Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Ambasaderi mushya wagenwe guhagararira iki Gihugu mu Rwanda, kuba aretse gutanga impapuro zimwemerera gutangira izi nshingano, ndetse inahamagaza ushinzwe ibikorwa muri Ambasade yayo mu Rwanda.

Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Congo Kinshasa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yibukije ko inama y’ikirenga ishinzwe umutekano yateranye ku ya 29 Ukwakira 2022 iyobowe na Perezida Felix Tshisekedi, yasabye ko Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu ahabwa amasaha 48 akaba yavuye muri iki Gihugu.

Iri tangazo ryavugaga ko Minisitiri w’Intebe Wungirijwe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amhanga, Christophe Lutundula Apala kuri uyu wa Mbere yari yibukije Ambasaderi w’u Rwanda ko agomba kubahiriza kiriya Cyemezo kimwirukana ndetse ko kigomba kubahirizwa bitarenze ku wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo, Vincent Karega, we yavuye i Kinshasa ndetse akaba yanagaragaje ifoto yafashe ari kumwe n’abakozi bo muri Ambasade mbere yo kuva muri Congo.

Muri iri tangazo rya Christophe Lutundula, yaboneyeho gusaba Ambasaderi mushya washyizweho guhagararira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Rwanda, kuba aretse gushyikiriza ubuyobozi bw’u Rwanda impapuro zemwerera gukora izi nshingano kugeza igihe azahabwa andi mabwiriza.

Guverinoma ya Congo Kinshasa kandi yaboneye gutumiza ushinzwe ibikorwa (Charge d’Affaires) muri Ambasade y’iki Gihugu mu Rwanda, Alice Kimpembe Bamba.

Igitotsi kiri mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyafashe indi sura mu cyumweru gishize ubwo Congo Kinshasa yirukanaga uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu.

Nyuma y’amasaha 24 Congo ifashe iki cyemezo cyababaje u Rwanda, Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete waje amuzaniye ubutumwa yahawe na Perezida João Lourenço usanzwe ari umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere kandi, António Tete yanakiriwe na Perezida Paul Kagame, na we amushyikiriza ubutumwa bwa João Lourenço.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + five =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye intumwa ya Angola ikubutse muri DRCongo yanaganiriye na Tshisekedi

Next Post

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.