• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo na Uganda hari ingingo nshya bemeranyijweho mu mubano wabo

radiotv10by radiotv10
16/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo na Uganda hari ingingo nshya bemeranyijweho mu mubano wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, bemeranyijwe gukuraho ikiguzi cya Visa, mu rwego rwo koroshya kugenderana hagati y’ibi Bihugu.

Iki cyemezo cyakiriwe neza n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, cyafatiwe mu biganiro byabaye ku nshuro ya munani bya Komisiyo ihuriweho n’Ibihugu byombi, yabaye kuva tariki 12 kugeza ku ya 14 Ukwakira 2023.

Umwe mu myanzuro y’iyi Komisiyo, uvuga ku “hazaza ha DRC na Uganda” bemeranyijwe ikurwaho ry’ikiguzi cy’amafaranga yishyurwa kuri Visa, mu rwego rwo kwagura urujya n’uruza rw’abantu.

Mu gutangaza uyu mwanzuro, bagira bati “Impande zombi ziha agaciro imiterere y’Ibihugu, umuco ndetse n’amateka bihuriweho, bituma bigomba kubana, by’umwihariko mu bijyanye n’inyungu rusange z’abaturage b’Ibihugu byombi.”

Nanone kandi DRC na Uganda, basuzumiye hamwe ibibazo bihuriweho by’umutekano byambukiranya imipaka, aho bisanzwe bifitanye imikoranire mu bya gisirikare yo gutsintsura imitwe yitwaye intwaro ihungabanya umutekano w’Ibihugu byombi.

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hasanzwe hari umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ukunze no guhungabanya umutekano w’iki Gihugu uturutse muri Congo.

Ibihugu byombi kandi byanaganiriye uko byarushaho gukorana, mu guca intege ikwirakwira ry’intwaro nto n’inini, ndetse binaganira ku ngingo yo gucyura impunzi.

Nanone kandi impande zombi zaganiriye ku bufatanye n’imikoranire by’Ibihugu byombi by’umwihariko mu bijyanye n’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 8 =

Previous Post

Mu Rwanda hagaragaye Gare ifite umwihariko uvugwa imyato ukwiye gutanga urugero rwiza

Next Post

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.