Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in AMAHANGA
0
Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa byo kwibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bikomeje gukaza umurego mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bongeye gutwikwa ku manywa y’ihangu, ndetse ababikora bakagaragara bidegembya.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, kuva mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, agaragaza abantu batandukanye, bari gutwikwa ari bazima, bashungerewe n’abandi.

Abatwikwa ni Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi batahwemye guhohoterwa kuva umutwe wa FDLR wakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, ubu ikaba ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu mashusho yashyizwe kuri X n’uwitwa Godfather kuri uru rubuga nkoranyambaga, agaragaza umuturage umwe ari gutwikwa ari muzima bamuboshye, akarinda ashiramo umwuka, aho uyu washyizeho aya mashusho yavuze ko ari Jérémie Renzaho Habimana watwitswe.

DRC 🙆🏿🇨🇩🇨🇩🇨🇩🔞🔞😭😭😭😭 Jérémie Renzaho Habimana nawe baramutwitse pic.twitter.com/xZK0ahRGWa

— GODFATHER (@godfather250_) November 12, 2023

Beretrand Bisimwa, Perezida w’umutwe wa M23 urwanya aka karengane gakorerwa aba Banyekongo, yagize icyo avuga kuri aya mashusho, avuga ko ibikorwa nk’ibi bimaze kugera ku rwego rudakwiye kwihanganirwa.

Yagize ati “Nta kintu na kimwe cyasobanuro ubugome ndengakamere nk’ubu bw’ingengabitekerezo yageze ku rwego rw’agasongera kandi ishyigikiwe na Leta.”

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Turizeza ko tuzarandura aka karengane gashingiye kuri politiki ubundi twubake umusingi mushya ku bwo kongera kubaho kwacu.”

Nanone kandi ku wa 10 Ugushyingo 2023, umusirikare wa FARDC Lieutenant Gisore Patrick bakungaga kwita Kabonge, na we yishwe n’Abanyekongo bavuga ngo ni Umunyarwanda, mu gihe ari Umunyekongo wo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu munyekongo wari umusirikare wakoreye Igihugu, yishwe abanje guterwa amabuye mu maso ya bagenzi be b’abasirikare ba FARDC, ubundi atwikwa n’abarimo abo mu mutwe wa Wazalendo.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeza kuruca ikarumira, mu gihe bamwe mu baturage b’iki Gihugu bakomeza kwicwa, ahubwo ikagaragaza ko ishyigikiye ibi bikorwa.

Ubutegetsi bw’iki Gihugu bwananiwe gukemura ibi bibazo, ntibusiba kwegeka ibinyoma ku Rwanda burushinja ngo kugira akaboko mu bibazo bya kiriya Gihugu, mu gihe rwo rutahwemye kugaragaza ko ntaho ruhuriye nabyo.

Mu nama ya 44 y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) iherutse kubera i Yaoundé muri Cameroon, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ubwo yasubizaga uwari ugararaiye DRC muri iyi nama wongeye kuzamura ibirego nk’ibi by’ibinyoma, yavuze ko ibi birego bimaze kurambirana.

Dr Biruta yavuze ko ubutegetsi bwa DRC, bwari bukwiye kugaragaza ibibazo nyirizina biri muri kiriya Gihugu nk’ibi byo gukorera Jenoside Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yagize ati “Ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni ikibazo cy’imiyoborere, ni ikibazo gishingiye kuri politiki, gikeneye umuti wa politiki. Rero guhora bashinja u Rwanda ibitagenda byose muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwabyo ntibizatanga umuti w’iki kibazo.”

Umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wakwirakwije iyi ngengabitekerezo mu Burasirazuba bwa DRC, wakunze kugaragazwa nka nyirabayazana w’ibi bibazo, ariko ubutegetsi bwa Congo bubyima amatwi ahubwo buwushyira ku ibere, ndetse ubu ukorana n’igisirikare cyabwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Amavubi amanutse mu Majyepfo asezeranya Abanyarwanda kuzabashimisha (AMAFOTO)

Next Post

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.