Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze

radiotv10by radiotv10
12/08/2023
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Couple y’Umunyarwandakazi n’Umwongereza yavugishije benshi hamenyekanye ibyayibayeho batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’Umunyarwandakazi Uwamahoro Claudine n’Umwongereza Simon Danczuk umukubye kabiri mu myaka, yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ubu bamaze kurushinga nk’umugore n’umugabo, gusa hamenyekanye amakuru ko uyu mukobwa yigeze kwimwa Visa ngo ajye kureba umukunzi we.

Inkuru y’urukuko rw’aba bombi, yagarutsweho cyane mu ntangiro z’uyu mwaka, ubwo Simon Danczuk w’imyaka 56 wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, yari mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize no mu ntangiro z’uyu, yaje gusangira iminsi mikuru n’umukunzi we Claudine Uwamahoro w’imyaka 28.

Urukundo rwabo rwanditsweho n’ibinyamakuru mpuzamahanga birimo igikomeye mu Bwongereza cya Daily Mail, cyavugaga ko uyu munyapolitiki yitegura gishyingiranwa n’umukunzi we.

Iki gitangazamakuru cyongeye gutangaza ko mu minsi ishize, Simon Danczuk n’umukunzi we Uwamahoro, akubye kabiri mu myaka, bashyingiranywe kubana nk’umugore n’umugabo.

Daily Mail ivuga ko yamenye amakuru ko Uwamahoro yimwe Visa yo kujya mu Bwongereza kurebayo umukunzi we.

Ni Visa yari yasabye muri Nzeri umwaka ushize, aho iki kinyamakuru kivuga ko amakuru avuga ko Guverinoma y’u Bwongereza yimye Visa uyu mukobwa ngo kuko bitari bizwi ko ari mu rukundo n’uyu mugabo wigeze kuba mu Nteko Ishinga Amategeko ya kiriya Gihugu.

Nubwo ngo aba bombi bashyingiranywe mu mihango yabereye mu Mujyi wa Kigali, Uwamahoro ntiyabashije kugira amahirwe yo kurara apfumbaswe n’umugabo we bakimara gushyingiranwa, kuko yahise asubira mu Bwongereza ku mpamvu z’akazi k’ubucuruzi.

Amakuru ahari ubu, avuga ko Uwamahoro yongeye kwaka Visa agaragaza impamvu itandukanye n’iyi yari yatanze mbere ko agiye gutembera, ariko bwo ngo akaba yizeye ko azayihabwa.

Umwe mu nshuti za hafi z’uru rugo rushya, yabwiye Daily Mail ati “Claudine yasabye Visa umwaka ushize ubwo we na Simon binjiraga mu rukundo, ariko yababajwe no kuyimwa. Uko bigaragara byatewe no kuba ubuyobozi butari buzi ko ari umukunzi wa Simon.”

Uyu waganirije Daily Mail yakomeje agira ati “Hari hatanzwe ibimenyetso byinshi, birimo amafoto bari kumwe ndetse n’ubutumwa bw’amajwi bohererezanyije n’ubwanditse bandikiranaga umunsi ku wundi. Kandi na Simon yajyaga ajya kureba Claudine nyuma ya buri mezi abiri, ariko byagaragaye ko ibyo bitari bihagije.

Bombi byarabashenguwe. Birumvikana niba hari igihe abantu baba bifuza kuba bari kumwe nk’umugabo n’umugore, ni nyuma y’ubukwe.”

Gusa ubu bwo bizeye ko uyu mukobwa w’Umunyarwandakazi azahabwa Visa, ubundi akajya kwibanira n’umugabo we mu Bwongereza.

Umwe mu nshuti za hafi, yavuze ko ikindi gituma bashaka kuba bari kumwe, “ni uko bashaka kubyara bityo rero bakeneye kuba bari kumwe bya hafi umunsi ku wundi.”

Umwaka ushize ubwo uyu mugabo yari mu Rwanda, barishimanye bishyira cyera
Yaramwiyegamizaga bikagera ku ngingo
Mu minsi ishize ubukwe bwaratashye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fifteen =

Previous Post

Hagaragajwe igikwiye gukurikira nyuma yo gutahura ko mu Majyaruguru hari ahakiziritse iby’amoko

Next Post

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

“APR FC iroroshye” – Ojera&Luvumbu bunze muryo Manishimwe Djabel yavuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.