Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in AMAHANGA
0
Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Delcat Idengo wagaragaye yapfuye i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kwezi gushize, umuhango wo kumushyingura wakurikiwe n’akaduruvayo k’agatsiko k’abantu, katumye Polisi ibamishamo amasasu, babiri bahasiga ubuzima.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe 2025 mu Mujyi wa Beni aho uyu muhanzi  Delphin Katembo Vinyasiki wamamaye nka Delcat Idengo akomokamo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Igikorwa cyo gushyingura uyu muhanzi, cyabimburiwe n’umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma wabereye muri sitade, aho abantu benshi bari bacyitabiriye.

Uyu muhanzi washyinguwe mu isanduku ikozwe mu ishusho y’imodoka, yagiye asezerwaho bwa nyuma n’abantu benshi bazaga kureba umurambo we aho wari uri muri sitade.

Gusa nyuma yo kumushyingura mu irimbi rya Beni, hakurikiyeho imvururu zazamuwe na bamwe mu bari bitabiriye uyu muhango.

Umuyobozi w’Imiryango itari iya Leta mu Mujyi wa Beni, Maître Pépé Kavotha yabwiye ikinyamakuru BBC dukesha aya makuru ko, izo mvururu zazamuwe n’agatsiko k’abantu.

Yagize ati “Umuhango wo gushyingura wagenze neza ariko ukirangira agatsiko k’abantu gatangira ibikorwa byo gufunga imihanda. Abaturage ba Beni bari baje ari benshi gushyingura Idengo. Muri uko gushyamirana kwabayeho ni ho polisi yarashe ngo itatanye abo bantu, aho rero ni ho abantu babiri bahise bapfa.”

Uyu muhanzi Delcat Idengo waririmbaga indirimbo za politiki, zirimo n’izibasiraga umutwe wa M23, yasanzwe yapfuye mu kwezi gushize kwa Gashyantare 2025.

Urupfu rwe rwabanje gushinjwa uyu mutwe ubu ugenzura umujyi wa Goma, ariko M23 ivuga ko uyu muhanzi yapfiye mu bikorwa by’urubyiruko bihungabanya umutekano, dore ko yanagaragaye yambaye impuzankano ya FARDC.

Umuhanzi Delcat Idengo yari azwi mu ndirimbo ziganisha kuri politiki
Yashyinguwe mu isanduku ikozwe mu buryo bw’imodoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi

Next Post

Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda

Related Posts

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda

Icyo umutwe urwanya u Burundi uvuga ku byatangajwe na Ndayishimiye yanazanyemo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.