Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo na Uganda hari ingingo nshya bemeranyijweho mu mubano wabo

radiotv10by radiotv10
16/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo na Uganda hari ingingo nshya bemeranyijweho mu mubano wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, bemeranyijwe gukuraho ikiguzi cya Visa, mu rwego rwo koroshya kugenderana hagati y’ibi Bihugu.

Iki cyemezo cyakiriwe neza n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, cyafatiwe mu biganiro byabaye ku nshuro ya munani bya Komisiyo ihuriweho n’Ibihugu byombi, yabaye kuva tariki 12 kugeza ku ya 14 Ukwakira 2023.

Umwe mu myanzuro y’iyi Komisiyo, uvuga ku “hazaza ha DRC na Uganda” bemeranyijwe ikurwaho ry’ikiguzi cy’amafaranga yishyurwa kuri Visa, mu rwego rwo kwagura urujya n’uruza rw’abantu.

Mu gutangaza uyu mwanzuro, bagira bati “Impande zombi ziha agaciro imiterere y’Ibihugu, umuco ndetse n’amateka bihuriweho, bituma bigomba kubana, by’umwihariko mu bijyanye n’inyungu rusange z’abaturage b’Ibihugu byombi.”

Nanone kandi DRC na Uganda, basuzumiye hamwe ibibazo bihuriweho by’umutekano byambukiranya imipaka, aho bisanzwe bifitanye imikoranire mu bya gisirikare yo gutsintsura imitwe yitwaye intwaro ihungabanya umutekano w’Ibihugu byombi.

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hasanzwe hari umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ukunze no guhungabanya umutekano w’iki Gihugu uturutse muri Congo.

Ibihugu byombi kandi byanaganiriye uko byarushaho gukorana, mu guca intege ikwirakwira ry’intwaro nto n’inini, ndetse binaganira ku ngingo yo gucyura impunzi.

Nanone kandi impande zombi zaganiriye ku bufatanye n’imikoranire by’Ibihugu byombi by’umwihariko mu bijyanye n’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 4 =

Previous Post

Mu Rwanda hagaragaye Gare ifite umwihariko uvugwa imyato ukwiye gutanga urugero rwiza

Next Post

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.