Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda ivuga ko ukwezi kwa Gatandatu waranzwe n’impinduka zikomeye z’ubwandu bwa COVID-19. Abarwariwe mu bitaro bikubye inshuro esheshatu byatumye n’abakenera umwuka biyongera ku rwego rutari rwarigeze rubaho kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020

Ariko iyi Minisiteri irizeza abanyarwanda ko iri gukora ibishoboka byose kugira ngo abarwaye iki cyorezo bahabwe ubuvuzi.

Isesengura rya Minisiteri y’ubuzima rigaragaza ko ukwezi kwa Gatandatu 2021 kwaranzwe n’impinduka zikomeye mu burwayi bwa COVID-19. Ibi bituma ubwandu bwikuba inshuro enye bagereranije imibare yo muri Gicurasi n’iya Kamena 2021.

IyiMinisiteri kandi igaragaza ko mu ntangiriro z’uku kwezi abarwariye mu bitaro bivura  COVID-19 bavuye kuri 20 bo mu ntangiriro za Kamena bakaba bageze ku 127.

Uko biyongera ni nako n’ubufasha bahabwa buzamuka. Iyi Minisiteri ishimangira ko uku kwezi kurangiye Kamena 2021, umwuka uhabwa abarwayi wikubye inshuro 10 ku munsi.

N’ubwo iyi mibare yose ikomeje kuzamuka, Dr. Daniel Ngamije, Minisitiri w’ubuzima, avuga ko kugeza uyu munsi nta kibazo cy’ubuvuzi bafite ndetse ngo leta ikomeje gushaka uburyo bwo kongera izi serivisi iha abarembejwe na COVID-19.

” Turacyafite ubushobozi buhagije bwo kwakira abarwayi baje bafite ibimenyetso ndetse n’abafite ibimenyetso bikaze bashobora gukenera gushyirwa ahajya abarembye kurusha abandi. Imashini zidufasha gutunganya umwuka uhagije na zo zirahari ku buryo dushobora gukuba inshuro ebyiri cyangwa eshatu umwuka uhari. nakwizeza abantu ko abantu bose baje kwamuganga nta n’umwe utarabonye serivisi uko bikwiriye.”

See the source image

Minisitiri w’ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko abarwaye COVID-19 bose babona serivisi ziri ngombwa 

Imibare ya Minisiteri y’ubuzima igaragaza ko kugeza kuya 29 Kamena 2021, abandura COVID-19 biyongereye ku kigero cya 8%. Iyi mibare igashimangira ko abarwaye bangana n’ibihumbi 10 495 barimo abarembye bangana na 36 aho abo kimaze guhitana ni 431.

Iyi minisiteri ivuga ko hakenewe ingamba zikomeye, kubera ko iki cyorezo gisigaye gihitana n’abantu bafite imyaka mike kandi badasanganywe ibibazo by’ubuzima.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/Radio &TV10 Rwanda

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + ten =

Previous Post

Ruvamwabo amaze imyaka 26 arwaye igisebe cyamuviriyemo kanseri

Next Post

Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC

Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.