Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda ivuga ko ukwezi kwa Gatandatu waranzwe n’impinduka zikomeye z’ubwandu bwa COVID-19. Abarwariwe mu bitaro bikubye inshuro esheshatu byatumye n’abakenera umwuka biyongera ku rwego rutari rwarigeze rubaho kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020

Ariko iyi Minisiteri irizeza abanyarwanda ko iri gukora ibishoboka byose kugira ngo abarwaye iki cyorezo bahabwe ubuvuzi.

Isesengura rya Minisiteri y’ubuzima rigaragaza ko ukwezi kwa Gatandatu 2021 kwaranzwe n’impinduka zikomeye mu burwayi bwa COVID-19. Ibi bituma ubwandu bwikuba inshuro enye bagereranije imibare yo muri Gicurasi n’iya Kamena 2021.

IyiMinisiteri kandi igaragaza ko mu ntangiriro z’uku kwezi abarwariye mu bitaro bivura  COVID-19 bavuye kuri 20 bo mu ntangiriro za Kamena bakaba bageze ku 127.

Uko biyongera ni nako n’ubufasha bahabwa buzamuka. Iyi Minisiteri ishimangira ko uku kwezi kurangiye Kamena 2021, umwuka uhabwa abarwayi wikubye inshuro 10 ku munsi.

N’ubwo iyi mibare yose ikomeje kuzamuka, Dr. Daniel Ngamije, Minisitiri w’ubuzima, avuga ko kugeza uyu munsi nta kibazo cy’ubuvuzi bafite ndetse ngo leta ikomeje gushaka uburyo bwo kongera izi serivisi iha abarembejwe na COVID-19.

” Turacyafite ubushobozi buhagije bwo kwakira abarwayi baje bafite ibimenyetso ndetse n’abafite ibimenyetso bikaze bashobora gukenera gushyirwa ahajya abarembye kurusha abandi. Imashini zidufasha gutunganya umwuka uhagije na zo zirahari ku buryo dushobora gukuba inshuro ebyiri cyangwa eshatu umwuka uhari. nakwizeza abantu ko abantu bose baje kwamuganga nta n’umwe utarabonye serivisi uko bikwiriye.”

See the source image

Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko abarwaye COVID-19 bose babona serivisi ziri ngombwa 

Imibare ya Minisiteri y’ubuzima igaragaza ko kugeza kuya 29 Kamena 2021, abandura COVID-19 biyongereye ku kigero cya 8%. Iyi mibare igashimangira ko abarwaye bangana n’ibihumbi 10 495 barimo abarembye bangana na 36 aho abo kimaze guhitana ni 431.

Iyi minisiteri ivuga ko hakenewe ingamba zikomeye, kubera ko iki cyorezo gisigaye gihitana n’abantu bafite imyaka mike kandi badasanganywe ibibazo by’ubuzima.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/Radio &TV10 Rwanda

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + seven =

Previous Post

Ruvamwabo amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri

Next Post

Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC

Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.