Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka

radiotv10by radiotv10
12/10/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Charly&Nina bagiye USA bitabiriye inama biravugwa ko batazagaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzikazi Charly na Nina baherutse kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America bivugwa bagiye mu nama y’urubyiruko, hari amakuru avuga ko batazagaruka ahubwo ko bagiye gukomereza umuziki wabo muri iki Gihugu ndetse bakaba bagiye gukorana na Label ya The Mane igiye kuburira umutwe muri iki Gihugu.

Mu ijoro ryo ku ya 26 Nzeri 2022, Charly na Nina buriye rutemikirere berecyeza i Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America, bivugwa ko bitabiriye inama y’urubyiruko, ariko banga kugira byinshi bayivugaho.

Amakuru yizewe yageze kuri RADIOTV10 mu ishami ry’imyidagaduro, avuga ko aba bahanzikazi nyarwanda, bagiye bafite gahunda yo gukomereza ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse bakanakomerezayo umuziki.

Amakuru avuga ko Charly na Nina bagiye baramaze kuvugana na Bad Rama usanzwe azwi mu bikorwa byo gufasha abahanzi abinyujije muri Label ye The Mane, akabizeza ko nibamara kugera muri kiriya Gihugu, bazakorana.

Uyu Bad Rama usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavuganye n’aba bahanzikazi nyuma yo guhuzwa na Dj Pius usanzwe ari inshuti ya hafi y’a Charly na Nina.

Banerecyeza muri USA baherekejwe na Dj Pius (Photo/Igihe)

Bad Rama wari ufite igitekerezo cyo kubyutsa The Mane isa nk’itagifite imbaraga yahoranye, yumvise ntako byaba bisa kuba yakorana n’aba bahanzikazi basanzwe bafite abakunzi batari bacye.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Charly na Nina bagiye muri America babizi ko batazagaruka, bahise bajoyininga [bifatanya] The Mane kuko The Mane igiye kujya ikorera muri America.”

Akomeza avuga ko Bad Rama yiyemeje kubyutsa The Mane ariko igakorera muri Leta Zunze Ubumwe za America nyuma yuko ayishoyemo amafaranga menshi mu Rwanda ariko agahomba.

Ubwo bahagurukaga i Kigali (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eleven =

Previous Post

Musanze: Ababyeyi basabwe kugurira Diregiteri w’ishuri imodoka none bahagurutse

Next Post

Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere
IBYAMAMARE

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo

Abizejwe ubufasha n’abarimo Min.Gatabazi bagategereza amaso agahera mu kirere barifuza kwibera Abanyekongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.