Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CRICKET: Clinton Rubagumya yijeje abanyarwanda gutangira ikiragano gishya bahangana na Ghana mu mikino 5

radiotv10by radiotv10
18/08/2021
in SIPORO, Uncategorized
0
CRICKET: Clinton Rubagumya yijeje abanyarwanda gutangira ikiragano gishya bahangana na Ghana mu mikino 5
Share on FacebookShare on Twitter

Guhera kuri uyu wa gatatu tariki 18-21 Kanama 2021 ku kibuga mpuzamahanga cya Cricket kiri i Gahanga mu karere ka Kicukiro hazaba habera imikino mpuzamahanga ya gicuti izahuza u Rwanda na Ghana. Clinton Rubagumya uheruka kuba kapiteni w’u Rwanda yijeje abanyarwanda umusaruro uhagije.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Abagabo) izakina imikino itanu ya gicuti izakiramo Ghana mu kwitegura imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi y’ibihugu biri mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ubundi izabera mu mu Rwanda kuva tariki 14-23 Ukwakira 2021.

Clinton Rubagumya uheruka kuba kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, aganira n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri yavuze ko adatewe igitutu no kuba bagiye kwitegurira kuri Ghana ahubwo ko ari amahirwe meza babonye yo kwipima urwego bariho bahura n’igihugu gikomeye mu mukino wa Cricket muri Afurika.

“Njye numva ko nubwo igihe duheruka gukina na yo nubwo twaba twaratsinzwe, ubu tugeze ku rundi rwego kandi njye mbona tuzanabatsinda. Ni ko njye mbibona. Nitubatsinda rero, bizaha icyizere Abanyarwanda ko dushobora guhatanira itike y’Igikombe cy’Isi.” Rubagumya

Clinton Rubagumya uheruka kuba kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda

Imyaka yari igihe kuba ibiri ifunze neza ikipe y’igihugu ya Cricket idakina umukino n’umwe mpuzamahanga kimwe mu byo abakurikira uyu mukino bashobora gushingiraho bavuga ko bizaba imbogamizi ku bakinnyi b’abanyarwanda kubona imbaraga n’ubushobozi bwo guhangana na Ghana.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Rubagumya Clinton na Obed Harvey wa Ghana bifotozanya igikombe bagiye guhatanira mu mikino itanu ya gicuti

Gusa, Suji Martin umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda avuga ko igihe cyashize ari kinini badakina ariko ngo igihe bamaze bitegura nacyo gihagije bityo nta rwitwazo imbere ya Ghana.

“Hari hashize igihe kigera ku mwaka umwe n’igice nta mikino ya Cricket iba, twishimiye kuba bigiye kongera kuba, birasa nko kongera kujya mu rukundo. Nta kindi twari gukora muri ibi bihe by’iki cyorezo cyibasiye Isi, ariko hamwe n’inshuti zacu zo muri Ghana twishimiye ko baje hano kandi n’ikipe yacu yiteguye guhangana mu mikino tuzakinira ku butaka tumenyereye.”

Uva ibumoso ni Umutoza w’u Rwanda, Martin Suji; Kapiteni Rubagumya Clinton; Kapiteni wa Ghana, Obed Harvey n’umutoza Kodam Kofi Anafie

Abakinnyi b’u Rwanda bahamagariwe guhangana na Ghana:

Eric Dusingizimana, Orchide Tuyisenge, Clinton, Rubagumya, David Uwimana, Didier Ndikubwimana, Bosco Tuyizere “Bocco”, Subhasis Samal, Pankaj Vekaria, Eric Niyomugabo, Wilson Niyitanga, Zappy Bimenyimana, Yvan Mitali, Kevin Irakoze na Martin Akayezu.

Abakinnyi babiri bizigamye: Ignace Ntirenganya na Damascene Abizera.

Image

Dore uko gahunda y’imikino iteye 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 5 =

Previous Post

2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

Next Post

Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado

Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.