Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CG (Rtd) Gasana agiye kugaruka imbere y’Urukiko nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
CG (Rtd) Gasana agiye kugaruka imbere y’Urukiko nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, na Guverineri w’Intaba y’Iburasirazuba, ubu ukurikiranyweho ibyaga birimo kwakira indonke, azagaruka imbere y’Urukiko kuri uyu wa Gatatu kuburana ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana ukurikiranyweho kandi icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, mu cyumweru gishize, tariki 15 Ugushyingo 2023, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Iki cyemezo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, yahise akijurira mu Rukiko Rwisumbye rwa Nyagatare, ari na rwo rugiye kuburanisha ubu bujurire.

Amakuru avuga ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana azajya kuburana ubu bujurire kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ugushyingo 2023.

Uyu wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bw’inzego zo mu Rwanda, nko kuba yarabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, ubu afungiye muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Magaragere.

Mu iburana ry’ifunga ry’agateganyo, CG Gasana yahakanye ibyaha akurikiranyweho, asaba gukurikiranwa ari hanze, kuko afite uburwayi bw’ubwoko butatu bukomeye.

Ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko aramutse afunguwe ashobora gutoroka ubutabera, mu gihe we yavugaga ko yakoreye Igihugu imirimo inyuranye, ku buryo atatekereza gutoroka, kandi ko afite umuryango agomba kuba hafi, adashobora guhunga ubutabera.

Ni ibirego bishingiye ku bikorwa byo kuhira imyaka byashyizwe mu murima we bifite agaciro ka Miliyoni 48 Frw, aho Ubushinjacyaha buvuga ko we nta mafaranga yatanze ahubwo ko yakoresheje ububasha kugira ngo bishyirwe mu mutungo we, mu gihe we yavuze ko byari mu rwego rw’igerageza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 19 =

Previous Post

Volleyball: Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye irushanwa ryasusurukije benshi

Next Post

Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda

Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.