Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo na Uganda hari ingingo nshya bemeranyijweho mu mubano wabo

radiotv10by radiotv10
16/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo na Uganda hari ingingo nshya bemeranyijweho mu mubano wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, bemeranyijwe gukuraho ikiguzi cya Visa, mu rwego rwo koroshya kugenderana hagati y’ibi Bihugu.

Iki cyemezo cyakiriwe neza n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, cyafatiwe mu biganiro byabaye ku nshuro ya munani bya Komisiyo ihuriweho n’Ibihugu byombi, yabaye kuva tariki 12 kugeza ku ya 14 Ukwakira 2023.

Umwe mu myanzuro y’iyi Komisiyo, uvuga ku “hazaza ha DRC na Uganda” bemeranyijwe ikurwaho ry’ikiguzi cy’amafaranga yishyurwa kuri Visa, mu rwego rwo kwagura urujya n’uruza rw’abantu.

Mu gutangaza uyu mwanzuro, bagira bati “Impande zombi ziha agaciro imiterere y’Ibihugu, umuco ndetse n’amateka bihuriweho, bituma bigomba kubana, by’umwihariko mu bijyanye n’inyungu rusange z’abaturage b’Ibihugu byombi.”

Nanone kandi DRC na Uganda, basuzumiye hamwe ibibazo bihuriweho by’umutekano byambukiranya imipaka, aho bisanzwe bifitanye imikoranire mu bya gisirikare yo gutsintsura imitwe yitwaye intwaro ihungabanya umutekano w’Ibihugu byombi.

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hasanzwe hari umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ukunze no guhungabanya umutekano w’iki Gihugu uturutse muri Congo.

Ibihugu byombi kandi byanaganiriye uko byarushaho gukorana, mu guca intege ikwirakwira ry’intwaro nto n’inini, ndetse binaganira ku ngingo yo gucyura impunzi.

Nanone kandi impande zombi zaganiriye ku bufatanye n’imikoranire by’Ibihugu byombi by’umwihariko mu bijyanye n’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 1 =

Previous Post

Mu Rwanda hagaragaye Gare ifite umwihariko uvugwa imyato ukwiye gutanga urugero rwiza

Next Post

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Amakuru agezweho y’urugamba rwa FARDC na M23 rukomeje kugaragaramo ibishya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.