Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Ambasaderi mushya wagenwe guhagararira iki Gihugu mu Rwanda, kuba aretse gutanga impapuro zimwemerera gutangira izi nshingano, ndetse inahamagaza ushinzwe ibikorwa muri Ambasade yayo mu Rwanda.

Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Congo Kinshasa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yibukije ko inama y’ikirenga ishinzwe umutekano yateranye ku ya 29 Ukwakira 2022 iyobowe na Perezida Felix Tshisekedi, yasabye ko Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu ahabwa amasaha 48 akaba yavuye muri iki Gihugu.

Iri tangazo ryavugaga ko Minisitiri w’Intebe Wungirijwe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amhanga, Christophe Lutundula Apala kuri uyu wa Mbere yari yibukije Ambasaderi w’u Rwanda ko agomba kubahiriza kiriya Cyemezo kimwirukana ndetse ko kigomba kubahirizwa bitarenze ku wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo, Vincent Karega, we yavuye i Kinshasa ndetse akaba yanagaragaje ifoto yafashe ari kumwe n’abakozi bo muri Ambasade mbere yo kuva muri Congo.

Muri iri tangazo rya Christophe Lutundula, yaboneyeho gusaba Ambasaderi mushya washyizweho guhagararira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Rwanda, kuba aretse gushyikiriza ubuyobozi bw’u Rwanda impapuro zemwerera gukora izi nshingano kugeza igihe azahabwa andi mabwiriza.

Guverinoma ya Congo Kinshasa kandi yaboneye gutumiza ushinzwe ibikorwa (Charge d’Affaires) muri Ambasade y’iki Gihugu mu Rwanda, Alice Kimpembe Bamba.

Igitotsi kiri mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyafashe indi sura mu cyumweru gishize ubwo Congo Kinshasa yirukanaga uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu.

Nyuma y’amasaha 24 Congo ifashe iki cyemezo cyababaje u Rwanda, Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, António Tete waje amuzaniye ubutumwa yahawe na Perezida João Lourenço usanzwe ari umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere kandi, António Tete yanakiriwe na Perezida Paul Kagame, na we amushyikiriza ubutumwa bwa João Lourenço.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + ten =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye intumwa ya Angola ikubutse muri DRCongo yanaganiriye na Tshisekedi

Next Post

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.