Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CG Dan Munyuza wayoboye Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano nshya

radiotv10by radiotv10
02/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
CG Dan Munyuza wayoboye Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano nshya
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayozi mu nzego zitandukanye, barimo CG Dan Munyuza wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Gihugu kimwe cyo mu Barabu.

Bikubuye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Kanama 2023, iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Uretse CG Dan Munyuza wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika y’Abarabu ya Misiri, Maj Gen Charles Karamba wahoze ahagarariye u Rwanda muri Tanzania, we yagizwe Ambasaderi muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Ethiopia, akazaba anahagarariye u Rwanda mu Muryango wa Afurika Ubumwe.

Inama y’Abaminisitiri kandi yagize Michel Sebera, Ambasaderi w’u Rwanda muri Guinea, ndetse na Shakila Kazimbaya Umutoni ahabwa guhagararira u Rwanda muri Morocco.

Nanone kandi hari abandi bashyizwe mu myanya inyuranye barimo Francois Ngarambe wagizwe Umuyobozi Mukuru (Chairman Chancellery for Heroes, National Orders and Decoration of Honor/ CHENO) w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Impeta n’imidari by’ishimwe.

Uru rwego rwamaze gushyirwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, rwahawe kuyoborwa na Francois Ngarambe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, akaba aherutse gusimburwa na Amb. Gasamagera Wellars mu matora aherutse kuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + five =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we uri mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

Next Post

Umugabo afungiye igikorwa kidasanzwe cyumvikanamo urukundo ruhebuje afitiye umukobwa

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo afungiye igikorwa kidasanzwe cyumvikanamo urukundo ruhebuje afitiye umukobwa

Umugabo afungiye igikorwa kidasanzwe cyumvikanamo urukundo ruhebuje afitiye umukobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.