Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in AMAHANGA
0
Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa byo kwibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bikomeje gukaza umurego mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bongeye gutwikwa ku manywa y’ihangu, ndetse ababikora bakagaragara bidegembya.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, kuva mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, agaragaza abantu batandukanye, bari gutwikwa ari bazima, bashungerewe n’abandi.

Abatwikwa ni Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi batahwemye guhohoterwa kuva umutwe wa FDLR wakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, ubu ikaba ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu mashusho yashyizwe kuri X n’uwitwa Godfather kuri uru rubuga nkoranyambaga, agaragaza umuturage umwe ari gutwikwa ari muzima bamuboshye, akarinda ashiramo umwuka, aho uyu washyizeho aya mashusho yavuze ko ari Jérémie Renzaho Habimana watwitswe.

DRC 🙆🏿🇨🇩🇨🇩🇨🇩🔞🔞😭😭😭😭 Jérémie Renzaho Habimana nawe baramutwitse pic.twitter.com/xZK0ahRGWa

— GODFATHER (@godfather250_) November 12, 2023

Beretrand Bisimwa, Perezida w’umutwe wa M23 urwanya aka karengane gakorerwa aba Banyekongo, yagize icyo avuga kuri aya mashusho, avuga ko ibikorwa nk’ibi bimaze kugera ku rwego rudakwiye kwihanganirwa.

Yagize ati “Nta kintu na kimwe cyasobanuro ubugome ndengakamere nk’ubu bw’ingengabitekerezo yageze ku rwego rw’agasongera kandi ishyigikiwe na Leta.”

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Turizeza ko tuzarandura aka karengane gashingiye kuri politiki ubundi twubake umusingi mushya ku bwo kongera kubaho kwacu.”

Nanone kandi ku wa 10 Ugushyingo 2023, umusirikare wa FARDC Lieutenant Gisore Patrick bakungaga kwita Kabonge, na we yishwe n’Abanyekongo bavuga ngo ni Umunyarwanda, mu gihe ari Umunyekongo wo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu munyekongo wari umusirikare wakoreye Igihugu, yishwe abanje guterwa amabuye mu maso ya bagenzi be b’abasirikare ba FARDC, ubundi atwikwa n’abarimo abo mu mutwe wa Wazalendo.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeza kuruca ikarumira, mu gihe bamwe mu baturage b’iki Gihugu bakomeza kwicwa, ahubwo ikagaragaza ko ishyigikiye ibi bikorwa.

Ubutegetsi bw’iki Gihugu bwananiwe gukemura ibi bibazo, ntibusiba kwegeka ibinyoma ku Rwanda burushinja ngo kugira akaboko mu bibazo bya kiriya Gihugu, mu gihe rwo rutahwemye kugaragaza ko ntaho ruhuriye nabyo.

Mu nama ya 44 y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) iherutse kubera i Yaoundé muri Cameroon, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ubwo yasubizaga uwari ugararaiye DRC muri iyi nama wongeye kuzamura ibirego nk’ibi by’ibinyoma, yavuze ko ibi birego bimaze kurambirana.

Dr Biruta yavuze ko ubutegetsi bwa DRC, bwari bukwiye kugaragaza ibibazo nyirizina biri muri kiriya Gihugu nk’ibi byo gukorera Jenoside Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yagize ati “Ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni ikibazo cy’imiyoborere, ni ikibazo gishingiye kuri politiki, gikeneye umuti wa politiki. Rero guhora bashinja u Rwanda ibitagenda byose muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwabyo ntibizatanga umuti w’iki kibazo.”

Umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wakwirakwije iyi ngengabitekerezo mu Burasirazuba bwa DRC, wakunze kugaragazwa nka nyirabayazana w’ibi bibazo, ariko ubutegetsi bwa Congo bubyima amatwi ahubwo buwushyira ku ibere, ndetse ubu ukorana n’igisirikare cyabwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Amavubi amanutse mu Majyepfo asezeranya Abanyarwanda kuzabashimisha (AMAFOTO)

Next Post

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.