Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali n’abaguzi, barishimira ko bimwe mu bicuruzwa bituruka muri Uganda, byatangiye kuboneka mu Rwanda nyuma y’igihe bitagaragara, gusa bakavuga ko bikiri bicye.

Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, wafunguwe tariki 31 Mutarama 2022 nyuma y’imyaka hafi itatu wari umaze ufunze ndetse abatuye Ibihugu byombi batagenderana kubera umwuka mubi wari uri mu mubano wabyo.

Ibi bibazo uretse kugira ingaruka ku buzima bwa bamwe mu Banyarwanda barimo n’abagiye banicirwa muri Uganda, byanatumye ibicuzwa byaturukaga muri iki Gihugu bibura ku isoko ryo mu Rwanda, binatera itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2022, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru yabajijwe ku cyatumye ibicuruzwa bituruka muri Uganda, bitaragaragara mu isoko ryo mu Rwanda mu gihe hari hashize amezi hafi atatu urujya n’uruza rwongeye gusubukurwa.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe yavuze ko inzego zirimo Minisiteri y’Ubucuruzi n’Ikigo cy’Igihugu, barimo bakora isesengura ry’ibicuruzwa byakomorerwa bikaza mu Rwanda kuko nyuma hari ibyari bimaze kujya bitunganyirizwa mu Rwanda.

Icyo gihe yari yagize ati “Mushonje muhishiwe. Ubucuruzi buzongera noneho urujya n’uruza rukomeze, ubwo n’abacuruzi bacu, gucuruzanya na Uganda ntabwo ari ukuvuga ko ibintu bizava Uganda, ubwo natwe tuzajyana ibyacu muri Uganda.”

Kuva icyo gihe kugeza magingo aya, amezi atatu yari yihiritse ariko ibyo bicuruzwa bituruka muri Uganda bitaratangira kuboneka ku isoko ryo mu Rwanda, gusa hari bamwe mu baturarwanda batangiye kubigura muri iki cyumweru.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze mu masoko ya Kimironko na Nyabisindu, asanga bimwe muri ibyo bicuruzwa byaratangiye kuboneka.

Umwe mu bacuruzi yagize ati “Twarabyishimiye kuko twari tumaze igihe hari byinshi tutabona, bimwe na bimwe byamaze kuza ariko hari n’ibyo tutarangira kubona.”

Bimwe mu bicuruzwa byatangiye kuboneka, birimo amavuta yo kwisiga azwi nka Movit, isabune y’ifu yo kumesesha ndetse n’amavuta yo guteka na kawunga.

Bavuga ko kuba ibi bicuruzwa byaratangiye kuza, bizeye ko bizanagira uruhare mu kumanura ibiciro ku masoko bikomeje gutumbagira, gusa bakavuga ko hanozwa inzira zose zatuma ibi bicuruzwa biza ku bwinshi kuko n’ibyaje byari bicye ndetse bigahita bishira ku babiranguye.

 

AMAKURU ARAMBUYE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kalisa Dieudonne says:
    3 years ago

    Nagahezo iminsi Mike murongera mubibure

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 7 =

Previous Post

Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO iburizwamo igitaraganya

Next Post

Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

Related Posts

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

IZIHERUKA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.