Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina ye kera akiri umwana, anavuga uko gukora indirimbo zo mu rurimi rw’Igiswayire byaje, ndetse no ku mukobwa byavuzwe ko yateye inda.

Ni ikiganiro cyatangiye saa tanu z’igitondo kuri Kigali Convention Center. Mbonyi yabajijwe uburyo yakira kuba yarize Pharmacy ariko ubu akaba atunzwe n’umuziki akora, asubiza ko kuva kera yabyiyumvagamo ko azaba umuhanzi.

Ati: “Kuva kera nabyiyumvagamo ko nzaririmba, ntabwo narinzi ko nzaba kuri uru rwego cyangwa kugera aho bigeze uyu munsi, ariko byamye bindimo kuva kera. Nabaga ndi muri Pharmacy ndimo kwiga ariko ndi kwihimbira n’uturirimbo, twavamo ikintu cyambereye umunezero cyane, ndetse n’igihe narangizaga ishuri nkajya kuririmba mu rusengero no gucuranga, ni wo munezero wa mbere nagiraga uruta iyindi.”

Wumvaga bizaba biri kuri uru rwego?

Mbonyi: “Oya, numvaga bizaba biri hasi cyane. Numvaga nzajya niririmbira, ngafata gitari nkaririmba iwacu mu rugo n’inshuti zanjye, sinarinziko bizagera kuri uru rwego.”

Yakomeje asobanura aho izina Icyambu ryavuye, anavuga ko kera yanganaga amazina ye Israel Mbonyicyambu, ndetse yigeze kuyahindura kuko ngo yumvaga ayo mazina ari ay’abasaza yiyita Mbonyi.

Ati: “Kera amazina yanjye Israel Mbonyicyambu narayangaga ku buryo naje no kuyahindura n’yita Mbonyimfura Eric. Rimwe umubyeyi wanjye aje kunyumvira amanota barampamagara, aratungurwa ati ‘Ye? Ayo mazina ni nde wayakwise?’ Ntibyamuneyeje, ariko byarangiye nsubiye kwitwa uko nagombaga kwitwa. Nyuma Imana impamagara, nibwo nakunze iri zina, nsobanukiwe igisobanuro cya Mbonyicyambu numva ndikunze ku mutima. Nyuma Imana iza kumpa indirimbo yitwa Icyambu, birangira Icyambu kibaye icyambu.”

Israel Mbonyi yavuze ko gukora indirimbo z’Igiswayire bitari muri gahunda, nubwo hari inshuti ye yakundaga kubimuganirizaho. Ngo byaje mu nzozi, ubwo bari bageze kure bakora kuri album ya kane, habura ibyumweru bibiri ngo akore igitaramo.

Ati: “Tariki ya 18 Mata 2023, twari kwitegura kurikodinga album yitwa Umusirikare. Naryamye saa cyenda z’ijoro narose numva umuntu araririmba ati ‘Ninasiri naye Yesu…’ Igiswayire cyanjye nicyo mu kigo, hari amagambo ntumvaga neza. Ndabyuka nandikira umuntu nti ‘Ese aya magambo asobanura iki?’ Aransobanurira, naho ngaho indirimbo yanjye ya mbere y’Igiswayire iravuka.”

Yavuze impamvu yahisemo itariki ya 25/12, ayinyuramo gato amateka y’ukuntu byaje. Ati: “Inshuti yanjye yitwa Mushyoma Bobo ni we twaganiriye bwa mbere, mumbwira ko mfite igitekerezo cyo gukora igitaramo. Musobanurira uko nifuzaga ahantu nakorera, uko haba hameze, ariko icyo gihe natinyaga ko BK Arena ntazayibasha. Rimwe turi mu biro hamwe n’inshuti yanjye David Bayingana turi kuganira, barambwira ngo nzakorere muri BK Arena. Ndababwira nti ‘Reka reka, ntabwo nabishobora.’ Icyo gihe nibwo bandaye ijoro batuma ndara ntekereza niba ibyo bintu bishoboka. Umunsi wakurikiyeho nagiye gusura BK Arena, ni bwo bwa mbere naringezeyo. Ndahareba mbona ni kinini cyane, mu gitondo ndamuhamagara ndamubwira nti ‘Ntabwo nakorera hariya hantu, ntabwo nahashobora.’”

Avuga ko abo bantu babiri bamwumvishije ko byashoboka, ari bo bamuteye imbaraga zo kuhakorera, yabashimiye cyane.

Hari ibihuha byavuzwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko umuhanzi Israel Mbonyi yabyaye akabihisha. Abibajijwe yabisubije muri aya magambo: “Ni nde ngomba ibisobanuro by’ubuzima bwanjye bwite? Nta kintu njyewe bimbwiye. Kuba umuntu yatekereza icyo ashaka ni uburenganzira bwe. Courage, ibindi byose nta kibazo.”

Israel Mbonyi agiye gukora igitaramo ICYAMBU Season 4 muri BK Arena, kikaba ari igitaramo agiye gukora ku nshuro ya kane. Amatike yacyo akunze gushira mbere kubera uburyo kitabirwa cyane.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Next Post

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.