Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Couple y’umukambwe n’umukecuru yakoze ibikomeje kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
19/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Couple y’umukambwe n’umukecuru yakoze ibikomeje kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukambwe w’imyaka 82 n’umukecuru w’imyaka 81 bo mu Bwongereza, basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo, nyuma yo kwisanga bari mu rukundo ruzira uburyarya rwaje ubwo bahuriraga mu kigo cyita ku bakuze, rwavutse ubwo bombi bari bamaze gupfusha abo bari barashakanye.

Christopher Streets w’imyaka 82 na Rosa w’imyaka 81 y’amavuko, baba mu kigo cyita ku bageze mu zabukuru cyo mu gace ka Keynsham muri Somerset mu Majyepfo y’u Bwongereza.

Bahuriye muri iki kigo, bisanga binjiye mu rukundo dore ko bombi bapfushije abo bari barashakanye, bakaba bari bamaze amezi 18 bahuriye ku ifunguro rya mu gitondo, umwe akiyumvamo undi.

Umugore Rosa agaruka ku mateka y’urukundo rwabo, yagize ati “Namubonye yicaye ku idirishya njye duteganye. Izuba ryariho rimurasaho, yari yambaye amasogizi y’umuhondo meza, uko izuba ryaigiye rimugeraho, yaje kwicara iruhande rwanjye ubundi atangira kumvugisha.”

Christopher na we avuga ku by’urukundo rwabo, yagize ati “Nabonye Rosa afite igikundiro gihebuje, azi kwita ku bantu kandi yicisha bugufi. Dufite byinshi duhuje, kandi twagiye tujyana gusura ahantu heza turi kumwe.”

Uyu musaza n’umukecuru basezeraniye ahitwa Bath Guildhall, mu biriro binogeye ijisho, byatashywe n’imiryango ya bombi.

Christopher Streets agaruka kuri uyu muhango w’ubukwe bwabo, yagize ati “Byari iby’agaciro kubona abana n’abuzukuru bacu baza kudushyigikira, no kuba ibirori byaciye imbonankubone ku televiziyo kugira ngo bikurikiranwe n’umuryango wanjye w’i New Zealand.”

Ubukwe bwabo bwatashywe n’abana babo n’abuzukuru babo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 6 =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cy’umuhanzi ugezweho wibazwaho kubera kuririmba indirimbo za Gatulika kandi ari Umu-ADEPR

Next Post

Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Related Posts

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.