Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byemejwe ko rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa wari ufunze ubu yatashye

radiotv10by radiotv10
05/01/2024
in AMAHANGA
0
Byemejwe ko rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa wari ufunze ubu yatashye
Share on FacebookShare on Twitter

Oscar Pistorius wabaye rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku maguru mu bafite ubumuga, wahamijwe icyaha cyo kwica umukunzi we, yavuye muri gereza nyuma y’imyaka 9 yari amaze afunze.

Ni amakuru yemejwe n’urwego rw’amagereza muri Afurika y’Epfo mu itanagazo bashyize hanze kuri uyu wa Gatanu rivuga ko Pistorius afungiwe mu rugo kugeza mu mpera za 2029.

Uyu mu mwaka wa 2013 ku munsi wiswe uw’abakundana (Saint Valentin) nibwo Pistorius yishe arashe umukobwa bakundanaga Reeva Steenkamp aho byavuzwe ko yamwitiranije n’umujura.

Yahamijwe ubwicanyi ndetse akatirwa igifungo cy’imyaka 13 n’amezi 5.

Nyina wa nyakwigendera yavuze ko kuba yafungwa cyangwa akarekurwa ntacyo byahindura ku rupfu rw’umukobwa we.

Itegeko ryo muri Afurika y’Epfo riteganya ko uwakoze icyaha nk’icyo, ashobora kumara 1/2 muri gereza ikindi hanze.

Nubwo yarekuwe ariko ngo abujijwe gukora ibintu byinshi birimo kuvugana n’itangazamakuru, kunywa ibisindisha.

Yategetswe kandi kugana abaganga b’indwara z’imitekerereze dore ko ngo atabasha kugenzura uburakari bwe ndetse n’ibindi.

Iki cyemezo ariko kandi nticyakiriwe neza n’abavuga ko baharanira uburenganzira bw’abagore bavuga ko umwicanyi nk’uwo adakwiye kujya muri rubanda ndetse ko nta n’ikigaragaza ko yagororotse ku byaha yahamijwe.

Hari n’abavuga ko bikwiye ko agaruka ngo yongere asubire muri sosiyete

Oscar Pistorius w’imyaka 37 y’amavuko ni Umunya-Afurika y’Epfo azwi cyane mu mikino y’abafite ubumuga aho yagiye aserukira icyo gihugu ndetse yatwaye imidali myinshi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 2 =

Previous Post

Gisagara: Abatishoboye bavuze ibibatungura bikorwa muri gahunda zagenewe kubafasha

Next Post

Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n'icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.