Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cyera kabaye Congo yavuye ku izima yemera ibyo yari yaranze hagati yayo na M23

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje Perezida w’iki Gihugu, João Manuel Gonçalves Lourenço, azayobora ibiganiro bizahuza Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23 bigamije imishyikirano yo gushaka amahoro.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Werurwe 2025 na Perezidansi ya Angola, Igihugu gisanzwe ari umuhuza mu hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Itangazo rya Perezidansi ya Angola, rivuga ko Perezida Lourenço  wa Angola nk’Umuhuza mu bibazo byo mu burasirauba bwa DRC “azatangiza ibiganiro imbonankubone bya M23, n’intumwa za DRC, mu biganiro bizabera i Luanda mu minsi micye iri imbere, mu rwego rw’imishyikirano igamije amahoro ya kiriya Gihugu cy’ikivandimwe.”

Ni ibiganiro bigiye kuba bwa mbere kuva Angola yahabwa inshingano z’ubuhuza muri ibi bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro bigiye kuba nyuma yuko Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Luanda muri Angola, ndetse Perezidansi y’iki Gihugu-Angola, ikaba yatangaje ko ari umusaruro w’uru ruzinduko.

Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi yakunze kuvuga kenshi ko adateze kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23 yamaze kwita uw’iterabwoba, igihe cyose azaba akiri Umukuru wa kiriya Gihugu.

Ni mu gihe amahanga kimwe n’inama zose ziga ku bibazo bya Congo, bemezaga ko ntahandi hava umuti wabyo atari mu biganiro byahuza ubutegetsi bw’iki Gihugu n’uyu mutwe.

Ibi biganiro kandi bigiye kuba nyuma yuko uyu mutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye mu burasirazuba bwa DRC, muri Kivu zombi, birimo Imijyi ya Goma n’uwa Bukavu, yombi ifatwa nk’imirwa Mikuru y’izi Ntara za Kivu zombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

Ikijyanye muri Sudani y’Epfo abasirikare b’umutwe udasanzwe w’Ingabo za Uganda

Next Post

Dore uko abakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uko abakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Dore uko abakinnyi b'Abanyarwanda bakina hanze bahagaze mbere yo guhamagarwa kw’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.