

Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n'icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.