Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali n’abaguzi, barishimira ko bimwe mu bicuruzwa bituruka muri Uganda, byatangiye kuboneka mu Rwanda nyuma y’igihe bitagaragara, gusa bakavuga ko bikiri bicye.

Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, wafunguwe tariki 31 Mutarama 2022 nyuma y’imyaka hafi itatu wari umaze ufunze ndetse abatuye Ibihugu byombi batagenderana kubera umwuka mubi wari uri mu mubano wabyo.

Ibi bibazo uretse kugira ingaruka ku buzima bwa bamwe mu Banyarwanda barimo n’abagiye banicirwa muri Uganda, byanatumye ibicuzwa byaturukaga muri iki Gihugu bibura ku isoko ryo mu Rwanda, binatera itumbagira ry’ibiciro ku masoko.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2022, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru yabajijwe ku cyatumye ibicuruzwa bituruka muri Uganda, bitaragaragara mu isoko ryo mu Rwanda mu gihe hari hashize amezi hafi atatu urujya n’uruza rwongeye gusubukurwa.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe yavuze ko inzego zirimo Minisiteri y’Ubucuruzi n’Ikigo cy’Igihugu, barimo bakora isesengura ry’ibicuruzwa byakomorerwa bikaza mu Rwanda kuko nyuma hari ibyari bimaze kujya bitunganyirizwa mu Rwanda.

Icyo gihe yari yagize ati “Mushonje muhishiwe. Ubucuruzi buzongera noneho urujya n’uruza rukomeze, ubwo n’abacuruzi bacu, gucuruzanya na Uganda ntabwo ari ukuvuga ko ibintu bizava Uganda, ubwo natwe tuzajyana ibyacu muri Uganda.”

Kuva icyo gihe kugeza magingo aya, amezi atatu yari yihiritse ariko ibyo bicuruzwa bituruka muri Uganda bitaratangira kuboneka ku isoko ryo mu Rwanda, gusa hari bamwe mu baturarwanda batangiye kubigura muri iki cyumweru.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze mu masoko ya Kimironko na Nyabisindu, asanga bimwe muri ibyo bicuruzwa byaratangiye kuboneka.

Umwe mu bacuruzi yagize ati “Twarabyishimiye kuko twari tumaze igihe hari byinshi tutabona, bimwe na bimwe byamaze kuza ariko hari n’ibyo tutarangira kubona.”

Bimwe mu bicuruzwa byatangiye kuboneka, birimo amavuta yo kwisiga azwi nka Movit, isabune y’ifu yo kumesesha ndetse n’amavuta yo guteka na kawunga.

Bavuga ko kuba ibi bicuruzwa byaratangiye kuza, bizeye ko bizanagira uruhare mu kumanura ibiciro ku masoko bikomeje gutumbagira, gusa bakavuga ko hanozwa inzira zose zatuma ibi bicuruzwa biza ku bwinshi kuko n’ibyaje byari bicye ndetse bigahita bishira ku babiranguye.

 

AMAKURU ARAMBUYE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kalisa Dieudonne says:
    3 years ago

    Nagahezo iminsi Mike murongera mubibure

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 5 =

Previous Post

Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO iburizwamo igitaraganya

Next Post

Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.