Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Ambasaderi mushya wagenwe guhagararira iki Gihugu mu Rwanda, kuba aretse gutanga impapuro zimwemerera gutangira izi nshingano, ndetse inahamagaza ushinzwe ibikorwa muri Ambasade yayo mu Rwanda.

Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Congo Kinshasa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yibukije ko inama y’ikirenga ishinzwe umutekano yateranye ku ya 29 Ukwakira 2022 iyobowe na Perezida Felix Tshisekedi, yasabye ko Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu ahabwa amasaha 48 akaba yavuye muri iki Gihugu.

Iri tangazo ryavugaga ko Minisitiri w’Intebe Wungirijwe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amhanga, Christophe Lutundula Apala kuri uyu wa Mbere yari yibukije Ambasaderi w’u Rwanda ko agomba kubahiriza kiriya Cyemezo kimwirukana ndetse ko kigomba kubahirizwa bitarenze ku wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo, Vincent Karega, we yavuye i Kinshasa ndetse akaba yanagaragaje ifoto yafashe ari kumwe n’abakozi bo muri Ambasade mbere yo kuva muri Congo.

Muri iri tangazo rya Christophe Lutundula, yaboneyeho gusaba Ambasaderi mushya washyizweho guhagararira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Rwanda, kuba aretse gushyikiriza ubuyobozi bw’u Rwanda impapuro zemwerera gukora izi nshingano kugeza igihe azahabwa andi mabwiriza.

Guverinoma ya Congo Kinshasa kandi yaboneye gutumiza ushinzwe ibikorwa (Charge d’Affaires) muri Ambasade y’iki Gihugu mu Rwanda, Alice Kimpembe Bamba.

Igitotsi kiri mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyafashe indi sura mu cyumweru gishize ubwo Congo Kinshasa yirukanaga uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu.

Nyuma y’amasaha 24 Congo ifashe iki cyemezo cyababaje u Rwanda, Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete waje amuzaniye ubutumwa yahawe na Perezida João Lourenço usanzwe ari umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere kandi, António Tete yanakiriwe na Perezida Paul Kagame, na we amushyikiriza ubutumwa bwa João Lourenço.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + seven =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye intumwa ya Angola ikubutse muri DRCongo yanaganiriye na Tshisekedi

Next Post

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.