Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo rwabo rwashibutse mu bikorwa bahuriragamo by’ivugabutumwa, rugenda rwigaragariza mu mwuka w’Imana.

Chryso Ndasingwa yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, umunyamakuru yatangiye amabubarizamo niba umuzika Nyarwanda byumwihariko uw’Indirimbo z’Imana igihe kunguka ‘couple’ inaririmbana nk’uko hari andi asanzwe abikora.

Chryso Ndasingwa wavuze ko we na Sharon basanzwe bafitanye indirimbo ebyiri, iyitwa ‘Wera’ na ‘Yanyishyuriye’, yagize ati “ni indirimbo yaturutse mu buzima bwacu bw’umwuka, ariko nanone Imana yari yamaze gutegura byinshi birenze uko twari tubizi icyo gihe. Kandi koko, si ukwibeshya rwose urukundo rwacu rwaragiye rwigaragariza mu mwuka no mu ndirimbo mbere yuko rugaragarira bose. Twumva ari umugisha kuba turi couple iririmbana, dukorera Imana hamwe.”

Chryso Ndasingwa kandi yagarutse ku rugendo rw’urukundo rwabo, aho yavuze ko rwagiye rukurira mu bikorwa by’ivugabutumwa bakunze kujya bahuriramo.

Ati “Twabaye inshuti igihe kinini dusanze dusangiye indangagaciro, umurongo w’ubuzima, n’icyerekezo mu murimo w’Imana. Umwanzuro wo gukundana twawufashe mu gihe twari dusigaye dusenga cyane ku bijyanye n’abazafatanya natwe urugendo rw’ubuzima. Uko twasengeraga icyerekezo, ni ko Imana yagiye isobanura ibintu kugeza ubwo twari twizeye neza ko turi igisubizo cy’amasengesho yacu bombi.”

Imihango ya mbere yamaze kuba, aho umuryango w’umusore wamaze gufata irembo, ndetse akaba yaramaze no kumwambika impeta amusaba kuzamubera umugore, ndetse n’itariki y’ubukwe ikaba yaragiye hanze ari yo 22 Ugushyingo 2025.

Abajijwe niba hari icyo bateganyiriza abakunzi babo mbere y’ubukwe cyangwa nyuma yabwo, Chryso Ndasingwa yagize ati “Hari indirimbo nshya turi gutegura mbere y’ubukwe, harimo izo tuzasohora mu buryo bw’amashusho ndetse na zimwe zizaba kuri EP y’urukundo no gushima Imana.”

Agakomeza agira “Ariko icyo twizeza abakunzi bacu ni uko bazabona byinshi bitanga ihumure, ibyishimo, n’ishimwe, ndetse n’indirimbo zizatuma ubukwe bwacu bwumvikana no mu ijwi ryo kuramya Imana.”

Agenera ubutumwa umukunzi we, Chryso yagize ati “Sharon, uri umugisha Imana yampaye. Uri umunyempano, umunyabwenge, umunyamasengesho kandi uri inshuti yanjye ntasimburwa. Imana yarankunze cyane iguha mu buzima bwanjye. Ndakwizeza ko nzakomeza kuba uwo twasengeye, uwo twiyemeje, n’inshuti itazigera igucika. Uri indirimbo y’umutima wanjye.”

Chryso Ndasingwa na Sharon urukundo rwabo rugeze aharyoshye

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fifteen =

Previous Post

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Next Post

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.