Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

CRICKET: Clinton Rubagumya yijeje abanyarwanda gutangira ikiragano gishya bahangana na Ghana mu mikino 5

radiotv10by radiotv10
18/08/2021
in SIPORO, Uncategorized
0
CRICKET: Clinton Rubagumya yijeje abanyarwanda gutangira ikiragano gishya bahangana na Ghana mu mikino 5
Share on FacebookShare on Twitter

Guhera kuri uyu wa gatatu tariki 18-21 Kanama 2021 ku kibuga mpuzamahanga cya Cricket kiri i Gahanga mu karere ka Kicukiro hazaba habera imikino mpuzamahanga ya gicuti izahuza u Rwanda na Ghana. Clinton Rubagumya uheruka kuba kapiteni w’u Rwanda yijeje abanyarwanda umusaruro uhagije.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Abagabo) izakina imikino itanu ya gicuti izakiramo Ghana mu kwitegura imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi y’ibihugu biri mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ubundi izabera mu mu Rwanda kuva tariki 14-23 Ukwakira 2021.

Clinton Rubagumya uheruka kuba kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, aganira n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri yavuze ko adatewe igitutu no kuba bagiye kwitegurira kuri Ghana ahubwo ko ari amahirwe meza babonye yo kwipima urwego bariho bahura n’igihugu gikomeye mu mukino wa Cricket muri Afurika.

“Njye numva ko nubwo igihe duheruka gukina na yo nubwo twaba twaratsinzwe, ubu tugeze ku rundi rwego kandi njye mbona tuzanabatsinda. Ni ko njye mbibona. Nitubatsinda rero, bizaha icyizere Abanyarwanda ko dushobora guhatanira itike y’Igikombe cy’Isi.” Rubagumya

Clinton Rubagumya uheruka kuba kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda

Imyaka yari igihe kuba ibiri ifunze neza ikipe y’igihugu ya Cricket idakina umukino n’umwe mpuzamahanga kimwe mu byo abakurikira uyu mukino bashobora gushingiraho bavuga ko bizaba imbogamizi ku bakinnyi b’abanyarwanda kubona imbaraga n’ubushobozi bwo guhangana na Ghana.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Rubagumya Clinton na Obed Harvey wa Ghana bifotozanya igikombe bagiye guhatanira mu mikino itanu ya gicuti

Gusa, Suji Martin umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda avuga ko igihe cyashize ari kinini badakina ariko ngo igihe bamaze bitegura nacyo gihagije bityo nta rwitwazo imbere ya Ghana.

“Hari hashize igihe kigera ku mwaka umwe n’igice nta mikino ya Cricket iba, twishimiye kuba bigiye kongera kuba, birasa nko kongera kujya mu rukundo. Nta kindi twari gukora muri ibi bihe by’iki cyorezo cyibasiye Isi, ariko hamwe n’inshuti zacu zo muri Ghana twishimiye ko baje hano kandi n’ikipe yacu yiteguye guhangana mu mikino tuzakinira ku butaka tumenyereye.”

Uva ibumoso ni Umutoza w’u Rwanda, Martin Suji; Kapiteni Rubagumya Clinton; Kapiteni wa Ghana, Obed Harvey n’umutoza Kodam Kofi Anafie

Abakinnyi b’u Rwanda bahamagariwe guhangana na Ghana:

Eric Dusingizimana, Orchide Tuyisenge, Clinton, Rubagumya, David Uwimana, Didier Ndikubwimana, Bosco Tuyizere “Bocco”, Subhasis Samal, Pankaj Vekaria, Eric Niyomugabo, Wilson Niyitanga, Zappy Bimenyimana, Yvan Mitali, Kevin Irakoze na Martin Akayezu.

Abakinnyi babiri bizigamye: Ignace Ntirenganya na Damascene Abizera.

Image

Dore uko gahunda y’imikino iteye 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 7 =

Previous Post

2021 AFCON: Comoros nshya mu irushanwa yisanze mu itsinda ry’urupfu

Next Post

Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado

Related Posts

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado

Mozambique: UN irasaba ko hongerwa imfashanyo ku bahunze muri Cabo Delgado

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.