Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze

radiotv10by radiotv10
12/08/2023
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’Umunyarwandakazi Uwamahoro Claudine n’Umwongereza Simon Danczuk umukubye kabiri mu myaka, yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ubu bamaze kurushinga nk’umugore n’umugabo, gusa hamenyekanye amakuru ko uyu mukobwa yigeze kwimwa Visa ngo ajye kureba umukunzi we.

Inkuru y’urukuko rw’aba bombi, yagarutsweho cyane mu ntangiro z’uyu mwaka, ubwo Simon Danczuk w’imyaka 56 wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, yari mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize no mu ntangiro z’uyu, yaje gusangira iminsi mikuru n’umukunzi we Claudine Uwamahoro w’imyaka 28.

Urukundo rwabo rwanditsweho n’ibinyamakuru mpuzamahanga birimo igikomeye mu Bwongereza cya Daily Mail, cyavugaga ko uyu munyapolitiki yitegura gishyingiranwa n’umukunzi we.

Iki gitangazamakuru cyongeye gutangaza ko mu minsi ishize, Simon Danczuk n’umukunzi we Uwamahoro, akubye kabiri mu myaka, bashyingiranywe kubana nk’umugore n’umugabo.

Daily Mail ivuga ko yamenye amakuru ko Uwamahoro yimwe Visa yo kujya mu Bwongereza kurebayo umukunzi we.

Ni Visa yari yasabye muri Nzeri umwaka ushize, aho iki kinyamakuru kivuga ko amakuru avuga ko Guverinoma y’u Bwongereza yimye Visa uyu mukobwa ngo kuko bitari bizwi ko ari mu rukundo n’uyu mugabo wigeze kuba mu Nteko Ishinga Amategeko ya kiriya Gihugu.

Nubwo ngo aba bombi bashyingiranywe mu mihango yabereye mu Mujyi wa Kigali, Uwamahoro ntiyabashije kugira amahirwe yo kurara apfumbaswe n’umugabo we bakimara gushyingiranwa, kuko yahise asubira mu Bwongereza ku mpamvu z’akazi k’ubucuruzi.

Amakuru ahari ubu, avuga ko Uwamahoro yongeye kwaka Visa agaragaza impamvu itandukanye n’iyi yari yatanze mbere ko agiye gutembera, ariko bwo ngo akaba yizeye ko azayihabwa.

Umwe mu nshuti za hafi z’uru rugo rushya, yabwiye Daily Mail ati “Claudine yasabye Visa umwaka ushize ubwo we na Simon binjiraga mu rukundo, ariko yababajwe no kuyimwa. Uko bigaragara byatewe no kuba ubuyobozi butari buzi ko ari umukunzi wa Simon.”

Uyu waganirije Daily Mail yakomeje agira ati “Hari hatanzwe ibimenyetso byinshi, birimo amafoto bari kumwe ndetse n’ubutumwa bw’amajwi bohererezanyije n’ubwanditse bandikiranaga umunsi ku wundi. Kandi na Simon yajyaga ajya kureba Claudine nyuma ya buri mezi abiri, ariko byagaragaye ko ibyo bitari bihagije.

Bombi byarabashenguwe. Birumvikana niba hari igihe abantu baba bifuza kuba bari kumwe nk’umugabo n’umugore, ni nyuma y’ubukwe.”

Gusa ubu bwo bizeye ko uyu mukobwa w’Umunyarwandakazi azahabwa Visa, ubundi akajya kwibanira n’umugabo we mu Bwongereza.

Umwe mu nshuti za hafi, yavuze ko ikindi gituma bashaka kuba bari kumwe, “ni uko bashaka kubyara bityo rero bakeneye kuba bari kumwe bya hafi umunsi ku wundi.”

Umwaka ushize ubwo uyu mugabo yari mu Rwanda, barishimanye bishyira cyera
Yaramwiyegamizaga bikagera ku ngingo
Mu minsi ishize ubukwe bwaratashye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Hagaragajwe igikwiye gukurikira nyuma yo gutahura ko mu Majyaruguru hari ahakiziritse iby’amoko

Next Post

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.