• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Couple y’umukambwe n’umukecuru yakoze ibikomeje kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
19/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Couple y’umukambwe n’umukecuru yakoze ibikomeje kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukambwe w’imyaka 82 n’umukecuru w’imyaka 81 bo mu Bwongereza, basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo, nyuma yo kwisanga bari mu rukundo ruzira uburyarya rwaje ubwo bahuriraga mu kigo cyita ku bakuze, rwavutse ubwo bombi bari bamaze gupfusha abo bari barashakanye.

Christopher Streets w’imyaka 82 na Rosa w’imyaka 81 y’amavuko, baba mu kigo cyita ku bageze mu zabukuru cyo mu gace ka Keynsham muri Somerset mu Majyepfo y’u Bwongereza.

Bahuriye muri iki kigo, bisanga binjiye mu rukundo dore ko bombi bapfushije abo bari barashakanye, bakaba bari bamaze amezi 18 bahuriye ku ifunguro rya mu gitondo, umwe akiyumvamo undi.

Umugore Rosa agaruka ku mateka y’urukundo rwabo, yagize ati “Namubonye yicaye ku idirishya njye duteganye. Izuba ryariho rimurasaho, yari yambaye amasogizi y’umuhondo meza, uko izuba ryaigiye rimugeraho, yaje kwicara iruhande rwanjye ubundi atangira kumvugisha.”

Christopher na we avuga ku by’urukundo rwabo, yagize ati “Nabonye Rosa afite igikundiro gihebuje, azi kwita ku bantu kandi yicisha bugufi. Dufite byinshi duhuje, kandi twagiye tujyana gusura ahantu heza turi kumwe.”

Uyu musaza n’umukecuru basezeraniye ahitwa Bath Guildhall, mu biriro binogeye ijisho, byatashywe n’imiryango ya bombi.

Christopher Streets agaruka kuri uyu muhango w’ubukwe bwabo, yagize ati “Byari iby’agaciro kubona abana n’abuzukuru bacu baza kudushyigikira, no kuba ibirori byaciye imbonankubone ku televiziyo kugira ngo bikurikiranwe n’umuryango wanjye w’i New Zealand.”

Ubukwe bwabo bwatashywe n’abana babo n’abuzukuru babo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cy’umuhanzi ugezweho wibazwaho kubera kuririmba indirimbo za Gatulika kandi ari Umu-ADEPR

Next Post

Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Somalia ishobora kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gihe cya vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.