Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cyera kabaye Congo yavuye ku izima yemera ibyo yari yaranze hagati yayo na M23

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje Perezida w’iki Gihugu, João Manuel Gonçalves Lourenço, azayobora ibiganiro bizahuza Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23 bigamije imishyikirano yo gushaka amahoro.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025 na Perezidansi ya Angola, Igihugu gisanzwe ari umuhuza mu hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Itangazo rya Perezidansi ya Angola, rivuga ko Perezida Lourenço  wa Angola nk’Umuhuza mu bibazo byo mu burasirauba bwa DRC “azatangiza ibiganiro imbonankubone bya M23, n’intumwa za DRC, mu biganiro bizabera i Luanda mu minsi micye iri imbere, mu rwego rw’imishyikirano igamije amahoro ya kiriya Gihugu cy’ikivandimwe.”

Ni ibiganiro bigiye kuba bwa mbere kuva Angola yahabwa inshingano z’ubuhuza muri ibi bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro bigiye kuba nyuma yuko Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Luanda muri Angola, ndetse Perezidansi y’iki Gihugu-Angola, ikaba yatangaje ko ari umusaruro w’uru ruzinduko.

Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi yakunze kuvuga kenshi ko adateze kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 yamaze kwita uw’iterabwoba, igihe cyose azaba akiri Umukuru wa kiriya Gihugu.

Ni mu gihe amahanga kimwe n’inama zose ziga ku bibazo bya Congo, bemezaga ko ntahandi hava umuti wabyo atari mu biganiro byahuza ubutegetsi bw’iki Gihugu n’uyu mutwe.

Ibi biganiro kandi bigiye kuba nyuma yuko uyu mutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye mu burasirazuba bwa DRC, muri Kivu zombi, birimo Imijyi ya Goma n’uwa Bukavu, yombi ifatwa nk’imirwa Mikuru y’izi Ntara za Kivu zombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fourteen =

Previous Post

Ikijyanye muri Sudani y’Epfo abasirikare b’umutwe udasanzwe w’Ingabo za Uganda

Next Post

Dore uko abakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uko abakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Dore uko abakinnyi b'Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.