Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in MU RWANDA
0
Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubukwe bw’umukobwa n’umugabo batari baziranye bihagije bwabereye mu Karere ka Kamonyi, bwakurikiwe no kuba umusore yari ahise ata urugo akajyana na bimwe mu bikoresho, bukomeje kuzamura impaka. Haravugwa uko aba bombi basezeranye bitunguranye n’intandaro yabyo.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa w’imyaka 28 y’amavuko yari yaramaze kwemeranya n’umugabo ko bazarushinga, ndetse bakaba baragombaga kujya kubihamiriza imbere y’amategeko mu Murenge tariki 27 Werurwe 2025, ubundi nyuma y’umunsi umwe, tariki 29 bakajya gusezerana mu Itorero.

Gusa habayemo kirogoya yatumye umugabo adakomeza umushinga yari yaremeranyijweho n’uyu mukobwa, ariko we ntiyashirwa, dore ko yari yaratumiye inshuti n’avandimwe barimo n’abari bafashe rutemikirere bakava imahanga bakaza mu Rwanda baje muri ibi birori.

Ibi byatumye umukobwa ashakira hasi kubura hejuru umusore bakorana ubukwe, ashyiraho n’abantu bo kumushakira, ndetse koko aza kubone, yewe ku itariki 29 yagombaga kuberaho ubukwe bwo mu Itorero, n’ubundi buraba ariko uyu mukobwa asezerana n’uwo mugabo mushya yari yashakiwe wari waturutse mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

Isezerano ryitwa iryo mu Itorero, ryayobowe n’Umupasiteri na we wari wakodeshejwe aho ryari ryabereye i Rugobagoba mu Karere ka Kamonyi, ubundi imihango ihumuje, inshuti n’abavandimwe bari bayitabiriye barataha nk’uko bisanzwe, umugeni n’umukwe, bajya kuryama, ariko bigeze ku gikorwa cyo mu buriri, zibyara amahari.

Bivugwa ko umuhungu yashakaga ko bahuza urugwiro bakoresheje agakingirizo, ariko umukobwa we ntabikozwe, akavuga ko yifuza ko imibiri yabo yumvana inyumvankumve hatajemo iby’agashashi, ariko umuhungu na we amubera ibamba.

Nyuma y’iminsi ibiri basezeranye, umugore wari ugize aho anyarukira, yagarutse mu rugo rushya asanga umugabo yandurukanye n’imyenda y’abasore bari bamwambariye, bituma umukobwa ahita ashyira nzira yerecyeza iwabo w’uyu mugabo mu Mudugudu wa Kamazuru mu Kagari ka Gahogo mu Murenge Nyamabuye muri Muhanda, gushakisha uyu mugabo.

Gusa urugendo rwe ntirwamuhiriye kuko ubwo yageragayo byazamuye akaduruvayo, inzego zibyinjiramo, birangira uyu mukobwa atawe muri yombi.

Jean Claude Nshimiyimana uyobora Umurenge wa Nyamabuye, avuga ko nyuma y’aka kavuyo kavutse, inzego zahise zifata icyemezo.

Ati “Twahise dufata nyirabukwe n’uyu mugeni tubashyikiriza RIB ya Nyamabuye, tunifuza ko idufasha ikatumenyera n’aho umuhungu aherereye, nyuma RIB ifata icyemezo cyo kugumana umugeni.”

Uyu Muyobozi ugira inama abantu kujya bubaha isezerano bagiranye n’abandi kandi bakirinda kwijandika mu bikorwa nk’ibi bisa n’ikinamico, akomeza agira ati “Umuhungu naboneka ni bwo tuzamenya neza ngo bapfuye iki.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − one =

Previous Post

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Next Post

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.