Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in MU RWANDA
0
Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubukwe bw’umukobwa n’umugabo batari baziranye bihagije bwabereye mu Karere ka Kamonyi, bwakurikiwe no kuba umusore yari ahise ata urugo akajyana na bimwe mu bikoresho, bukomeje kuzamura impaka. Haravugwa uko aba bombi basezeranye bitunguranye n’intandaro yabyo.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa w’imyaka 28 y’amavuko yari yaramaze kwemeranya n’umugabo ko bazarushinga, ndetse bakaba baragombaga kujya kubihamiriza imbere y’amategeko mu Murenge tariki 27 Werurwe 2025, ubundi nyuma y’umunsi umwe, tariki 29 bakajya gusezerana mu Itorero.

Gusa habayemo kirogoya yatumye umugabo adakomeza umushinga yari yaremeranyijweho n’uyu mukobwa, ariko we ntiyashirwa, dore ko yari yaratumiye inshuti n’avandimwe barimo n’abari bafashe rutemikirere bakava imahanga bakaza mu Rwanda baje muri ibi birori.

Ibi byatumye umukobwa ashakira hasi kubura hejuru umusore bakorana ubukwe, ashyiraho n’abantu bo kumushakira, ndetse koko aza kubone, yewe ku itariki 29 yagombaga kuberaho ubukwe bwo mu Itorero, n’ubundi buraba ariko uyu mukobwa asezerana n’uwo mugabo mushya yari yashakiwe wari waturutse mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

Isezerano ryitwa iryo mu Itorero, ryayobowe n’Umupasiteri na we wari wakodeshejwe aho ryari ryabereye i Rugobagoba mu Karere ka Kamonyi, ubundi imihango ihumuje, inshuti n’abavandimwe bari bayitabiriye barataha nk’uko bisanzwe, umugeni n’umukwe, bajya kuryama, ariko bigeze ku gikorwa cyo mu buriri, zibyara amahari.

Bivugwa ko umuhungu yashakaga ko bahuza urugwiro bakoresheje agakingirizo, ariko umukobwa we ntabikozwe, akavuga ko yifuza ko imibiri yabo yumvana inyumvankumve hatajemo iby’agashashi, ariko umuhungu na we amubera ibamba.

Nyuma y’iminsi ibiri basezeranye, umugore wari ugize aho anyarukira, yagarutse mu rugo rushya asanga umugabo yandurukanye n’imyenda y’abasore bari bamwambariye, bituma umukobwa ahita ashyira nzira yerecyeza iwabo w’uyu mugabo mu Mudugudu wa Kamazuru mu Kagari ka Gahogo mu Murenge Nyamabuye muri Muhanda, gushakisha uyu mugabo.

Gusa urugendo rwe ntirwamuhiriye kuko ubwo yageragayo byazamuye akaduruvayo, inzego zibyinjiramo, birangira uyu mukobwa atawe muri yombi.

Jean Claude Nshimiyimana uyobora Umurenge wa Nyamabuye, avuga ko nyuma y’aka kavuyo kavutse, inzego zahise zifata icyemezo.

Ati “Twahise dufata nyirabukwe n’uyu mugeni tubashyikiriza RIB ya Nyamabuye, tunifuza ko idufasha ikatumenyera n’aho umuhungu aherereye, nyuma RIB ifata icyemezo cyo kugumana umugeni.”

Uyu Muyobozi ugira inama abantu kujya bubaha isezerano bagiranye n’abandi kandi bakirinda kwijandika mu bikorwa nk’ibi bisa n’ikinamico, akomeza agira ati “Umuhungu naboneka ni bwo tuzamenya neza ngo bapfuye iki.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Next Post

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali
MU RWANDA

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

03/11/2025
Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.