Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Clarisse Karasira n’umugabo we bagiye kwibaruka imfura bateranye imitoma mu bisigo ntsindagirarukundo

radiotv10by radiotv10
12/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Clarisse Karasira n’umugabo we bagiye kwibaruka imfura bateranye imitoma mu bisigo ntsindagirarukundo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie bitegura kwakira imfura yabo, bateranye imitomo buri wese ashimira mugenzi we kuba atumye undi agiye kwitwa umubyeyi.

Nyuma y’uko Clarisse Karasira akorewe ibirori byo kwakira umwana agiye kwibaruka mu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, uyu muhanzikazi yatangaje ko we n’umugabo we biteguye kwakira imfura yabo.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Clarisse Karasira, yakoresheje imvugo isa n’igisigo agaragaza akanyamuneza ko kuba agiye kwibaruka.

Yagize ati “Umugisha,Umugisha..Umutware Bayo I yantumye kumenyesha utwana turi amaguru ngo tubwire imisozi n’imidugudu y’abacu yose ko twitegura kwakira Igikomangoma, Umwuzukuru w’Imana n’igihugu. Ni mwikoranye amashimwe n’amasengesho, impundu n’ikoobe Uzabaha ukwanda araje!”

Yakomeje agira ati “BenImana bo ku musozi wa Maine bo kagwira bakiriye iyi nkuru nkuru mu bakuru, dushimiye urukundo rwabo rudutetesha.”

Mu gusubiza umugore we, Ifashabayo Sylvain yagize ati “Ntakiza muri ubu buzima nko kukugira umwamikazi wanjye none ukaba waguye umuryango nanjye ukangira umubyeyi. Umwuzukuru w’Imana n’igihugu.”

Clarisse Karasira n’umugabo we bamaze umwaka basezeranye kubana mu mugango wabereye muri i Nyarutarama mu itorero ryitwa Christian Life Assembly.

Ni ubukwe butazibagirana nubwo bwabaye mu bihe bya COVID-19 ariko bwitabiriwe n’abahanzi basanzwe bafite izina rikomeye mu ndirimbo za gakondo nka Mariya Yohana na Nyiranyamibwa Suzana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − five =

Previous Post

Umunyamakuru ufite izina rikomeye mu myidagaduro mu Rwanda yapfushije umubyeyi

Next Post

Uwendaga guhabwa ububikira watorotse ikigo i Ngoma wari wabuze yishyikirije RIB i Kigali

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

IZIHERUKA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe
AMAHANGA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwendaga guhabwa ububikira watorotse ikigo i Ngoma wari wabuze yishyikirije RIB i Kigali

Uwendaga guhabwa ububikira watorotse ikigo i Ngoma wari wabuze yishyikirije RIB i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.