Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo rwabo rwashibutse mu bikorwa bahuriragamo by’ivugabutumwa, rugenda rwigaragariza mu mwuka w’Imana.

Chryso Ndasingwa yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, umunyamakuru yatangiye amabubarizamo niba umuzika Nyarwanda byumwihariko uw’Indirimbo z’Imana igihe kunguka ‘couple’ inaririmbana nk’uko hari andi asanzwe abikora.

Chryso Ndasingwa wavuze ko we na Sharon basanzwe bafitanye indirimbo ebyiri, iyitwa ‘Wera’ na ‘Yanyishyuriye’, yagize ati “ni indirimbo yaturutse mu buzima bwacu bw’umwuka, ariko nanone Imana yari yamaze gutegura byinshi birenze uko twari tubizi icyo gihe. Kandi koko, si ukwibeshya rwose urukundo rwacu rwaragiye rwigaragariza mu mwuka no mu ndirimbo mbere yuko rugaragarira bose. Twumva ari umugisha kuba turi couple iririmbana, dukorera Imana hamwe.”

Chryso Ndasingwa kandi yagarutse ku rugendo rw’urukundo rwabo, aho yavuze ko rwagiye rukurira mu bikorwa by’ivugabutumwa bakunze kujya bahuriramo.

Ati “Twabaye inshuti igihe kinini dusanze dusangiye indangagaciro, umurongo w’ubuzima, n’icyerekezo mu murimo w’Imana. Umwanzuro wo gukundana twawufashe mu gihe twari dusigaye dusenga cyane ku bijyanye n’abazafatanya natwe urugendo rw’ubuzima. Uko twasengeraga icyerekezo, ni ko Imana yagiye isobanura ibintu kugeza ubwo twari twizeye neza ko turi igisubizo cy’amasengesho yacu bombi.”

Imihango ya mbere yamaze kuba, aho umuryango w’umusore wamaze gufata irembo, ndetse akaba yaramaze no kumwambika impeta amusaba kuzamubera umugore, ndetse n’itariki y’ubukwe ikaba yaragiye hanze ari yo 22 Ugushyingo 2025.

Abajijwe niba hari icyo bateganyiriza abakunzi babo mbere y’ubukwe cyangwa nyuma yabwo, Chryso Ndasingwa yagize ati “Hari indirimbo nshya turi gutegura mbere y’ubukwe, harimo izo tuzasohora mu buryo bw’amashusho ndetse na zimwe zizaba kuri EP y’urukundo no gushima Imana.”

Agakomeza agira “Ariko icyo twizeza abakunzi bacu ni uko bazabona byinshi bitanga ihumure, ibyishimo, n’ishimwe, ndetse n’indirimbo zizatuma ubukwe bwacu bwumvikana no mu ijwi ryo kuramya Imana.”

Agenera ubutumwa umukunzi we, Chryso yagize ati “Sharon, uri umugisha Imana yampaye. Uri umunyempano, umunyabwenge, umunyamasengesho kandi uri inshuti yanjye ntasimburwa. Imana yarankunze cyane iguha mu buzima bwanjye. Ndakwizeza ko nzakomeza kuba uwo twasengeye, uwo twiyemeje, n’inshuti itazigera igucika. Uri indirimbo y’umutima wanjye.”

Chryso Ndasingwa na Sharon urukundo rwabo rugeze aharyoshye

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Next Post

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Related Posts

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

by radiotv10
21/07/2025
1

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu amashusho ye agaragaza ikimero cye, aho aba yambaye imyenda yenda kugaragaza imyanya y’ibanga nk’umukondo. Ni amashusho...

IZIHERUKA

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?
Uncategorized

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.