Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in AMAHANGA
0
Congo: Ubugome ndengakamere bukorerwa Abatutsi bwafashe indi sura
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa byo kwibasira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bikomeje gukaza umurego mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bongeye gutwikwa ku manywa y’ihangu, ndetse ababikora bakagaragara bidegembya.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, kuva mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, agaragaza abantu batandukanye, bari gutwikwa ari bazima, bashungerewe n’abandi.

Abatwikwa ni Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi batahwemye guhohoterwa kuva umutwe wa FDLR wakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, ubu ikaba ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu mashusho yashyizwe kuri X n’uwitwa Godfather kuri uru rubuga nkoranyambaga, agaragaza umuturage umwe ari gutwikwa ari muzima bamuboshye, akarinda ashiramo umwuka, aho uyu washyizeho aya mashusho yavuze ko ari Jérémie Renzaho Habimana watwitswe.

DRC 🙆🏿🇨🇩🇨🇩🇨🇩🔞🔞😭😭😭😭 Jérémie Renzaho Habimana nawe baramutwitse pic.twitter.com/xZK0ahRGWa

— GODFATHER (@godfather250_) November 12, 2023

Beretrand Bisimwa, Perezida w’umutwe wa M23 urwanya aka karengane gakorerwa aba Banyekongo, yagize icyo avuga kuri aya mashusho, avuga ko ibikorwa nk’ibi bimaze kugera ku rwego rudakwiye kwihanganirwa.

Yagize ati “Nta kintu na kimwe cyasobanuro ubugome ndengakamere nk’ubu bw’ingengabitekerezo yageze ku rwego rw’agasongera kandi ishyigikiwe na Leta.”

Bertrand Bisimwa yakomeje agira ati “Turizeza ko tuzarandura aka karengane gashingiye kuri politiki ubundi twubake umusingi mushya ku bwo kongera kubaho kwacu.”

Nanone kandi ku wa 10 Ugushyingo 2023, umusirikare wa FARDC Lieutenant Gisore Patrick bakungaga kwita Kabonge, na we yishwe n’Abanyekongo bavuga ngo ni Umunyarwanda, mu gihe ari Umunyekongo wo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu munyekongo wari umusirikare wakoreye Igihugu, yishwe abanje guterwa amabuye mu maso ya bagenzi be b’abasirikare ba FARDC, ubundi atwikwa n’abarimo abo mu mutwe wa Wazalendo.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeza kuruca ikarumira, mu gihe bamwe mu baturage b’iki Gihugu bakomeza kwicwa, ahubwo ikagaragaza ko ishyigikiye ibi bikorwa.

Ubutegetsi bw’iki Gihugu bwananiwe gukemura ibi bibazo, ntibusiba kwegeka ibinyoma ku Rwanda burushinja ngo kugira akaboko mu bibazo bya kiriya Gihugu, mu gihe rwo rutahwemye kugaragaza ko ntaho ruhuriye nabyo.

Mu nama ya 44 y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) iherutse kubera i Yaoundé muri Cameroon, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ubwo yasubizaga uwari ugararaiye DRC muri iyi nama wongeye kuzamura ibirego nk’ibi by’ibinyoma, yavuze ko ibi birego bimaze kurambirana.

Dr Biruta yavuze ko ubutegetsi bwa DRC, bwari bukwiye kugaragaza ibibazo nyirizina biri muri kiriya Gihugu nk’ibi byo gukorera Jenoside Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yagize ati “Ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni ikibazo cy’imiyoborere, ni ikibazo gishingiye kuri politiki, gikeneye umuti wa politiki. Rero guhora bashinja u Rwanda ibitagenda byose muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwabyo ntibizatanga umuti w’iki kibazo.”

Umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wakwirakwije iyi ngengabitekerezo mu Burasirazuba bwa DRC, wakunze kugaragazwa nka nyirabayazana w’ibi bibazo, ariko ubutegetsi bwa Congo bubyima amatwi ahubwo buwushyira ku ibere, ndetse ubu ukorana n’igisirikare cyabwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eleven =

Previous Post

Amavubi amanutse mu Majyepfo asezeranya Abanyarwanda kuzabashimisha (AMAFOTO)

Next Post

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Related Posts

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.